Kigali

MISS RWANDA 2017: Ba Nyampinga bacyuye igihe bahiguye imihigo yabo, abahatanira ikamba nabo barahiga–AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:20/02/2017 9:56
12


Irushanwa rya Miss Rwanda 2017 rigeze aho rukomeye abakobwa bari muri iri rushanwa bari mu mwiherero aho bari kwihugura ku ngingo zinyuranye ngo umunsi nyir'izina wo guhatanira ikamba uzagere hari ubumenyi rusange bafite. Mu ijoro ryo kuri uyu wa 19 Gashyantare 2017 habaye igitaramo njyarugamba na mvarugamba.



Muri iki gitaramo njyarugamba na mvarugamba abakobwa bari barahigiye igihugu mu irushanwa rya Miss Rwanda 2016  bahiguye imihigo yabo bamurikira abayobozi bari aho, aho bageze besa imihigo yabo, usibye aba ariko n’abakobwa bahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2017 wari umwanya wabo wo guhiga imihigo bagomba kuzahigura mu gihe cy’umwaka bagiye kumara bahagarariye intara zabo nka ba Nyampinga. Aha umuyobozi wakiraga imihigo y'aba bakobwa yari Dr Jacques Nzabonimpa wari uhagarariye RALC nk’ikigo gishamikiye kuri MINISPOC.

Nyuma y’ibi bikorwa usibye kuba aba bakobwa bose bashimiwe ndetse bagahabwa impanuro na buri wese mu bayobozi bari aho, bahise banzika igitaramo basangira ku ntango y’imihigo yari iteretse aho ngaho. Ni umuhango wabereye i Nyamata muri Golden Turip hotel aho abakobwa bahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2017 bamaze icyumweru mu mwiherero(boot camp), ari naho bagenzi babo b'umwaka ushize babasanze.

REBA AMAFOTO Y’IKI GIKORWA:

miss rwandaBa Nyampinga bacyuye igihe bageze i Nyamata kuri Hotelmiss rwandaAbakobwa biteguye gutanga amakamba bari bitabiriye bakenyeye kinyarwandamiss rwandaAbakobwa bahatanira ikamba ubwo bavaga mu byumba byabo berekeza mu cyumba cyari gukorerwamo uyu muhangomiss rwandaBinjira berekwa ibyicaromiss rwandaMiss Jolly wambaye ikamba yari yaje kugaragaza aho imihigo ye igezemiss rwandaHon. Bamporiki Edouard akigera muri iki cyumba yasuhuje aba bakobwa ahereye kuri Nyampinga ufite ikambamiss rwandaBaricaye baratuje bategereje guhigamiss rwandaBamwe mu bashyitsi bari bitabiriye uyu muhangomiss rwandaKalimpinya Queen asoma ku ntango y'imihigo yari iteretse hagati yabomiss rwandaBahigaga bacurangirwa inanga n'umucuranzi wabasusurutsagamiss rwandaIshimwe Dieudonne umuyobozi wa Rwanda Inspiration BackUp aha ikaze abashyitsimiss rwandamiss rwandamiss rwandamiss rwandamiss rwandaAbakobwa bacyuye igihe ku ikamba bahiguye imihigo bari barahizemiss rwandaDr Jacques Nabonimpa umuyobozi ushinzwe umuco mu Nteko Nyarwanda y'Ururimi n'Umuco(RALC) yakiriye imihigomiss rwandamiss rwandamiss rwandamiss rwandamiss rwandamiss rwandaAbakobwa bahatanira ikamba bahize imihigo baranayisinyiramiss rwandaNyuma yo guhiga abakobwa basomye ku ntangomiss rwandaHon. Edouard Bamporiki yashimiye aba bakobwa bahize imihogo anashimira abacyuye igihe kuba barabashije kwesa imihigomiss rwandaIntore Masamba nawe yashimiye aba bakobwa ahita anabaririmbiramiss rwandamiss rwandamiss rwandaAbakobwa bacyuye igihe n'abahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2017 bahoberanamiss rwandamiss rwandamiss rwandamiss rwandamiss rwandamiss rwandaAba bakobwa baririmbiwe na Masamba Intore nabo bacinya akadihomiss rwandaHon. Bamporiki Edouard yahaye impanuro aba bakobwamiss rwandaAba bakobwa basangiriye ku meza amwe

AMAFOTO: IHORINDEBA Lewis -Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • barbie7 years ago
    Batubabarire ntibazongere gutora abakobwa bitukuza . mujye mutora abafite uburanga karemano mureke abihindura batishimira uko Imana yabaremye.
  • Yves Bernardin Habyarimana7 years ago
    Nukuri birashimishije,bikaba akarusho nko kubabyeyi b,ababana kukuba bababona bitaye k,umuco w,igihugu cy,u Rwanda bigezeha. Mumfashe dushimire abategura ibibintu kandi tunashimire Inyarwanda ibayahatubereye twe abari hirya no hino
  • Umuco Nyarwanda7 years ago
    Ariko ubu aya mafaranga nta muhanda yakuzuza koko!!!!!!!!!!!!
  • nganji7 years ago
    genda jolly waduciye mu rihumye
  • muhoza7 years ago
    Ababahaye ibiganiro, n'impanuro bakoze cyane, nishimiye uburyo bambaye ibi nibyiza cyane, urabonako ari na ba Nyampinga koko,,, nyabuneka ntibazongere kwambara impenure sibyo.. uwabambitse gutya azakomeze arega umuco wacu n'imyambarire yacu ni byiza cyane ... muzagire umwiherero mwiza
  • 7 years ago
    murabona jolly akwiye kuba miss koko,murebe ayo mabara ,murebe ukwitukuza yewe ?murabona uko asa !!!!!!Aha wagira ngo abamutoye batamubonye.Ntabwiza afite na mba pe kuri jye.
  • koko7 years ago
    genda nawe uwubake!
  • rose7 years ago
    Ariko uyu mwana w'umukobwa Joly mwamuhaye amahoro koko. Ubu se yitukuje kurusha Umuhoza A-Sharifa cg Peace?cg hari ikindi mumuziza sigusa. Ku bwanjye araruta kure abo bari bahanganye pe
  • Bimawuwa7 years ago
    Abamiss bacuye igihe murabona uko bitukuje rwose, sha ntabyagaciro bifite rwose ndanabineze na babitegura bakareka umuntu warowe kwitukuza gutyo ariko se nta murongo bagenderaho.Miss ucuye igie ni gisonga cye ntaho basa nku mwaka ushize uko basa wagirango nibanyamweru.
  • titi7 years ago
    Ntimuzongyere kudusondeka muzatore umukobwa ugaragara ko ari umunyarwandakazi wu mwimerere. Ikindi, ngyere nfite ikibazo nitangaza makuru! Mubakobwa 15 barihariya ntibabatwereka bose ahubwo uguma ubona kariminya nabandi nka babiri gusa. Uwo kariminya nimwiza arebeka ko ari na sharp ariko nabonye afite umuturi mujisho.
  • Nounou7 years ago
    KUKI MWITA KUBAKOBWA BAMWE ABANDI MUBAHORIKI Umutoni Pamela NTUSHOBORA KUBONA AHO YABAJIJWE IBIBAZO NKABANDI syiiiiiweee ikimenyane gikwiye gucika
  • 7 years ago
    Ninde wakubwiye ko Peace yitukuje?



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND