RFL
Kigali

Umuhanzi Ireney Mercy ahamya ko yamaze iminsi 7 atunzwe n’amasengesho gusa atagira icyo arya cyangwa anywa

Yanditswe na: Manirakiza Théogène
Taliki:4/02/2016 8:54
15


Umuhanzi nyarwanda mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ireney Mercy, ahamya ko amaze igihe ahinduwe mushya n’Imana, akaba yaramaze iminsi 7 n’amajoro 7 atagira akantu na gato ko kurya no kunywa afata ahubwo atunzwe gusa n’amasengesho, kandi bikaba nta kibazo na gito byamuteye.



Mu kiganiro kirambuye Ireney Mercy yagiranye n’umunyamakuru wa Inyarwanda.com, yagarutse ku kuntu ajya aganira cyane n’Imana ikanagira ubutumwa imuha, anaboneraho gusobanura uburyo yamaze iminsi 7 mu kiganiro n’Imana, nta mazi yo kunywa cyangwa ikintu icyo ari cyo cyose arya. Avuga ko uburyo yakoreraga Imana mbere bitandukanye cyane n’ubu kuko mbere yari atarasobanukirwa neza umugambi w'Imana ku buzima bwe.

Mu byatumaga ntagaragara cyane, harimo kuba maze iminsi mu ishuri ry'Imana, nkaba maze iminsi ku musozi nsenga mbaza Imana ibikwiye kujya imbere ku buzima bwanjye. Mbere n’ubwo nakoraga Gospel ariko nari ntarasobanukirwa neza impamvu nyamukuru ituma mbikora, ariko ubu mfite ibyishimo n'umunezero kuko nabashije kubisobanukirwa no kumenya umugambi w'Imana kubuzima bwanjye... Bimwe abantu bavuga ngo umuntu apfa mu minsi irindwi baratubeshya cyane kuko narayimaze kandi Imana ibana nanjye ndetse inyishimira kurushaho cyane bitewe n’icyo gikorwa nari nkoze. Kandi narangije iminsi 7 y’amasengesho nta kantu na gato nkoza mu kanwa, ninjira no mu masengesho y’iminsi 40 ariko yo nayakoze mfata akantu koroheje nimugoroba. Amasengesho ni igikorwa Imana ishyigikira cyane bitewe n’icyo wari ugamije uyakora, iyo niyo nzira nahisemo kandi sinteze kuzatandukira kuko hari icyo navuganye n'Imana. Ireney Mercy

Asobanura neza ibijyanye n’uburyo aganira n’Imana, atanga urugero ku ndirimbo yitwa “Dufatanye” yakoranye n’abahanzi benshi bo mu Rwanda bamenyerewe mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, iyi ndirimbo akemeza ko yayanditse ariko amagambo yayo akaba narayahawe n'Imana bitewe n’ubutumwa yashakaga gutambutsa mu banyarwanda muri rusange.

Uyu musore avuga ko yamaze iminsi irindwi nta kintu na kimwe akoza mu kanwa ahubwo atunzwe n'amasengesho gusa

Uyu musore avuga ko yamaze iminsi irindwi nta kintu na kimwe akoza mu kanwa ahubwo atunzwe n'amasengesho gusa

Iyi ndirimbo yayifatanyije n’abahanzi nka Aime Uwimana, Gaby Kamanzi, Aline gahongayire, Alpha Rwirangira, Jules Sentore, Producer Pastor P, Alex Dusabe, Producer Nicolas, Queen Gaga,Tonzi ,Phanny Wibabara, Dorcus, Barnabas, Liliane Kabaganza, Brian Blessed, Ezra Kwizera, Patrick Nyamitari, Shukuru, Producer Mugisha, Theo Bosebabireba, Fils Jean Luc n’abandi, ndetse ubu amaze igihe ategura uko yakorerwa n’amashusho.

UMVA HANO INDIRIMBO "DUFATANYE":

Avuga ko afite indi mishinga ya vuba ijyanye n’ubutumwa Imana iba yamuhaye ngo abugeze ku bantu, muri ibyo hakaba harimo indirimbo shya yitwa Warakoze yakoranye na Dave & Kevin yamaze no gushyira hanze, ndetse ubu akaba arimo kwandika igitabo cyitwa “Kutimenya no kutisobanukirwa bituma umuntu atagera kucyo yifuza vuba”.  Ashiomangira ko yahinduriwe amateka kuko uko abantu bari bamuzi atari ko ari ubu.

Mbere nabwirwaga Imana, nkabwirwa ibyayo ariko mu byukuri ntabihagazemo neza, ariko ubu ndahamya neza ko Imana iriho kandi ikora, n’abatajyaga babyemera nabasaba kwigererayo kuko icyo bisaba ari umutima utunganye gusa uzira icyaha maze ugasobanukirwa buri kimwe cyose nk’uko Ijambo ry'Imana rivuga ngo :Nimunshakana umwete muzambona. Nanjye ndi mubabihamya koko. Ubu Imana yampinduriye buri kimwe cyose kandi mbasha gusabana nayo neza kuruta mbere. Ndi mu byishimo biruta ibyo nigeze kugira kuva na mbere hose kuko nasanze Imana idukunda cyane muburyo buhebuje. Ireney Mercy

Uyu muhanzi yasoje ikiganiro twagiranye ashishikariza abantu gukunda Imana no gukora iby’ubushake bwayo barangwa n’urukundo nkuko nayo ari urukundo. Ashishikariza urubyiruko kuba maso bagasenga kandi bagakora ibyo Imana ishaka bityo ikazabafasha gutera imbere bitagoranye.

Irene Mercy avuga ko Imana yamuhaye izindi mpano nyinshi zitari ukuyiririmbira

Ireney Mercy avuga ko Imana yamuhaye izindi mpano nyinshi zitari ukuyiririmbira

Ubutumwa aha abahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana, ni uko babikomeramo kandi bakerekeza abantu mu nzira y'ukuri batitaye ku nyungu zabo ahubwo bashishikajwe no kubona abantu bamenya Imana birushijeho.

UMVA HANO INDIRIMBO "WARAKOZE":






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • MCK8 years ago
    byiza cyane....courage courage
  • 8 years ago
    Ibi nukwimenyekanisha
  • 8 years ago
    Ibi nukwimenyekanisha
  • Tantine Furaha maman wamahanga8 years ago
    Komera muhungu wacu Silowamu turagukunda agura imbago ugere kumpera zisi
  • Rwema8 years ago
    Kwiyiriza ubusa ukabirata bibiliya irabibuza. Soma Matayo 6: 16-18.
  • 8 years ago
    ubwo numusazi cyangwa aragirango tumumenye nakore tuzamumenya kubwibikorwa bye apana kwibeshyera umuswa gusa
  • 8 years ago
    Uyu sumwe mercy wirirwaga inyuma yabahanzi muri za 2009-2011 ngo abazamura, ndabona yarirabuye. uyu numutekamitwe nka Bahati
  • Alexis8 years ago
    Murakoze kubw'iyi nkuru. Gusa mutubwirire uyu mwana muti kwiyiriza ubusa n;ibanga ryawe n'Imana bitewe n'ubukene uba ufite mu by'Umwuka. Ibanga ryawe n'Imana singombwa kurizana mu itangazamakuru ahubwo imbuto zavuye mu kuganira wagiranye n'Imana zigaragarira abakureba utagombye kubyamamaza. Ibi wakoze ni bito cyane ugereranije n'ibyo abafarisayo bakoraga ariko ntibashimwe kuko babyirataga bakanezezwa n'uko abantu babamenyera mu kwivuga ibigwi ariko badashyira mu bikorwa, batanashyira Imana imbere mu buzima bwabo. Ireney, nkwifurije kurangwa n'imbuto za mwuka kurenza kwivuga ibigwi ko wamaze iminsi 7 n'amajoro arindwi.
  • GOOD8 years ago
    UBWO SE NINGOMBWA NGO ABYAMAMAZE?
  • Nina 8 years ago
    No byiza ko hari aho yavuye naho ageze ariko itangazo ryo kurya no kutanywa ntibyemewe na Bible.
  • alexis8 years ago
    singombwako bimenywa nabose sibyo!!!
  • Nkundimanimwe8 years ago
    Ariko vraiment abantu ntituri beza pe! Umwana ari gutera imbere aho mwamufashije kuzamuka mura critica gusaa....yego ntiyagombaga kubivuga ariko hari uburyo bwiza wahanuramo umuntu utamubwiye nabi. Go go Mercy, God is with u!
  • Brian Irakoze8 years ago
    Ariko kuki abantu ntakeza kabo ? Ireney Mercy Komereza aho kuko na Yesu yaravuzwe kandi igikombe yanywereyemo natwe tuzakinyweramo , Yesu ko bivugwa ko yamaze iminsi 40 n'amajoro 40 atarya atanywa ,ibyo ababyanditse bakoze ikosa ryo kubyandika? cg hari impamvu biba byanditse ?nukugirango abahari ubu batari bahari icyo gihe bumve agaciro ko gusenga .Mercy komereza aho igikuru nuko wamaze kwemera uwo mukiza kandi niwe Inzira ,Ukuri n'ubugingo nabe nawe nanjye uwampa nkatera ikirenge mucyawe kuko akenshi turangazwa niby'Isi kandi biba ari ibyakanya gato ( Umuntu utazi iyo ava ntamenya niyo ajya )
  • NTIBIKUREBA8 years ago
    Komerezaho Mercy kandi ntuzigere ucika intege kucyo wiyemeje kuko hahirwa umuntu uri munzira y'Imana ,aho kugirango abantu banezezwe no kubona Abasore bameze nkawe mugihugu basenga ahubwo ngo ni ukwiyemera ahubwo ntuzi kwiyemera nanjye ngize amahirwe yo gusabana n'Imana neza nakwiyemera bitewe nuko naba mpinduriwe amateka ,uwampa ubuzima nkubwo bwo gusenga kuko butanga amahoro asesuye .Imana igushyigikire muhungu mwiza
  • Ntakeza kabanyamashyari8 years ago
    Mercy komereza aho na Yesu biravugwa ko yamaze iminsi 40 n amajoro 40 nkanswe abamwemeye , komereza aho utere ikirenge mujya Yesu nshuti naho abavuga ntiwababuza kuvuga kuko ururimi ni inyama yigenga.turagushyigikiye Nabashumba bacu barikingirana bikamenyekana ko bari mu masengesho , urahirwa cyane wowe ukomereye mu Mana.





Inyarwanda BACKGROUND