Mu birori biryoheye ijisho ubukwe bwa Ndahimana wambaye kamambili mu murenge bwatashye – AMAFOTO

Inkuru zishyushye - 30/12/2018 11:16 AM
Share:
Mu birori biryoheye ijisho ubukwe bwa Ndahimana wambaye kamambili mu murenge bwatashye – AMAFOTO

Umugabo utuye I Muhanga mu murenge wa Shyogwe witwa Ndahimana Narcisse n’umugore we batunguranye cyane mu kwezi gushize ubwo uyu mugabo yajyaga gusezerana mu murenge yambaye kamambili. Kuri ubu basezeranye kwa padiri mu birori biryoheye ijisho.

Benshi bamenye cyane Ndahimana kubera amafoto yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, nibwo ikinyamakuru ISIMBI.RW cyanyarukiye aho batuye ngo bamenye icyaba cyaratumye uyu muryango useruka na kamambili mu murenge. Mu nkuru iteye amarangamutima menshi, Narcisse yasobanuye uburyo umuryango we ubayeho mu bukene kandi akaba afite uburwayi amaranye imyaka isaga 10 bwamubujije kugora ndetse ngo ahora mu bubabare bukomeye.

Image result for Ndahimana NarcisseImage result for Ndahimana NarcisseImage result for Ndahimana Narcisse

Umuryango wa Ndahimana wabagaho mu bukene bukabije bwiyongera ku burwayi bwe

Yavugaga ko yarebye agasanga umugore we Konsiliya yaramubereye imfura cyane muri ubwo burwayi ngo abona nta yindi mpano yamuha uretse kuba basezerana byemewe n’amategeko ndetse n’imbere y’Imana batitaye ku kuba ari abakene batabona imirimbo abandi barimbana mu bukwe. Yanavugaga ko nta kizamubuza kongera guseruka kwa padiri gusezerana nk’uko yaserutse mu murenge, cyane cyane ko ngo ntaho yateganyaga gukura ubushobozi.

Image result for Ndahimana Narcisse

Ndahimana yamenyekanye cyane kubera uburyo yagiye mu murenge yambaye kamambili n'imyenda benshi batamenyereye mu birori

Benshi mu bamenye iyi nkuru ye byabakoze ku mutima cyane ku buryo nyuma yaho uyu muryango wakomeje kubona abashyitsi baza bitwaje ibya ngombwa by’ibanze bikenerwa mu buzima bwa buri munsi, abandi bakusanya inkunga zitandukanye zo gukura uyu muryango mu bwigunge ndetse kugeza ubu uyu muryango waguriwe inzu yo guturamo imeze neza kurusha iyo bari batuyemo Narcisse yavugaga ko yarazwe na nyirakuru. Minaloc kandi imaze kumenya ibya Ndahimana n'umuryango we yasabye ko akarere ka Muhanga kabikurikirana, ndetse Ndahimana yahise atangira guhabwa ubuvuzi mu bitaro bya Kigali CHK.

Ndahimana

Bamwe mu bishyize hamwe bagamije gutera inkunga umuryango wa Narcisse baguze iyi nzu ngo uyu muryango uzayituremo uve mu yo babagamo ishaje cyane kandi idakomeye

Nyuma yaho gato kandi nibwo Turahirwa Moses ufite inzu y’imideli ya Moshions yemereye Inyarwanda.com ko ari we uzambika umuryango wa Ndahimana mu bukwe bwe bwabaye kuri iki cyumweru tariki 30/12/2018. Ndahimana Narcisse n'umugore we Mutuyemariya Consilie basezeraniye muri kiliziya iherereye muri Cite Nazareth iri mu Kinini ho mu murenge wa Shyohwe, niho bakunze kwita kwa papa. uretse gusezerana, uyu muryango wanabatirishije abana babo.

Reba amwe mu mafoto y’ubu bukwe:

Ndahimana

Ndahimana na Mutuyemariya basezeranye imbere y'Imana, gusa ibintu byarahindutse ntiyambaye kamambili, yambaye ikoti yadodewe na Moshions

Ndahimana

Bahawe urwibutso rw'isakaramentu ry'ugushyingirwa bagiranye uyu munsi

Ndahimana

Ndahimana

Ibyabaye kuri uyu muryango bisa na za nkuru z'ibitangaza byo muri bibiliya

Ndahimana

Abantu benshi batashye ubu bukwe

Ndahimana

Ndahimana

Ndahimana



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...