RURA
Kigali

Rev Pastor Gapusi R Jean wafashije imfubyi nyinshi yitabye Imana azize Cancer

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:11/09/2016 10:41
10


Rev Pastor Gapusi R Jean yitabye Imana azize cancer, bitera agahinda kenshi abakristo bakoranaga umurimo w’Imana, inshuti ze ndetse n’abo mu muryango we barimo na Janvier Muhoza umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana wari ufitanye isano rya hafi n'uyu nyakwigendera.



Kuri uyu wa 10 Nzeri 2016 nibwo Pastor Gapusi yitabye Imana atabaruka ku myaka ye 55 y’amavuko. Ni nyuma y’iminsi micye agiye kwivuriza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari naho yatabarukiye. Kurwara kwe byatangiye ari mu Rwanda, afatwa mu buryo butunguranye, nyuma kwa muganga baza gusanga arwaye umwijima (Hepatite B), ageze muri Amerika basanga ari Cancer yo mu bihaha.

Rev Pastor Gapusi yakoreraga umurimo w’Imana mu itorero rya ADEPR Cyarwa  ndetse yanabayeho umuyobozi wa korali Evangelique imwe mu zikunzwe cyane muri ADEPR. Mu buzima busanzwe Rev Gapusi jean ni we wayoboraga ikigo cya Eapygreen muri Afrika ndetse yakoze no mu kigo cy'igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n'Ubworozi(RAB). Nkuko bamwe mu bamuzi bamutangira ubuhamya mu kiganiro bagiranye na Inyarwanda.com, nyakwigendera Pastor Gapusi R Jean yari imfura ikomeye akaba yarafashije imfubyi nyinshi.

Rev Gapusi Jean

Nyakwigendera Rev Gapusi R Jean

Umuhanzi Janvier Muhoza wo muri Zion Temple Huye wo mu muryango wa nyakwigendera, by’umwihariko akaba amufata nk’umubyeyi we mu mubiri no mu buryo bw’Umwuka, yatangarije Inyarwanda.com ko kugeza ubu abaye imfubyi kubera urupfu rw’uyu mukozi w’Imana. Yagize ati:

Ni we wanyoboraga mu buzima, ni we wari umujyanama wanjye. Yari imfura ikomeye, yafashije imfubyi nyinshi izo mu muryango n’abandi. Ni we wafashe inshingano z’umuryango wacu mu gihe Papa yari amaze gupfa kuko yaofuye nkiru muto. Nakuze ngendera ku gitsure cye. Twari dufitanye isano rya hafi kuko Papa wanjye yakurikiraga umugore we (wa nyakwigendera). 

Image result for Umuhanzi Janvier Muhoza

Umuhanzi Janvier Muhoza

Biteganyijwe ko umurambo wa Nyakwigendera Pastor Gapusi uzavanwa muri Amerika ukazanwa mu Rwanda ari naho azashyingurwa nk'uko amakuru agera ku Inyarwanda abivuga.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ange 8 years ago
    Yoooooo Ndababaye cyane Rev. Past. Gapusi Imana imuhe iruhuko ridashira yakoreye Imana igihe kinini cyane, umugabo w, inyangamugayo. Ndihanganisha abana asize Nadine Gapusi imfura ye, incuti yanjye twiganye kuri ENDP Karubanda turirimbana muri choral Rehoboth. Nadine umukobwa usa na se,ukunda umurimo w, Imana nka se, yaguhaye umurage mwiza uzawukomeze ndumva navuga byinshi kuko nagenze murugo rwabo kenshi mbaziho byinshi byiza, Imana ibakomeze mi bihe nkibi bibaruhije. Nyuma Yubu buzima hari ubundi tuzabamo nta gupfusha.
  • marcellin8 years ago
    yoooo ndababajwe cyane igiye nibuka umuntu yanyigishaga ukuntu ngomba gucuranga solo muri choral evangelique cyarwa manaweeeee RIP mze imana ikwakire kandi
  • Olivier 8 years ago
    You were a living hero! The true definition of a Christian and a real follower of Jesus Christ. Go rest high on the the mountain with all the the heroes of faith. God has never been ashamed to be called your God, and we firmly believe that you are in a better place now. All your family, friends, and everyone who benefited from your generosity and mentorship will miss you. Until we meet again papa!!
  • Arakaza Grace8 years ago
    Urupfu rw'abakiranutsi nurwigiciro mu Maso y'Imana! Kdi hahirwa abapfa bapfira mu Mwami kuko baba baruhutse imiruho yose maze imirimoyabo ikabaherekeza! Papa Nadine ntawe utagutangira ubuhamya nukuri wakoze neza mugihe cyawe!! Ruhukira mu mahoro!!! Sinshidikanya ko abo usize nubwo bababaye ariko bakomeye kuko bazi ko urupfu kubizera rwamizwe bunguri!!! Ntiwapfuye wasinziriye!!!
  • DonWills8 years ago
    This World is not our home RIP pastor we will meet again at the end of time!!!
  • ndizeye gilbert8 years ago
    imana imwakire kandi ikomeze abasigaye. pastor gapusi yabaniye neza kandi agira inama abantu benshi kuri iyi si. R.I.P
  • Vincent8 years ago
    Iruhukire mu Mahoro mubyeyi, gusa udusigiye agahinda gakomeye
  • Mupenzi Vicky8 years ago
    Ndakwibuka ubwo wayoboraga ISAR Ruhande,wari imfura cyane,Uduha stage,ndakwibuka ucurangira choral evangelique,nkwibuka uri Pastor kandi icyarwa wari Umunyabwenge! iyo wakoreye izabikwiture! Rip Abawe Turabihanganishije! cyane cyane Mme!
  • SAFARI R. Peter8 years ago
    nanjye urupfu rw,uyu mukozi w,Imana rurambabaje cyane, namumenye ubwo nigaga muri kaminuza I huye ariko amateka ye yo mumurimo w,Imana nayabwiwe cyane n,uyu muhanzi Janvier. nkimara kumenya ururpfu rwe nari muri concert muri ADEPR ITORERO RY A NYANZA. kuva ubwo natangiye kuririmba ntari muri mood nziza. ariko natekerezaga cyane ku kababaro gakomeye cyane uyu Muhoza Janvier agomba kugira byanze bikunze. Imana imwakire mu bayo kandi izamwiture imirimo myiza yakoze. SAFATI.R.Peter
  • Kalisa8 years ago
    Yari intwari,umukristo w'ukuri,wo mu mutima,Pasiteri nyawe (ureke abubu bashaka amaronko bakamira intama bashumbye),gufasha impfubyi,ubupfura,...n'ibindi byinshi byiza bitarondoreka,Igendere,udusigiye agahinda,ntashidikanya nzi neza ko ugiye Ijabiro kwa Jambo.Mwihangane(Ndengera,Bienvenue,Nyirantebuka,Dusabe n'abandi)



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND