Korali Naioth igiye gususurutsa abakunzi bayo inabamurikira album yabo

Iyobokamana - 18/07/2014 6:45 PM
Share:

Umwanditsi:

Korali Naioth igiye gususurutsa abakunzi bayo inabamurikira album yabo

Korali Naioth ikorera umurimo w’Imana muri ADEPR, ururembo rw’umujyi wa Kigali, akarere ka Kicukiro, Paroisse ya Rwampara, Umudugudu wa SGEEM. Iyi Korali yateguye igitaramo cyo kumurika DVD yabo ya mbere bise “ IGIHE N’IKI “ ,iki gitaramo kikazaba tariki ya 26 na 27 Nyakanga 2014 kuva saa munani kugeza saa moya z’umugoroba.

Iki gitaramo kizanitabirwa na  Korali Impanda ya ADEPR Sgeem , Holy Nation Choir , Ipfundo Ry’amahoro Band n’umuvugabutumwa Semajeri Gaspard

Korali Naioth  igizwe n’urubyiruko rw’ibyiciro bitandukanye  (abubatse ingo n’abandi bakiri ingaragu), ikaba yaratangiye mu mwaka wa 2001 itangijwe n’abantu 13 nyuma y’igitekerezo cyari cyagizwe n’abantu ( abanyeshuri ) 3 gusa.

nAOTHI

Yatangiye ikora mu masengesho y’abanyeshuri yabaga ku mudugudu wa SGEEM kuwa gatatu wa buri cyumweru, biza kugera naho yemererwa kuzajya iririmba mu materaniro yo ku cyumweru ariko igakora mu gihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri kuko yarigizwe n’abanyeshuri bigaga muri secondaire kandi babonekaga muri vacance gusa.

Mbere yuko ihabwa izina ry’umwihariko  yitwaga chorale y’abanyeshuri yo kuri SGEEM. Itangira yahagurukanye intego yo gukora ivugabutumwa mu bigo by’amashuri gusa ya Secondaire dore ko abari bayigize ariho bisangaga cyane, gusa umurimo waje kwaguka ikazajya itumirwa no mu biterane by’abanyeshuri n’iby’urubyiruko byateguwe hirya no hino.

Ku itariki ya 11/05/2008 nibwo iyari chorale y’abanyeshuri nk’izina risanzwe, yishwe izina ku mugaragaro n’ubuyobozi bwa Paroisse Rwampara yitwa Naioth Choir.

Naioth choir kurubu igizwe n’abaririmbyi 91bakiri mu cyiciro cy’urubyiruko kuko ntawurengeje imyaka 35 uyibarizwamo gusa bitavuze ko hari uwayigejeje agasezererwa.

Naioth choir yashyize hanze ku mugaragaro album Audio ya mbere yitwa IGIHE NI IKI muri 2011. Yagiye ikora ibikorwa bitandukanye byo kwiteza imbere mu kuzamura abanyamuryango bayo, harimo amatsinda yo kwizigama ndetse no kuguriza mu byiciro bitandukanye bitewe n’ubushobozi bw’abaririmbyi bayo, kdi kugeza nubu baracyakomeje kuko bageze ku rwego rwo kuguriza nabo hanze yayo.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...