RFL
Kigali

Meghan Markle yishimiye gutwita kwe ku buryo yumva yahora akorakora inda ye igihe cyose ari mu bantu

Yanditswe na: Yvonne Murekatete
Taliki:20/12/2018 8:27
0


Meghan Markle witegura kwibaruka umwana , ukunze kugaragara mu ruhame akorakora ku nda ye ,yatangaje uko yiyumva mu gihe yinjira mu gihembwe cya 3 cy’umubyeyi utwite.



Meghan Markle witegura kwibarukira igikomangoma cy’u Bwonggereza Harry yemeza ko yiyumva nk’umuntu utwite koko. N’amashyengo menshi abajijwe uko yiyumva na  Josephine Gordon w’imyaka 87 wahoze umukinnyi w’amakinamico Meghan Markle yagize ati “ndumva meze neza" Akorakora inda ye yongeraho ati "Ndiyumva nk’utwite bidasanzwe uyu munsi ,numva nahora nkorakora inda yanje aho ngiye hose mu bantu”

Babinyujije ku mbuga nkoranyambaga benshi mu bongereza bakunze kunenga uko Meghan Markle agaragara kenshi mu ruhame akorakora inda ye,bamwe bavuga ko aba ashaka kugaragaza ko  atwite kandi nyamara ntawe utabizi  .Icyakora inzobere mu  kubyaza Georgia Rose wo mu bitaro  bya  village maternity mu mujyi wa New york yemeza ko  gukorakora inda ye ku mugore utwite ari ibisanzwe kandi byizana  ,ubikora atabanza kubitekerezaho.

Megan

Meghan akunze gukorakora inda ye mu ruhame

Meghan urusha imyaka 3 umugabo we ku myaka y’ubukure 37, akomeje kandi ibikorwa bye by’imideri yamamaza aimyenda ye yambaarwa mu gihe cy’ubukonje  hirya no hino  mu bice asura.

Src: People.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND