Umugogo w’umwami KIGELI V Ndahindurwa wagejejwe mu Rwanda – AMAFOTO

Imyidagaduro - 09/01/2017 8:20 PM
Share:

Umwanditsi:

Umugogo w’umwami KIGELI V Ndahindurwa wagejejwe mu Rwanda – AMAFOTO

Nk’uko byari bitetegerejwe na benshi, umugogo w’umwami Kigeli V Ndahindurwa wagejejwe mu Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 09 Mutarama 2017, umunsi byumvikana ko ugiye kwinjira mu mateka y’u Rwanda.

Uyu mugogo ugejwejwe mu Rwanda bigoranye nyuma y’iminsi isaga 86 atanze, aho yaguye mu Leta Zunze Ubumwe za Amerika bikaza kuba ikibazo hagati y’uruhande rwifuzaga ko yatabarizwa muri iki gihugu n’uruhande rwifuzaga ko azanwa mu Rwanda agatabarizwa aho yimiye ingoma, ari narwo rwaje gutsinda nyuma yaho iki kibazo kijyanywe mu nkiko maze urukiko rwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rukanzura ko yazanwa mu Rwanda.

Baje kwakira umugogo wa Kigeli

Bamwe mu bo mu muryango we bategereje ko umugogo wa Kigeli usohoka mu kibuga cy'indegeAha abo mu muryango we bari bageze ku kibuga cy'indege, bari bategereje ko umugogo we usohoka mu kibuga cy'indege

Ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe, uretse abo mu muryango we bari baje kumwakira, hari kandi na Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne, Dr James Vuningoma umunyamabanga w’Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco n’abandi bantu bacye.

Uyu mugogo wahise werekezwa Kacyiru ku bitaro byitiriwe Umwami Faisal aho agiye kuba aruhukiye mbere y’uko batangaza gahunda yo kumutabariza mu cyubahiro nkuko byatangajwe na Dr Vuningoma James wanatangarije itangazamakuru ko byibura abanyarwanda bakwishimira ko umwami azatabarizwa mu gihugu.

Isanduku y'umugoro w'Umwami yinjizwa mu modokaAha isanduku irimo umugogo w'Umwami Kigeli V Ndahindurwa yari igiye kwinjizwa mu modoka

Imodoka yari itwaye umurambo wa Jean Bapstiste Ndahindurwa

Waherekejwe na Police y'u Rwanda

Waherekejwe na Police y'u RwandaWaherekejwe na Police y'igihugu werekezwa ku bitaro byitiriwe Umwami Faisal

Leta y' u Rwanda yiteguye gutanga ubufasha muri gahunda y' itabarizwa rya Kigeli V NdahindurwaKigeli V Ndahindurwa wabaye umwami wa nyuma wabayeho mbere ya Repubulika, yatanze tariki ya 16 Ukwikira 2016

Inkuru bifitanye isano:

Umwami Kigeri V Ndahindurwa yatanze, aguye muri Amerika – Bimwe mu byo wamumenyaho

Abagize umuryango w’umwami Kigeli V Ndahindurwa mu Rwanda batangarije abanyarwanda iby’itabarizwa rye

Leta y' u Rwanda yiteguye gutanga ubufasha muri gahunda y' itabarizwa rya Kigeli V Ndahindurwa

Amafoto y'umugogo w'umwami wagejejwe i Kigali turayakesha: UMUSEKE.RW


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...