RFL
Kigali

Teta Diana; umuhanzikazi w’umunyamahirwe ndakumirwa n’impano bidashoboka gupfukirana

Yanditswe na: Manirakiza Théogène
Taliki:23/03/2016 11:05
19


Diana Teta; ni umuhanzikazi utamaze imyaka myinshi mu ruhando rwa muzika, nyamara ibikorwa bye, iterambere ryihuse agenda ageraho, umugisha n’amahirwe bigaragara ko afite muri muzika akora, bishimangira ko ari umukobwa ufite impano idashobora gupfukiranwa cyangwa ngo ikumirwe.



Teta Diana yavutse tariki 5 Gicurasi 1992, bivuga ko muri Gicurasi uyu mwaka azuzuza imyaka 24 y’amavuko.  Yavukiye mu gihugu cya Kenya, avuka mu muryango w’abana 2 ariko ntiyagize amahirwe yo kuba agifite ababyeyi be, nyina akaba yarapfuye akiri muto naho se we yapfuye mu mwaka wa 2006. Muri iyi nkuru turarebera hamwe inzira ya muzika ya Diana Teta, byinshi amaze kugeraho muri muzika ye n’ibitari bicye amaze kurusha abandi bahanzi nyarwanda.

Iyo uganiriye na Teta Diana, akubwira ko impano yo kuririmba afite atari iy’ubu, dore ko gusubiramo indirimbo z’abahanzi nka Kamaliza yabitangiye akiri muto cyane, bikaba biri no mu byatumye kugeza ubu aziririmba abatari bacye bagasesa urumeza. Uku kwimenyaho impano, nibyo byatumye mu mwaka wa 2009 yitabira amarushanwa yo gushakisha impano mu bakiri bato (Tatent Detection) yabereye i Nyamirambo, aho yegukanye umwanya wa kabiri agahembwa kuzakorerwa indirimbo na Producer J.P wari ugezweho muri icyo gihe.

Teta

 Ushobora kuba warumvise ijwi ritagira uko risa rya Teta Diana mu mwaka wa 2011, ariko kuko utari umuzi ndetse bitigeze binavugwa cyane, ukaba utarigeze utahura ko ari we. Aha hari mu ndirimbo “Ndagukunda nzapfa ejo” ya Uncle Austin, aho Teta aba aririmba yikiriza Uncle Austin, ariko mu mashusho y’iyi ndirimbo hakagaragaramo undi mukobwa utari Diana Teta.

REBA HANO INDIRIMBO “NDAGUKUNDA NZAPFA EJO”:


Muri 2012, Diana Teta yagiye mu gihugu cya Kenya aho yari agiye kwitabira irushanwa rya Tusker Project Fame, ariko ntiyabashije kugera kure kuko icyo gihe atabashije kwinjira mu nzu y’ihatana nyirizina. Gusa no kuba yari yabashije kuhagera, byari ikimenyetso ko afite impano, adacika intege kandi akaba afite intego mu muziki we.

Fata fata yatumye impano ya Teta ifata

Indirimbo ya Dj Zizou yitwa “Fata fata” yahuriyemo abahanzi benshi nka Urban Boys, Uncle Austin na Jay Polly, yasohotse mu mwaka wa 2013, iza inyikirizo yayo iririmbwe neza mu ijwi ritari risanzwe rimenyerewe muri muzika nyarwanda; iryo ryari irya Teta Diana. Muri iyi ndirimbo noneho Teta akaba yaranagaragaye mu mashusho yayo, kuva ubwo abantu batangira kwibaza byinshi ku mpano y’uyu mukobwa yahise ishimwa bihambaye.

REBA HANO INDIRIMBO “FATA FATA”:


Teta yari asanzwe afite izindi ndirimbo nkeya, ariko ntabwo zari zizwi kuburyo imbaga nyamwinshi yamumenyeye bwa mbere muri Fata Fata. Mu mwaka wa 2014, Teta Diana yagaragaye mu bagombaga guhatanira ibihembo bya Primus Guma Guma Super Star, abantu benshi ntibabivugaho rumwe, bashimangira ko batumva ukuntu yaba agiye muri aya marushanwa kandi azwi gusa muri Fata Fata, ibi nawe akaba yarabyumvise ntiyaterera agati mu ryinyo, akora mu nganzo ahita akora indirimbo yo kubasubiza yise “Kata”.

Ibyo yavuze mu ndirimbo “Kata” byasaga nko guhanura ko azagera kure

Abantu benshi bakimara kumva ko Teta yagiye mu bahanzi 10 bahataniraga ibihembo bya Primus Guma Guma Super Star mu mwaka wa 2014 kandi batari bamuzi mu ndirimbo nyinshi, bahise bakoresha inyito “Kata” bashaka kuvuga ko afite inzira yabinyujijemo ngo abashe gutorwa, maze nawe ahita ahimba indirimbo yise “Kata” avugamo ko impano Imana yamuhaye yanagennye inzira azanyuramo.

Teta

Muri iyi ndirimbo Teta agira ati: “Urugamba ndwana ndwanirwa n’Isumba byose, yampaye impano ingenera n’inzira nzanyuramo. Nzagera ku ntego ab’isi banshinja ‘Kata’,... Kata, Kata, ngo Teta akina Kata... Ntibyoroshye nk’umunyarwandakazi, umuziki ari ko kazi, ndashaka gukundwa na bose, gusabana no gusangira, gutera imbere ntawe nteye ishyari... Rata wowe unyikundira, zamura ibiganza uririmbane nanjye... Bucye bucye intambwe nzazitera, sinemerewe kwitetesha n’ubwo nitwa Teta... Ku mbuga nkoranyambaga bati Teta uwo aturutse he? Imana itanga impano niyo ibizi”.

REBA HANO INDIRIMBO “KATA”:


Kuva ubwo kugeza ubu, hashize umwaka umwe urengaho gato nyamara uyu mukobwa amaze kwitabira ibitaramo byinshi hirya no hino ku isi, akenshi akajya gutaramira abanyarwanda baba mu mahanga kandi bikagaragara ko bamukunda cyane, kuburyo amaze gutera imbere no kumenyekana hanze y’u Rwanda kurusha benshi mu bahanzi nyarwanda yasanze bamaze igihe kirekire mu ruhando rwa muzika.

Teta Diana niwe muhanzi nyarwanda rukumbi Stromae yaje mu Rwanda azi

stromae

Ubwo yaganiraga n’abanyamakuru kuwa Gatandatu tariki 17 Ukwakira 2017 mbere y’uko ataramira i Kigali, icyamamare Stromae yahishuye ko mu bahanzi bose bo mu Rwanda, uwo azi ari Teta Diana gusa ndetse akaba akunda cyane indirimbo ze n’ubwo atabasha kuzumva kuko ziri mu Kinyarwanda. Icyo gihe uyu mugabo wamamaye mu ndirimbo nka Formidable, Papaoutai n’izindi, yanamugiriye inama y’uko yazaririmba mu Cyongereza cyangwa mu Gifaransa bikamufasha kugera kure kurushaho.

Niwe muhanzi wenyine uri mu rubyiruko rw’indashyikirwa za 2015 zahembwe na Jeannette Kagame

Teta

Kuwa Gatanu tariki 11 Ukuboza 2015, nibwo muri Hoteli Serena ya Kigali habereye igikorwa cyo gushimira no guhemba urubyiruko rw'u Rwanda rwakoze ibikorwa by'indashyikirwa kandi by'intangarugero mu gikorwa cyateguwe na Imbuto Foundation ifatanyije na Minisiteri y'Urubyiruko n'Ikoranabuhanga, abahembwe bakaba ari urubyiruko rwagaragaje ibikorwa by'indashyikirwa bifitiye rubanda akamaro.

Teta

Teta

Umuhanzikazi Teta Diana ari muri uru rubyiruko rwashyikirijwe ibihembo na Madamu Jeannette Kagame, akaba ari kumwe n'abandi bantu b'urubyiruko bakoze ibikorwa byagize impinduka ku iterambere no guhindura imibereho y'abaturage b'u Rwanda. Muri aba bose, Diana Teta niwe muhanzi wenyine uri mu bahembwe, haba mu bakora muzika cyangwa abandi bakora ubundi buhanzi butandukanye.

Umunyamerikakazi yasabye Perezida Kagame ko yamwemerera akazatumira Teta mu gikorwa ategura

Diana Teta amaze kwitabira ibikorwa byinshi hanze y’u Rwanda aho aba yagiye gususurutsa abanyarwanda baba mu mahanga kimwe n’inshuti z’u Rwanda. Yagize amahirwe kenshi yo gutaramira muri Rwanda Day nko muri Amerika, mu Buholandi n’ahandi, aha hose akaba yarahagiriye ibihe byiza, bigaragara ko abantu bamukunda kandi bamwishimira.

Kuwa Gatandatu tariki 27 Gashyantare 2016, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ; Paul Kagame yari i Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yahuye n’abanyarwanda baba mu mahanga n’inshuti z’u Rwanda, umunyamerikakazi umwe akaba ari ho yamusabiye ko yamufasha kubona umuhanzikazi Diana Teta.

Perezida Paul Kagame yasabwe n'umunyamerikakazi ko yazamufasha akabona umuhanzikazi Teta

Perezida Paul Kagame yasabwe n'umunyamerikakazi ko yazamufasha akabona umuhanzikazi Teta

Mu gihe Perezida Paul Kagame yaganiraga n’abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda baturutse mu bice bitandukanye byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umunyamerikakazi witwa Erica yasabye ijambo, avuga ko adasa n’abanyarwanda ariko akaba yiyumva nk’umunyarwandakazi ku mutima, aboneraho gusaba Perezida Kagame ko yamushyigikira mu gitekerezo yagize cyo gutumira Diana Teta akazamwifashisha mu guteza imbere no kumenyekanisha muzika nyarwanda n’u Rwanda ubwarwo.

Teta

Nitwa Erica, sinsa cyane n’abanyarwanda ariko ndi umunyarwandakazi ku mutima. Nzi ko mujya mugira ibirori byiza nka Rwanda Day na Youth Forum (Ihuriro ry’uburyiruko), ibirori mu by’ukuri mbona nk’igitangaza. Mbona ari ibirori by’abanyarwanda bose aho bava bakagera, si iby’ababa mu mahanga gusa. Nifuza ko isi yose yamenya agaciro n’ubwiza by’u Rwanda ndetse n’ubuntu rwagiriwe, ntibimenywe gusa n’abanyarwanda baba mu mahanga (diaspora). Hari ibirori rero nshaka gutumiramo abanyamuziki b’abanyarwanda nka Teta Diana, bakaza bahagarariye u Rwanda... – Erica

Diana Teta yatumiwe ahakorera Radio Ijwi rya Amerika

Nyuma yo kuva i Dakar muri Senegal aho we n’abandi bahanzi batandukanye muri Afrika bari bagiye gususurutsa imbaga y’abitabiriye ihuriro ryiswe “Next Einstein Forum”, yerekeje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ahari habereye igikorwa cyari kiswe “US Diaspora Women Convention”, aho yataramiye abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda; umushyitsi mukuru akaba yari Madamu Jeannette Kagame; umufasha wa Perezida Paul Kagame.

REBA HANO TETA ARIRIMBA I DAKAR:

Teta

Teta

I Washington, Teta yataramiye abanyacyubahiro barimo na Madamu Jeannette Kagame

I Washington, Teta yataramiye abanyacyubahiro barimo na Madamu Jeannette Kagame

Nyuma yo gususurutsa abari bitabiriye iki gikorwa, Teta ukuri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yanagize amahirwe yo gutumirwa ahakorera Radio mpuzamahanga iba muri iki gihugu yitwa “Voice of Amerika”, akaba yaragiranye ibiganiro bitandukanye n’abanyamakuru bayo, birimo ikiganiro cyabaye mu Kinyarwanda, icyabaye mu Cyongereza, icyakozwe mu Giswahili n’icyabaye mu Gifaransa, aha hose uyu muhanzikazi akaba yarishimiwe cyane, by’umwihariko mu kiganiro cy’Ikinyarwanda hakaba harahamagaraga abantu bari mu Rwanda no mu Burundi bagashimangira ko bakunda cyane uyu mukobwa.

Teta

Teta aha yari kuri Radio Ijwi rya Amerika

Teta aha yari kuri Radio Ijwi rya Amerika

REBA HANO IKIGANIRO YAGIRANYE NA VOICE OF AMERIKA:






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • p8 years ago
    nibyo Knowless amurusha indirimbo nyinshi zikunzwe
  • eric8 years ago
    nuwogusubiramo Indirimbo Zabandi
  • Kageruka8 years ago
    Hahahahaha yewe icyabaca mukimuhe. Ndumiwe koko? Mutangiye gufata indirimbo zabandi mukazita ize? Ngaho nyumvira umbwire Impano irimuriyi ndirimbo yitwa kata? Nibyiza natere imbere ariko munatwereke nibura ibitaramo yakoreye abaturage bikomeye. ? Ubwo aheruka mumarushanwa ntiyanaye uwanyuma? Kwirirwa ajyanwa hanze yigihugu ntaho bihuriye no guterimbere nyabu. Kuko abana bari hanze aha kandi babizi nabo bahawe ayomahirwe mwareba Impano zihishe zabuze aho zimenera. Ntimugakundwakaze rero mwabanyamakuru mwe. Ahubwo mugemunagira inama nyazo. Ko muhantu hose ntanarimwe ndumva yaririmbye indirimbo ze wa? Burigihe ni kamalizaaaa ahaaaa.
  • Kagema8 years ago
    Ni byiza rwose natere imbere. Gusa icyo rwose nibaza nuko mbona ntabitaramo byumuhanzi nyamuhanzi akora pee ibyo tubona byose muri kutubwira ko yazengurutse amahanga ni Ibyaa leta. Nka rwandadays ziba zabereye ahantu hose kandi sinzi niba ukonguko ariko wenda mupima iterambere ryumuntu....! Courage
  • Did8 years ago
    Mukure ishyali arashoboye ntiyigurishije nka knowless none Doré ateye imbere mumureke goooo Diane
  • Bebe8 years ago
    Ko mbona mwamupinze se mwe ko mwazasubiyemo indirimbo zabandi tukareba ko mugeza aho ageze!komeza utsinde rata Teta
  • Kata8 years ago
    Ndapinze.
  • emperor8 years ago
    Teta numuhanga pe but haribenshi bamurusha batsikamirwa namateka knd bafite impano ndumva ntagitangaza yakoze atazaniyemera mwimushungura pe.
  • che8 years ago
    Yego kabisa! Mbaye umu fana guhera ubu!
  • 8 years ago
    talented
  • Xavier8 years ago
    Ariko nkawe @Kageruka iyo uvuga ko Teta nta mpano yo kuririmba afite ubwo ushingira kuki? Ugira amatwi se ahubwo! Mujye mureka kugira amashyari no gupinga bidafite umutwe nikibuno! Yasubiramo indirimbo zabandi se bikureba he, wigize wumva se azita ize! Ikigaragara nuko azisubiramo neza kandi abandi bikabashimisha! Afite impano, aririmba neza kandi abamutumira nuko bakunze uko aririmba! Niba ntakintu kizima muba mufite cyo kuvuga mujye muceceka!
  • munyampirwa8 years ago
    Impano yo nta wahakana ko nta yo afite kuko no gusubira mo Indirimbo z'abandi n'impano ariko nyine kuko byahoze ufite ni we wongererwa kdi uhagarikiwe n'ingwe aravoma! Hari benshi cyane bafite impano zitagereranywa ariko bitewe n'amateka cg classe Sociale ya bo nti banarenge mu kagari batuye mo! Reba nti mumaze i cyumweru mumwamamaza?ubu se bivuze ko abandi bo bicaye badakora?ubwo se aho atamenyekana ni he!
  • Karemangingo8 years ago
    Teta ni umuhanga muli kata yarabyivugiye, aho ageze mu gusubiramo indirimbo z'abandi bikaba bimugaburira ntacyo bitwaye umuntu wese ubishoboye yabikora daaa! kwihangira.com...uyu munyamakuru ndamunenze yavuze amateka ye yose ariko yirengagiza ko Teta yamenyekanye mw'itsinda rya Bene Gakondo riyobowe na Masamba Intore. niho yatangiye kumenyekana kuli milles collines Gakondo imuha lift ya stage Masamba akamwerekana nk'umwe mu bana be yigisha kuririmba. so pleaase correct ur article
  • kata8 years ago
    Teta gusa ntuzibagirwe ko byose ubikesha Gakondo group, uribuka Masamba aguherekeza kuli stage ngo usubiremo indirimbo ya Kamariza?? avuga ati dore umukobwa wanjye ukurikira jules sentore....hahahahahahaha none wavuze Gumaguma wibagirwa Gakondo koko?? wibagirwa vuba mukobwa mwiza
  • X8 years ago
    Hhhhh, ark biransetsa iyo hari inkuru ivuga teta ukabona hari za kamujyi zihita zivuga knowless. ntimukagereranye ibitangana kuko nagasuzuguro kbsa , nkuyu ngo P. uri P koko!! kuba knowless yihutira gusohora indirimbo nkucuranwa kwisahani ntibivuze ko azi music kandi yarabyivugiye ko yaje muri music bamusunika hagataho teta afite logic muri career niyo mpanvu ageze kure kuko we areba kuri level international bitari knowless ureba guma guma. nawe ngo kageruka, ntuzi nibyo uvuga kuko gusubiramo kamaliza bisaba ijwi kamdi ndahamya ko nawe ubwawe uwagusaba kuririmba indirimbo yigihugu wahera umwuka, so shut up!! nawe ngo munyampirwa, ibyawe byo nibyinjiji kuko banaguhaye guhagarirwa ningwe ngo nawe ugire icyo wageraho ntacyo wabasha. umukene kumufuka umwumvira mubitekerezo bye, work hard and stop that nonsense
  • h8 years ago
    @Munyampirwa, man reka ibyo bya classe sociale n ibindi, teta ari talented kdi anafite ubushake bwo kumenyekanisha talents ze, ari serious muri business uyu mwana
  • Belva8 years ago
    Nibyo azi kwigana indirimbo zabandi kdi Wenda iyo yagize amahirwe yo kuririmba mu ndirimbo nziza abikorara neza ubwo niza korabo mvuga kuko usibye vero ye izindi zo ntakigenda kata yo reka reka umuziki niwo mwiza naho message ntayo kubwanjye ntayo numvise yasangihe abanyarda. Icya kabiri reka amenyekane umunyamahang amutumeho yabuzwa nikic?nonese azatumize abo atabonye?uwo kugira NGO bamubone kuko nubundi baba bamujyanye muri gahunda za leta kuko kwitegera indege ikurenza Africa birahenze visa yo bikab ibindi ndabivuga kuko mbifitemo experience cyane visa. Rero sinumva impamvu mwavuga gutyo afite moyens zo kumenyekana kdi baca umugani nu kinyarwand NGO uhagarikiwe nintare aravoma Ku mugani igihe nabereye Ku RDA nta gitaramo nari nakabona gikanganye cg indirimbo nziza zishimisha benshi.ntawushimisha Bose ark akeza karigura nkubu natanga urugero nkindirimbo ya MEDDY yitwa NASARA yagize 1 000 000 views kubera ikunzwe kdi nubu iracyakunzwe hari nizindi nziza Ark izo za kata ziwe reka reka ndumva rero mwakwihangana mukajya mutubwira ibintu namwe mwumva muhagazeho butwubaka nkibi birababaje cyane kumva yarabaye indashyikirwa kdi hari benshi bamuruta Abavuze NGO knowless ngo yariyandaritse nibicecekere ntawe nciriye urubanza ark nkurikije uwo mukobwa amakuru mwumvaho nababwira NGO bajye bicecekera ushaka kumunenya nuwamwibonera naho ibyo bihuha NGO ariyubah kuko aririmba kinyarda simbyumva bazajye bavuga barebe kdi urwo nurwango bafit sinumva impamvu Knowles's bakuzanyemo hano sindi umufan we mutanyumva nabi.murakoze
  • mangkon8 years ago
    Byose biterwa n'ibihe, amateka n'izina by'umuntu. Mu Rwanda ushobora kuba umuhanga ariko nturenge umudugudu bitewe n'aho uvuka aho ukomoka; nk'uko ushobora kuba umuswa ariko ukaba ikirangirire ibinyamakuru byose bigusingiza, bitewe nanone n'ibyo. Mugire umunsi mwiza.
  • keza8 years ago
    ariko mwese ko muri abanyarwanda umugani uvugango umukobwa wabuze umuranga yaheze mwanyina??? abo bapfukiranywe nyine babuze abaranga ntanabo tuzi tuvuga abo twabonye abo bagaragaje!!! ibibazo byamateka mubikure aho kuko abantu bose baririmba suko batayagize!!! nakomereze aho ahubwo namugira inama agashaka umwandikira indirimbo akaririmba ize nziza akamamara kuze niba we atazi kwihimbira kuko bibaho naho ibindi ni mubireke namahirwe mubuzima abaho!!abafite akazi keza sibo babaga abambere mu ishuri namwe murabizi





Inyarwanda BACKGROUND