RFL
Kigali

Mu kiganiro n'abanyamakuru Meddy n'abahanzi bazakorana muri East African Party bijeje abanyarwanda igitaramo cyiza

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:27/12/2018 12:56
0


Meddy, umwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda, ategerejwe mu gitaramo gikomeye cya East African Party kizabera mu mujyi wa Kigali muri parikingi ya Sitade Amahoro. Abanyarwanda bazaba baha ikaze umwaka mushya wa 2019 ariko basezera ku mwaka wa 2018 uzaba urangira.



Iki gitaramo cya East African Party byitezwe ko kizaba tariki ya 1 Mutarama 2019 muri Parikingi ya Stade Amahoro i Remera, hakazaririmbira abanyarwanda gusa cyane ko umuhanzi mukuru wagitumiwemo ari Meddy uzaba afatanya n'abandi bahanzi barimo Riderman, Bruce Melody, Yvan Buravan ndetse na Social Mula.

Aba bahanzi bose ndetse n'abategura igitaramo cya East African Party kimwe n'abaterankunga b'igitaramo bagiranye ikiganiro n'abanyamakuru kuri uyu wa Kane tariki 27 Ukuboza 2018, muri iki kiganiro abahanzi bose batangarije itangazamakuru ko biteguye bikomeye iki gitaramo ndetse banizeza abanyarwanda kuzakora igitaramo gikomeye.

meddy

Abanyamakuru bari bitabiriye iki kiganiro

Iki gitaramo kizaba kibaye ku nshuro ya 11 cyikurikiranya, kucyinjiramo bizaba ari amafaranga y'u Rwanda ibihumbi bitanu (5000frw) mu myanya isanzwe n'ibihumbi icumi mu myanya y'icyubahiro (10000frw).






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND