Kigali

Kenya: Meddy wiswe ‘Melody’ yabajijwe niba acyemera ko abakobwa bo mu Rwanda ari beza

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:27/10/2018 17:29
4


Umuririmbyi Ngabo Medard Gilbert wiyise Meddy yatangaje ko abakobwa b’abanyarwandakazi ari beza ariko kandi ngo imboni ye yanamweretse ko abakobwa bo mu gihugu cya Kenya nabo ku kimero bihagezeho.



Mu ijoro ryakeye tariki 26 Ukwakira, 2018 nibwo Meddy yagiranye ikiganiro na Citizen TV yo muri Kenya. Ni mbere y’uko akorera igitaramo muri iki gihugu ariko kandi ngo ikimugenza si igitaramo cye gusa, ahubwo ngo agamije no kumenyakanisha umuziki we muri Kenya nk’inzira nziza yo gukomeza kwagura amarembo y’umuziki we yimariyemo.

Meddy yitabiriye ikiganiro ’10 over 10’ gikorwa na Joe Muthengi na mugenzi we, Willlis Raburu. Bavuga ko ari ikiganiro cy’imyidagaduro muri Afurika y’Uburasirazuba ndetse no muri Afurika yo hagati. Muri iki kiganiro yakiriwe n’aba banyamakuru babiri, bavuga ko ari umushyitsi mukuru, nawe ati “Murakoze cyane, nishimiye kuba ndi hano, ndanyuzwe .”

Uyu muhanzi yabajijwe niba koko ahamanya n’abavuga ko abakobwa bo mu Rwanda ari beza. Umunyamakuru ati “Reka tuvuge ku Rwanda, tuvuge ku bakobwa beza. Ubu uri muri Kenya, Ese uracyemera ko abakobwa beza bose ari abo mu Rwanda?

Meddy yasubije agira ati “ Urazi, ikintu kimwe nabonye ubwo nageraga hano barasa (aravuga abakobwa bo muri Kenya n’abo mu Rwanda). Namwe muri beza…Ikindi muvuga ni iki? (yavugaga abakobwa bo muri Kenya.)” Umunyamakuru yahise abwira abakobwa bari mu kiganiro kwikomera amashyi, bashingiye ku kuba Meddy yari amaze kuvuga ko ari beza.

meddy

Meddy yatangaje ko abakobwa bo muri Kenya basa n'abo mu Rwanda

Uyu muhanzi yavuze ko yavukiye i Burundi ariko ko yaje kuza mu Rwanda akiri muto, nyuma urugendo rwe rw’ubuzima akarukomereza muri Leta zunze ubumwe za Amerika.

Yavuze ko ku myaka irindwi aribwo yatangiye umuziki awutangiriye muri korali nyuma aza kwinjira mu muziki ku giti cye. Avuga ko ku myaka 17 aribwo yakoze igitaramo cye cya mbere, ngo byari ibihe bitibagirana kuri we. Anavuga ko yari amaze imyaka irindwi atagera mu Rwanda, ariko ngo igitaramo cya mbere yahakoreye cyamubereye amateka abona ko indirimbo zigikunzwe.

Meddy yavuze ko ari muri Kenya mu gitaramo agomba kuririmbamo cyizabera muri B Club. Ngo akunda umuziki wa Kenya ari nayo mpamvu nawe yahageze kugira ngo amenyakanishe ibihangano bye. Ati “Ndi hano, kumenyekanisha ibihangano byanjye.”

Mu ijoro ry’uyu wa Gatandatu tariki 27 Ukwakira, 2018 nibwo Meddy ataramira muri B Club, yavuze ko ku cyumweru kuya 28 Ukwakira, 2018 azitabira igitaramo Davido azakorera muri Kenya.

ngabo

Meddy avuga ko ari mu Kenya mu bikorwa byo kwamamaza muzika ye






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Jrk6 years ago
    Melody mss q
  • Fini6 years ago
    sha tuvugishije ukuri u Rwanda ntabakobwa beza rugifite nkabo muri za 90 na 2000, namwe mujye mureba abakobwa bitabira amarushanwa yubwiza muriyiminsi ibintu byarahindutse nabantu barahinduka nukuli
  • 6 years ago
    @fini winsetsa rwose hahh ninde wakubwiye ki abakobwa beza se bajya kwitabira ayo marushanwa ya miss?ndu mwiza cyane kandi sinajyamo kuko njye sinaha urufunguzo rw ubwiza bwanjye ununtu numwe ngo mugire umucamanza w uburanga bwanjye.ibyo njye mbibona nko kwisuzuguza no kwisuzugura kuko sinumva impamvu yo kugenda imbere y umuntu ngo agucire urubanza rw uburanga bwawe,kandi ayo marushanwa ni ay abazungu bashyizeho kuko baziko uburanga bwabo buri hasi cyane niyo mpamvu bayashyizeho kugirango bajye batumira abandi noneho bitore bityo bashyire ibyabo imbere kuko baziko biri inyuma,uyu munsi bariyongeresha iminwa n amabuno bakitara ku zuba ngo birabure maze bakajya mu marushanwa bihinduye abirabura di kandi bakitora akaba aribo batsinda;rero rwose iriya ni politiki si iby uburanga kuko abaye aribyo sha nta wajya imbere y umunyarwanda ndakurahiyeee kandi n abanyarwanda bajyamo byo kujyamo pe ariko nabo barabibona ko habamo amacenga niyo mpamvu abana b ibitabo utazababona biyandurisha ayo marushanwa wapi kabisa.
  • cris6 years ago
    abakobwa bomurwanda(beza) bazageraho bashire bitewe nuko abanyarwanda basigaye bashaka abanyamahanga(babi basanabi) babakurikiyeho ubukire gusa.bakabyara abana nabo badashamaje!



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND