DMS ni umuraperi w’ibihe byose muri hip hop yo mu Rwanda-Pacson

Imyidagaduro - 24/04/2014 5:16 PM
Share:

Umwanditsi:

DMS ni umuraperi w’ibihe byose muri hip hop yo mu Rwanda-Pacson

Kuri uyu wa Kane tariki ya 24 Mata 2014, umuraperi Pacson yagaragaye hamwe mu hantu hacururizwa ibihangano by’abahanzi nyarwandamu mujyi wa Kigali arimo agura album y’umuraperi DMS yemeza ko ari umwe mu baraperi b’ibihe byose mu muziki nyarwanda.

Pacson avuga ko yari amaze igihe kinini yumva umutima we umusaba kumva cyane indirimbo za DMS nyuma y’uko hashize igihe kinini atagaragara hano mu Rwanda nyamara ari mu baraperi yari asanzwe akunda cyane ku giti cye kubera ubuhanga amuziho.

f

Pacson ati “ My man, my holy man DMS, 'Peace album' ni imwe muri za album mu Rwanda zitazapfa zibagiranye mu mateka ya hip hop.”

Nyuma yo kugura iyi album, Pacson yaboneyeho gutangaza ko benshi mu bibwira ko umuhanzi adashobora kugura album ya mugenzi we ari ukwibeshya ndetse asaba abahanzi bibwira ko kugura album ya bagenzi babo ari bibi ko bakwiye guhindura iyo myumvire.

e

Peace niyo album ya DMS, Pacson yaguze ku mafararanga y'u Rwanda 5000

Reba ikiganiro na Pacson nyuma yo kugura iyi album


Ati “ Iyi album ndayiguze, ntabwo bimenyerewe abantu nyine baziko umuhanzi adashobora kugura album ya mugenzi we ariko ntabwo aribyo n’abantu bige umuco wo kugura cd bareke bya bindi byo kuzishyira kuri flash disk.”

Reba amashusho y'indirimbo Big Dream Pacson ahuriyemo n'abandi baraperi


Tubibutse ko nyuma yo kugaragara mu mashusho y’indirimbo Big dreams, Pacson yanamaze gushyira ahagaragara indirimbo nshya yakoranye na Bac T bise To day is my day.

Nizeyimana Selemani


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...