Iki gitaramo cya East African Party byitezwe ko kizaba tariki ya 1 Mutarama 2019 muri Parikingi ya Stade Amahoro i Remera, hakazaririmbira abanyarwanda gusa cyane ko umuhanzi mukuru wagitumiwemo ari Meddy uzaba afatanya n'abandi bahanzi barimo Riderman, Bruce Melody, Yvan Buravan ndetse na Social Mula.
Aba bahanzi bose ndetse n'abategura igitaramo cya East African Party kimwe n'abaterankunga b'igitaramo bagiranye ikiganiro n'abanyamakuru kuri uyu wa Kane tariki 27 Ukuboza 2018, muri iki kiganiro abahanzi bose batangarije itangazamakuru ko biteguye bikomeye iki gitaramo ndetse banizeza abanyarwanda kuzakora igitaramo gikomeye.
Abanyamakuru bari bitabiriye iki kiganiro
Iki gitaramo kizaba kibaye ku nshuro ya 11 cyikurikiranya, kucyinjiramo bizaba ari amafaranga y'u Rwanda ibihumbi bitanu (5000frw) mu myanya isanzwe n'ibihumbi icumi mu myanya y'icyubahiro (10000frw).