RFL
Kigali

Nyuma yo gutsindwa na Police FC Robertinho yavuze ko Rayon Sports ifite ikibazo cy’amikoro

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:21/12/2018 23:16
4


Robertinho umutoza mukuru wa Rayon Sports yatangaje ko ikipe ya Rayon Sports yatinze kuyongeramo amasezerano bitewe nuko nta bushobozi bw’amafaranga ifite yo kugira ngo bubahirize ibyo bavuganye.



Kuwa 24 Ukuboza 2018 nibwo Robertinho azasoza amasezerano y’amezi atandatu yari afite muri Rayon Sports. Gusa mbere yuko shampiyona itangira byavuzwe ko uyu mugabo agiye kongererwa amasezerano ariko bikaba bigeze ku munsi wa 11 wa shampiyona 2018-2019 nta kirakorwa.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru nyuma yo gutsindwa na Police FC igitego 1-0 cyatsinzwe na Jean Paul Uwimbabazi, Robertinho yavuze ko ikibazo atari we wanze kongera amasezerano ahubwo ko ikipe ya Rayon Sports ariyo kibazo kuko muri iyi minsi idafite ubushobozi bwo kuba yacyemura ikibazo gisaba amafaranga menshi.

“Mu mupira w’amaguru hari ibintu abantu baba bagomba gutecyerezaho neza. Ibijyanye n’amasezerano yanjye nabivuganyeho na perezida w’ikipe kuko twaravuganye mu magambo. Abantu babyumve neza, Rayon Sports ifite ikibazo cy’amikoro bityo rero ikibazo ntabwo ari njye. Hari ikibazo cy’amikoro muri Rayon Sports nubwo atari njye ushinzwe kubivuga”. Robertinho


Robertinho umutoza mukuru wa Rayon Sporst avuga ko kuba Rayon Sporst idafite amafaranga aribyo byatumye atinda guhabwa andi masezerano

Abajijwe icyatumye Rayon Sports kugeza ubu itaratsinda umukino ukomeye, Robertinho avuga ko mu mupira w’amaguru habaho ibihe bibi n’ibyiza bityo ko ari gutegura ikipe kugira ngo bave mu bihe byo gutsindwa.


Ubwo Yannick Mukunzi yari agiye kwinjira mun kibuga  

Rayon Sports yatangiye urugamba rw’imikino ikomeye (Derbies) itsindwa na Mukura Victory Sport ibitego 2-1, Rayon Sports yatsinzwe na Kiyovu Sport ibitego 2-1, itsindwa na APR FC ibitego 2-1 mbere yo gutsindwa na Police FC igitego 1-0.

Police FC yahise ifata umwanya wa kabiri n’amanota 20 mu mikino icumi (10) imaze gukina muri shampiyona kuko ifitanye ikirarane na Mukura Victory Sport. Rayon Sports iri ku mwanya wa kane n’amanota 19 mu mikino 11 imaze gukina muri shampiyona.



Michael Sarpong (19) yari arinzwe cyane 


 Ni umukino Police FC yagaragajemo ko yahindutse 
 


Rwatubyaye Abdul myugariro wa Rayon Sports 


Donkor Prosper Kuka (8) yurira Songa Isaie (9)





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • nkotanyi5 years ago
    Ooooooh rayon? ?!! nonese amafr yavuye muri CAF ari hehe??!! yewe ubu mwabuze ayo kwishyura coach mubona ayo kugura bus?! Sha mwaretse kwipasa muremure koko??!! gasenyi we genda uragas.....
  • claude5 years ago
    bibaho ndugu ntibizagutangaze isohokeye u Rwanda kdi ikagerakure
  • BT5 years ago
    Umutoza wacu bamuhe igihe abanze amenyerane nabakinyi ndetse anahabwi namafaranga bagure undi mwataka ukora itandukaniro.
  • claude5 years ago
    bibaho,ntibizagutangaze isohokeye u Rwanda ikagerakure





Inyarwanda BACKGROUND