Umuhanzi Sintex, murumuna w'umunyarwenya Nkusi Arthur afite inzozi zo kuba isura ya Afrika-ICYO ASHINGIRAHO

Imyidagaduro - 07/01/2015 12:38 PM
Share:

Umwanditsi:

Umuhanzi Sintex, murumuna w'umunyarwenya Nkusi Arthur  afite inzozi zo kuba isura ya Afrika-ICYO ASHINGIRAHO

Umuhanzi Kabera Arnold uzwi ku izina rya Sintex, akaba na murumuna w’umunyarwenya Nkusi Arthur aratangaza ko afite inzozi zo kuzaba isura ya Afrika abinyujije mu buhanzi bwe .

Mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda.com umuhanzi Sintex yadutangarije ko kuri ubu ari gushyiramo imbaraga nyinshi  muri muzika ye kuburyo inzozi afite zo kuba isura ya Afrika yazayikabya. Yagize ati” Mfite intego y’uko umunyamahanga wese uzajya ugera muri Afurika azajya aba azi izina ryanjye. Nzabigeraho kubera gukora cyane ariko ahanini nkazabifashwamo na company y’abanyamerika yitwa U5 kugeza ubu turi gukorana ikabazajya imfasha mu bikorwa byanjye byose bya muzika kugeza no ku bitaramo

 Umuhanzi Sintex

Umuhanzi Sintex

Indi turufu Sintex avuga ko izamufasha kumenyekana mu Rwanda Afrika ndetse no ku isi muri rusange,  ni ukuba abasha kuririmba indirimbo ze mu ndimi zitandukanye bityo n’abanyamahanga bakaba babasha kumva ubutumwa bwe anyuza mu ndirimbo.

Kanda hano wumve indirimbo Money y'umuhanzi Sintex

Sintex yatangiye muzika mu mwaka wa 2012.  Aririmba injyana ya Afro music. Kugeza ubu amaze kugira indirimbo 6: Indoro, akabazo, Blessed, Chocolate, African Beauty na Money ariyo aheruka gukora. Umuhanzi Sintex akaba amaze kwitabira ibitaramo binyuranye harimo na  Kigali Up 2014. Ibitaramo aheruka kwitabira abifashijwemo na Company imutera inkunga ya U5, harimo igitaramo cyabereye mu kabyiniro ka Le Must yahuriyemo n’abahanzi bakomeye ba hano mu Rwanda ndetse n’igitaramo yakoreye I Rubavu cyari kigamije gususurutsa ba mukerarugendo bari baturutse mu bihugu bya Kenya n'Ubugande.

 Sintex aririmba muri Kigali Up 2014

Sintex aririmba muri Kigali Up 2014

Umuhanzi Sintex avuga ko inganzo ye ayikomora m muryango we. Yagize ati” Impano yanjye nyikomora mu muryango wacu. Data umbyara afite impano muri sinema , niwe utoza abakinnyi banyuranye ba sinema hano mu Rwanda  ariko yigeze no kuririmba. Undi ni mukuru wanjye , Nkusi Arthur akina amakomedi ariko anyuzamo akanaririmba. Urumva ko impano ari iy’umuryango wose

Reba hano amashusho y'indirimbo Chocolate ya Sintex

Mu migabo n’imigambi Sintex afite harimo gukorana imbaraga muri uyu mwaka wa 2015 ndetse no kurushaho kumenyekisha ibihangano bye kurushaho.

R.Christophe


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...