Ku wa Gatandatu tariki 16 Kamena 2018 nibwo mu mujyi wa Huye haberaga igitaramo cya gatatu cya PGGSS8, aha abahanzi icumi bose bahatana bataramiye imbere y’imbaga y’abafana benshi bari baje kwihera ijisho iby’iki gitaramo. Usibye abafana ariko hari hari n’abandi bantu b’ibyamamare bari bitabiriye iki gitaramo.
Umunyamakuru wa Inyarwanda.com wari uhabereye abasomyi bacu yazengurutse muri aba bari bitabiriye iki gitaramo abaganiriza ku kuntu babonye imigendekere yacyo ndetse na tumwe mu dushya babashije kubona muri iki gitaramo. Bamwew mu baganiriye na Inyarwanda.com bazwi barimo Dj Theo, Danny Vumbi,Shafi uzwi cyane muri filime, Devo Queen nabandi benshi baganirije umunyamakuru ku bijyanye n’iki gitaramo.
Huye abafana bishimiye abahanzi ku buryo bugaragara
Nyumaya Huye abahanzi bagomba gutaramira mu karere ka Rubavu tariki 30 Kamena 2018 aho bazakomereza mu mujyi wa Kigali arinabwo hazaba haba igitaramo cya nyuma hatangwa igikombe ku muhanzi wa munani uzaba yegukanye iki gikombe. Agahabwa 2000000frw mu gihe uzaba yaratowe cyane kurusha abandi we azahembwa 15000000frw.
REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE NA BAMWE MU BITABIRIYE PGGSS8 I HUYE
TANGA IGITECYEREZO