RFL
Kigali

MU MAFOTO: Mu buryo bugezweho, uko ibihumyo bihingwa kugeza bisaruwe

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:10/11/2016 16:27
11


N’ubwo akenshi hari ababiha agaciro gake, ibihumyo bifite akamaro mu buzima bw’abantu. Bibarinda indwara, bikanafasha izindi ntungamubiri gukora neza akazi kazo.



Mu gihe hari abatekereza ko inyama ari cyo kiribwa gikomeye, ibihumyo bishobora kuzisimbura. Ibihumyo bigira intungamubiri zinyuranye zaba izubaka umubiri ndetse niziwurinda indwara. Ibihumyo kandi bifasha umubiri w’umuntu kudahura n’indwara ziterwa n’imirire mibi, bikarinda indwara zijyanye no kugira amaraso make, bigatuma igifu n’amara bikora neza, bikanafasha ubiriye kwituma neza. Binongerera umubiri ubudahangarwa (ubushobozi bwo kwirwanaho). Mu kandi kamaro ni uko birinda indwara ziterwa no kugira ibinure byinshi mu miyoboro y’amaraso, bigatuma amaraso akura neza kandi agakomera. Ibihumyo bituma ubiriye agira umubiri utoshye kandi ukomeye, bikanafasha izindi ntungamubiri gukora neza akazi kazo.

Mu Rwanda hafunguwe ikigo gihinga ubwoko bwihariye bw’ibihumyo mu Karere ka Afrika y'i Burasirazuba

Ibihumyo bibamo amoko aribwa agera kuri 19. Kuri uyu wa Gatatu tariki 9 Ugushyingo 2016, mu Karere ka Musanze hafunguwe ku mugaragaro ikigo kirimo imirima ihingirwamo ibihumyo  bita ’Champignons de Paris’(agaricus bisporus, izina scientifique ryabyo). Iki kigo cyuzuye gitwaye amafaranga asaga miliyoni y’amadorali ya Amerika (asaga 800.000.000 FRW).  Cyubatswe na Kigali Farms isanzwe ihinga ibihumyo ku nkunga yahawe n’ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cy'iterambere Mpuzamahanga (USAID).

Munsi y’ubutayu bwa Sahara, ubu bwoko bw’ibihumyo buhingwa muri Afurika y’Epfo na Namibia gusa, u Rwanda rukaba rubaye ikindi gihugu bihingirwamo. Ni ibihumyo bifite umwihariko ubigereranyije n’ibihumyo dusanzwe tubona. Nibyo ahanini bitekerwa mu mahoteli akomeye mu Rwanda nka Marriot, Serena Hotel n’izindi. Mu gihe ikiro cy’ibihumyo gisanzwe kigurwa kuri 2500 FRW, ikiro cya Champignons de Paris cyo kigurwa ku 8.000 FRW.

Iki kigo cy’i Musanze cyafunguwe ku mugaragaro, gikorwamo n’abakozi 30,  mu cyumweru kimwe, kibasha kweza toni 6 z’ibihumyo. Laurent Demuynck umuyobozi wa Kigali Farms yatangaje ko bagiye gushyira imbaraga mu ihingwa ry'ibi bihumyo, ubundi u Rwanda rukaba rwatangira kubigemura mu bihugu bindi byo muri Afurika yaba  mu Karere duherereyemo n'ibindi bitabihinga.

Mu mafoto, ihere ijisho inzira binyuramo kuva ibi bihumyo bihinzwe kugeza bisaruwe

Laurent asobanura ibyerekeye ibihumyo

Laurent asobanura ibyerekeye ibihumyo

Laurent Demuynck, umuyobozi wa Kigali Farms akaba ari na we wayishinze muri 2010

Ibiganogani bikorwamo ifumbire

Ibisigazwa byo ku ngano bikorwamo ifumbire ivanze n'ituruka ku nkoko

Sam ,Kigali farms

Sam Niyomugabo, umwe mu bakozi ba Kigali Farms asobanura ko ikirere cya Musanze aricyo cyiza ku buhinzi by'ibihumyo nk'ibi

Barerekwa ahatungayirizwa ifumbire

Barerekwa ahatunganyirizwa ifumbire, mbere yo kujyanwa mu mirima yabugenewe

Ahatashywe ku mugaragaro

Batashye ku mugaragaro ahahingirwa ibihumyo

Iki kigo cyatashywe nicyo cyonyine mu karere ka Afurika y'iburasirazuba gihinga mwene ubu bwoko bw'ibihumyo

Hubatswe ku nkunga ya USAID

Hubatswe ku nkunga y'Abanyamerika

Laurent asobanurira abari aho

Laurent asobanura ko kugira ngo ibihumyo bimere bikorerwa mu byumba 8

Mbere yo kwinjira mubanza gukoza ibirenge mu mazi arimo umuti utuma nta ndwara zanduza ibihumyo zinjizwa mu byumba bihingirwamo

Bakoza ibirenge mu muti

Mbere yo kwinjira mubanza gukoza ibirenge mu mazi arimo umuti utuma nta ndwara zanduza ibihumyo zinjizwa mu byumba bihingirwamo

Umuti uba uri imbere ya buri cyumba

Imbere ya buri cyumba , uyu muti uba uhateretse

Aho ifumbire ibanza gutunganyirizwa

Icyumba cya mbere gitunganyirizwamo ifumbire y'ibisigazwa byo ku ngano ivanze n'ikomoka ku nkoko

Ifumbire bahingamo ibihumyo

Icyumba cya mbere gishyirwamo ifumbire

Aha iyi fumbire ihamara iminsi nibura 3

Ni hafi neza y'ibirunga

Guhinga ibi bihumyo, bisaba ikirere gikonja. Iyo uhagaze ahari iyi mirima uba witegeye neza ibirunga

Ikigega kibikwamo amazi

Amazi nayo arakenerwa cyane. Iki  ni ikigega kibikwamo amazi

Amazi kibika

Gifite ubushobozi bwo kubika angana na metre cube 100

Amazi yifashishwa

Akifashishwa mu gupima ubukonje mu ifumbire

Ubukonje bwo mu ifumbire buhora bupimwa, ikigero gikenewe cyazamuka bakabugabanya, cyagabanuka bakabwongera

Ifumbire itunganywa

Iyo bigeze kuri iyi ntambwe, batangira guteganya umwanya ibihumyo bizamereraho

Meyer

Merville Meyer, inzobere mu buhinzi bw'ibihumyo. Aha arasobanura ko kugira ngo bimere, bitwara ibyumweru nibura 5

Meyer asobanura uko ibihumyo bimera

Aha ingemwe zikurwa muri Afurika y'epfo ziba zamaze kuvangwa n'ifumbire

Ubukonje

Buri cyiciro ubukonje bukomeza gukurikiranirwa hafi

Ubukonje burapimwa

Ubukonje bwo mu cyumba nabwo buba bupimwa

Bigera aho bigira impumuro nziza

Iyo biri hafi kumera, imvange y'ifumbire n'ingemwe biba bifite impumuro nziza

Ibihumyo bimaze kumera

Mu cyumba cya 8, aho biba bigeze ku rwego rwo kumera

Ibihumyo bimaze kumera

Ibihumyo bimaze kumera

Ibihumyo bimaze kumera

Ibihumyo bimaze kumera

 Hari aho usanga bicucitse gutya

Champignons de Paris

Ng'iyi 'Champignon de Paris' iyo imaze kumera

Aho bibikwa

uko bibikwa

Aho bipfunyikwa hagaragaza neza ko bikorerwa mu Rwanda

Uko bibikwa

Aho bibikwa haba hakonje cyane

Aho bibikwa  mbere yo kujyanwa ku isoko, ubukonje buba buri hagati ya Degre celicius 2-4

Uko bipfunyikwa

PHOTO:RENZAHO Christophe






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • MUKAGASHEMA Peruth7 years ago
    Ni byiza cyane. None se aya makuru ko ari ay'umwaka ushize uyu mwaka bigeze he? turashaka amakuru mashya. ikindi kandi nabazaga niba hano mu Rwanda nta mirama ihakorerwa y'ibihumyo. Mbes uyikeneye atabasha kujya muri afurika y'epfo yayibona ate?
  • Ishoborabyose Moise6 years ago
    Murakoze cyane.Nkunda guhinga ibihumyo cyane kuko nize ubuhinzi.Ushaka umurama yawubona gute?ubihinga mwamufasha kubona isoko?God bless you.
  • Ishoborabyose Moise6 years ago
    Murakoze cyane.Nkunda guhinga ibihumyo cyane kuko nize ubuhinzi.Ushaka umurama yawubona gute?ubihinga mwamufasha kubona isoko?God bless you.
  • AKINGENEYE Delphine4 years ago
    Nize crop production. Gusa ubwo bwoko bwibuhumyo ndabukunze.ese kubasura buisaba iki kugirango akurikirane izo steps zose neza abireba.kandi se umuntu yabona umurama gute
  • HATANGIMANA HONORE4 years ago
    Kubasura bisaba iki kugirango tumenye uko ibyo bihumyo bihingwa? Twabona gute umurama wabyo?
  • HATANGIMANA HONORE4 years ago
    Ibihumyo bibikwa gute? Ni igihe kingana gute bishobora kubikwa bitarangirika?
  • anaclet dukuzunuremyi4 years ago
    umuntu akeneye ubu bwoko bwibihumyo yabukurahe. ESE Batangas n' amahugurwa? thanks .
  • FRANK BILLED3 years ago
    ndabikunze pee, nonese ntibisaba capital nini cyane
  • Eugenie uwabeza1 year ago
    Murakoze cyane,ariko se1 umurama wabyo waboneka he? 2 umuntu abihinze isoko riraboneka?
  • Iradukunda Daniel 6 months ago
    Ese umuntu yabona ate umarama kd ugura angahe? Nonese ko bijyanwa hanze na nkung ya NAEB ihari kugirango ibiteze imbere,mudusagize uko twabona isoko ndetse na amahugurwa.murakoze
  • Nzayisenga martin1 month ago
    Ni byiza cyane nonese umurama twawubona dute? Umugina se ugura angahe?





Inyarwanda BACKGROUND