Hakurikijwe itegeko Nº 40/2000 ryo ku wa 26/01/2001, hashyizweho inkiko gacaca zari zigamije gukurikirana no guca imanza z’abakozi Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Nyuma
ya Jenoside yakorewe Abatutsi yasize abarenga miliyoni bishwe mu gihe cy’amezi
atatu, Igihugu cyari kiremerewe n’inkiko n’imfungwa. Abantu barenga ibihumbi
120 bari bafunzwe bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, inkiko zisanzwe
ntizari zifite ubushobozi bwo guca izo manza mu gihe gito.
Ku
wa 26 Mutarama 2001, Leta y’u Rwanda yashyizeho Inkiko Gacaca, hashingiwe ku
muco wa kera w’Abanyarwanda wo gukemura amakimbirane biciye mu ruhame,
abaturage bose bakabigiramo uruhare. Zatangiye kugeragezwa mu turere duke,
zemezwa burundu mu 2002.
Abaturage
bahitagamo abantu b’inyangamugayo muri sosiyete hanyuma bagacira imanza ku
karubanda nko ku bibuga by’amashuri, ibibuga byo gukiniraho cyangwa ahandi
hantu hahuriye abantu benshi hanyuma bagatanga ibitekerezo n’ubuhamya mu bantu
benshi.
Nyiramwiza
Chantal, warokotse Jenoside i Nyamata, ariko akaba yaritabiriye Gacaca mu
murenge wa Gashora yashimye uruhare rwa Gacaca avuga ko “Gacaca ntiyari
ubutabera bwo gufunga gusa, yari n’umwanya wo gusubiza ukuri ku murongo.”
Mu
myaka icumi zamaze zikora, Gacaca zaciye imanza zigera hafi kuri 2,000,000.
Zafashije mu kumenya ukuri ku byabaye, gutanga ubutabera ku barokotse no
kurwanya ipfobya n’ihakana bya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abantu
basaga 1,958,634 bagiye imbere ya Gacaca nk’abaregwa cyangwa abatanga ubuhamya, hagaragajwe ahari imibiri y’abantu bishwe nuko ishyingurwa mu cyubahiro ndetse
inagabanya imfungwa muri gereza ahubwo hashyirwaho imirimo nsimburagifungo (Travaux
d'Intérêt Général – TIG).
Inkiko
gacaca kandi zagize uruhare rukomeye mu bumwe n’ubwiyunge bw’abanyarwanda kuko
habayemo gusaba imbabazi ndetse no kubona ko uwakoze icyaha abiryojwe ku
karubanda bikaruhura bamwe bari bafite igikomere cyo kubura ababo mu gihe cya
Jenoside yakorewe Abatutsi.
Inkiko
Gacaca zasoje ku mugaragaro ku wa 18 Kamena 2012, nyuma y’imyaka icumi zica
imanza. Uwo munsi, Perezida Paul Kagame yashimiye uruhare rw’Abanyarwanda bose
mu kwiyubakira ubutabera bwabo mu muhango wabereye mu ngoro ishinga amategeko.
Mu
ijambo rye, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashimiye abitabiriye uwo
muhango wo gusoza Inkiko Gacaca, yibutsa n’inshingano zashyiriweho arizo:
kwihutisha imanza, kurwanya kwihorera, gutanga imbabazi kuri bose, byose
binyujijwe mu butabera bwunga ari bwo Inkiko Gacaca.
Icyo
gihe Perezida Kagame yavuze ko nubwo zisoje imirimo yazo, hari hakiri
ibitarakemuka ariko akizera ko kujya inama no gufatanya nk’uko muri Gacaca
byagenze, bizatuma n’ibisigaye bigerwaho.
Icyo
gihe yagize ati “N’ubwo Inkiko Gacaca zifunzwe ku mugaragaro, tuzirikana ko
zitakemuye ibibazo byose kuko hari ibigitegereje gukemurwa ariko (...) umuco wo
kujya inama n’ibisigaye bizakemuka.”
Umukuru
w’Igihugu yavuze ko zageze ku byo zari zikwiye kugeraho zifatanije na Leta,
n’abaterankunga. Yashimye kandi abantu bose bateye inkunga imikorere ya Gacaca
harimo abanyamakuru, imiryango mpuzamahanga ndetse by’umwihariko inyangamugayo
ku bw’uruhare n’ubwitange zagize mu gukemura ibibazo by’Abanyarwanda.
Mukantaganzwa
Domitille wari umuyobzozi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Inkiko Gacaca, yavuze
ko mu itangira rya Gacaca hari imbogamizi nyinshi zirimo inyangamugayo nazo
zagaragaweho kuba zaragize uruhare muri Jenoside, abayobozi bagize uruhare muri
Jenoside bavangiraga ukuri kwa Gacaca, kwanga gutanga amakuru ku bushake
byabyaye ijambo ’ceceka’, ihohoterwa ry’inyangamugayo, abatangabuhamya ndetse
n’abacitse ku icumu, kwiba inyandiko zikubiyemo ubuhamya, ihungabana rikabije,
ihunga ry’abatinyaga Gacaca ndetse na ruswa n’ibindi.
Minisitiri
w’Ubutabera Karugarama Tharcisse wariho icyo gihe, nawe yishimiye ko u Rwanda
rwabashije kunyuza mu butabera amadosiye ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihe imiryango
mpuzamahanga yavugaga ko nta bushobozi bwo guca imanza izi Nkiko zari zifite.
Nubwo
Gacaca zasojwe, ubutumwa bwazo bwarakomeje aribwo gusigasira ukuri, kwigisha
amateka nyayo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, no kubaka igihugu
gishyize imbere ubwiyunge n’ubumwe.
Ku
wa Kane, tariki ya 3 Mata 2025, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kigaruka
ku myiteguro y’ibihe byo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Minisitiri
w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean
Damascène, yavuze ko inyandiko za Gacaca zamaze gushyirwa mu ikoranabuhanga.
Yagize
ati "Tumaze kugera ku gipimo cyiza kuko inyandiko zose, imanza n'amajwi
byose byifashishijwe byamaze gushyirwa mu ikoranabuhanga ku buryo nta gishobora
kwangirika."
Ubwo yasozaga imirimo y'inkiko Gacaca, Perezida Kagame yashimiye abagize uruhare mu migendekere myiza y'inkiko gacaca
Domithille wari uharariye inkiko gacaca yavuze ko zimwe mu mbogamizi gacaca yahuye nazo harimo kwanga gutanga ubuhamya no kurigitisha dosiye ariko bafatanyije n'abantu bose ubutabera bugerwaho
Minisitiri w'ubutabera Tharcisse Karugarama wariho icyo gihe yashimiye Leta y'u Rwanda yishakiye inzira zo guca imanza mu gihe izindi nkiko mpuzamahanga zo zavugaga ko zitabivamo
Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene aherutse gutangaza ko dosiye z'imanza gacaca zamaze gushyirwa mu ikoranabuhanga zikabikwa
TANGA IGITECYEREZO