RFL
Kigali

William Kadu umunyamakuru w’imikino kuri Flash Fm agiye kurushinga, yanerekanywe mu rusengero–AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:26/12/2017 15:38
1


William Kadu, umwe mu banyamakuru bakora ibijyanye n’imikino kuri radiyo ya Flash Fm, muri iyi minsi yamamaye kubera ukuntu yogeza imipira. Kuri ubu agiye kurushinga nyuma y’igihe kitari kinini yamamaye cyane ko n’impapuro z’ubutumire yamaze kuzishyira hanze ndetse no murusengero bakaba baramaze kubakira.



Ubukwe bwa William Kadu na Mwiza Brenda byitezwe ko buzaba muri Mutarama 2018, aho tariki 13 Mutarama 2018 hazaba umuhango wo gusaba no gukwa uzabera i Masaka mu gihe umuhango wo gusezerana imbere y’Imana wo utegenyijwe ku gicamunsi cy’uwo munsi mu rusengero rwa EEAR  Remera, mu gihe abatumiwe nyuma y’iyo mihango bazakirirwa muri Pinacle Gardens iri Kimironko.

william Kadu

Ubutumire mu bukwe bwa William Kadu

William Kadu cyangwa kwikiriza William nk'uko ariyo mazina ye amaze igihe ari umunyamakuru wa Radio Flash fm mu gisata cy’imikino cyane akaba yaramamaye mu kogeza imipira afatanyije na Mahoro Nasri, uyu munyamakuru n’umukunzi we mu mpera z’iki cyumweru turangije berekanywe mu rusengero basanzwe basengeramo rwa EEAR Remera mu Giporoso.

REBA AMAFOTO:

william KaduWilliam Kadu hagati ari muri studio na Mahoro Nasri ndetse na Rugangura Axelwilliam Kaduwilliam KaduWilliam Kadu umunyamakuru wa Flash Fm william Kaduwilliam Kaduwilliam Kadu

'Save the date' y'ubukwe bwa William Kadu






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ndayambaje jmv5 years ago
    Nibyiza KBS baribacyeye rwose kandibazagire urugoruhire kandibazabyare hungu na kobwa kandi bazarambane





Inyarwanda BACKGROUND