Ibitaramo bya Rwandan Music First bigiye gukomereza mu mujyi wa Rubavu ahagiye gutaramira abaraperi benshi

Imyidagaduro - 27/08/2018 2:23 PM
Share:

Umwanditsi:

Ibitaramo bya Rwandan Music First bigiye gukomereza mu mujyi wa Rubavu ahagiye gutaramira abaraperi benshi

Mu minsi ishize nibwo itsinda ry'abanyamakuru b'imyidagaduro ba hano mu Rwanda batangiye ibitaramo bizenguruka igihugu cyose bakora ibitaramo byo gukangurira abanyarwanda gukunda umuziki wabo aho guha agaciro umuziki w'abanyamahanga, ibi bitaramo biri kuzenguruka ibice by'igihugu binyuranye kuri ubu hatahiwe akarere ka Rubavu.

Ibi bitaramo byahereye mu karere ka Rusizi byakomereje mu karere ka Kayonza kuri ubu bikaba bigeze mu karere ka Rubavu ahagiye kubera igitaramo cya gatatu mu bitaramo binyuranye abanyamakuru babitegura bateguye. aha bakaba bamanukanye umubare munini w'abahanzi b'abaraperi cyane ko uyu mujyi ari umujyi w'abakunzi ba Hip Hop nkuko abategura ibi bitaramo babitangarije Inyarwanda.com.

Rwandan Music FirstIgitaramo kigiye kubera i Rubavu

Muri iki gitaramo kigiye kubera mu karere ka Rubavu giteganyijwe tariki 1 Nzeri 2018 hakazataramira abahanzi nka; P Fla, Bull Dogg, Khalfan, Mukadaff, Asinah,Social Mula, The Same ndetse na Ben Adolphe. iki gitaramo kizabera ahitwa Lakeside aha kuhinjira ku munsi w'igitaramo bikazaba ari amafaranga y'u Rwanda ibihumbi bibiri (2000frw).


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...