Muri ibi bihe byo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuhanzi w'ibigwi bikomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aime Uwimana, yahumurije Abanyarwanda by’umwihariko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye inzirakarengane zisaga miliyoni.
'Bishop'
Aime Uwimana yavuze ko ibihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ari ibihe biba bikomeye kandi bidasaza, ashimira
Imana igenda yomora, ihumuriza ndetse igakiza ibikomere byo mu mitima kuko ari
yo yonyine ibishoboye nubwo rimwe na rimwe ishobora gukoresha abantu n’izindi nzira zayo
zitandukanye.
Yagize
ati: “Imana niyo igera aho umuntu atabasha kugera, dore ko ari na yo ibasha
kumva agahinda undi atabasha kumva". Yavuze ko ubutumwa bwe ku banyarwanda by'umwihariko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ari ukubabwira ngo bakomere no "gusaba Imana kugira ngo ikomeze rwose yomore, ikize, yo ibishoboye.”
Mu butumwa yatanze abunyijije ku InyaRwanda, yahamagariye abanyarwanda bose kubana mu mahoro bakabiba ibyiza muri bagenzi babo. Ubutumwa bwe bwumvikanisha ko iyo bimakaza izi ndangagaciro, ntibirebere mu ndorerwamo y'amoko, ntabwo Jenoside yakorewe Abatutsi iba yarabaye.
Aime Uwimana yagize ati: “Burya ubuzima tubayeho kuri iyi si, bugizwe no kubiba no gusarura. Amagambo tuvuga, ibikorwa dukora, byose birimo kubiba no gusarura. Ni ukuvuga ngo ntekereje ko ibyo ndi kuvuga cyangwa se ibyo ndi gukora ndi kubiba ibyo nzasarura cyangwa se abanjye/abana banjye cyangwa umuryango wanjye mu buryo butandukanye cyangwa inshuti, tugiye tubitekereza ahari ngira ngo hakorwa amakosa macye, ariko ngira ngo tubyibuka gacye ariko ni ikintu cyo gutekerezaho.”
Yifashishije ijambo ry’Imana riboneka muri Bibiliya rivuga ngo ‘Imana ntinegurizwa izuru, icyo umuntu abiba ni cyo azasarura’. Uyu muramyi yashimangiye ko iri ari ihame ry’ubuzima ko icyo umuntu abibye ari cyo asarura cyangwa kigasarurwa n’abe nubwo atahita abona umusaruro ako kanya.
Aime Uwimana ni we wahimbye
indirimbo idasanzwe buri munsi ihora izamura amashimwe muri Miliyoni
z'Abanyarwanda yitwa 'Muririmbire Uwiteka.' Iyi ndirimbo kandi yabaye icyita rusange mu nsengero zinyuranye n'imbere
y'abavugabutumwa kuko bayifashisha mu bihe bitandukanye, bigasemburwa n'uko
amagambo ayigize acengera mu mitima y'Abakristo, abamenye Imana n'abitegura
kwakira agakiza.
Ni
indirimbo idasanzwe kuri Aime Uwimana, kuko niyo ya mbere yashyize hanze
agitangira urugendo rw'umuziki nk'umuhanzi wigenga. Ni nayo ndirimbo ya mbere
yamuhesheje umugati mu bikorwa bye by'umuziki, kandi iri ku mwanya wa mbere ku
rutonde rw'indirimbo asabwa n'ibihumbirajana by'abantu mu bihe bitandukanye.
Mu
kiganiro n'itangazamakuru cyabaye tariki 24 Nzeri 2024, Aime Uwimana
yavuze ko yahimbye iyi ndirimbo mu 1997 yisunze amagambo aboneka muri Zaburi
98, ariko ko bitewe n'ibihe u Rwanda rwari ruvuyemo bya Jenoside yakorewe
Abatutsi mu 1994, yatinye kuyishyira hanze.
Muri
Zaburi 98 hagira hati “Muririmbire Uwiteka indirimbo nshya, Kuko yakoze
ibitangaza. Ikiganza cye cy'iburyo n'ukuboko kwe kwera yabizanishije agakiza."
Aime
Uwimana ati: "Njyewe nageze hano muri Kanama 1994 urumva igihugu cyari cyijimye
pe. Kandi sinari muto, mu 1997 nandika iyo ndirimbo nari mfite imyaka 20 hafi
urumva rero nashobora kubona uko Igihugu kimeze. Umwuka amaze kuyimpa,
sinasobanukiwe ko ari ubuhanuzi, ahubwo nahise numva ko ntayiririmba. Naravuze
nti 'naba ngiye gushinyagura'".
Yavuze
ko yahisemo guhisha ikayi yari yanditsemo iyi ndirimbo kugira ngo atazongera
kugira aho ahurira nayo, ariko kandi yagize inshuti ye yakoze ubukwe imusaba
kumuririmbira, ahitamo guhindura amagambo ayigize kuko yumvaga n'ubundi nta
hantu azayiririmba.
Ati: "Naravuze nti iyi ndirimbo ntaho nzayiririmba reka nyigire iy'ubukwe.
Ariko nyihinduye mpita numva mbuze amahoro, nyisubiza amagambo yayo kubera ko
numvaga nabuze amahoro."
Yavuze
ko hari igihe cyageze ajya mu bikorwa byari byateguwe n'abarimo Pasiteri
Antoine Rutayisire,' yahuriyemo n'abandi baririmbyi batandukanye, bigishwa ko
"umuririmbyi ashobora kuba impamvu yo gupfa cyangwa gukira, impano
y'uburirimbyi ishobora gukiza, abanyarwanda barakomeretse barababaye,
abaririmbyi rero mushobora kugira uruhare mu isanamitima."
Aime
Uwimana yibuka ko kiriya gihe basabwe kwandika indirimbo yo gusengera Igihugu,
guhumuriza Abanyarwanda, cyangwa se indirimbo y'ubuhanuzi.
Yavuze
ko kiriya gihe yahise yumva ko indirimbo abitse ari iy'ubuhanuzi, atangira
gutekereza ku magambo ayigize. Uwimana avuga ko kiriya gihe buri muhanzi yahawe
umwanya wo kuririmba indirimbo yateguye, maze agezweho aririmba indirimbo ye
yamamaye 'Muririmbire Uwiteka'.
Yasobanuye
ko muri kiriya gihe ayiririmba bwa mbere imbere y'abantu, benshi muri bo
bamubazaga uko yayanditse n'igisobanuro cyayo. Yavuze ko kiriya gihe atari
yakamenye agaciro kayo mu buzima bwe, kugeza ubwo mu 2000 yagiye hanze.
Uwimana
avuga ko iriya ndirimbo ikimara gusohoka, hari umusilamu wamutumiye iwe mu rugo
amushimira ku bw'indirimbo nziza yakoze 'kuko izana ibyiringiro muri njye no mu
banyarwanda'.
Yavuze
ko iyi ndirimbo isobanuye byinshi kuri we, kuko niyo ya mbere yasohoye, kandi
niyo ya mbere abantu bamumenyeyeho.
Ni
indirimbo avuga ko yatangiye yitwa 'Uwiteka Araje' ariko yaje guhindura izina
nyuma bitewe n'uburyo abantu benshi bakunze ijambo rigarukamo cyane
'Muririmbire Uwiteka'.
Uwimana
yavuze ko muri iriya myaka yagowe cyane no gukora indirimbo ari nayo mpamvu
yatumye adasohora indirimbo nk'uko bigenda muri iki gihe.
Aime Uwimana ni umukristo
umaze imyaka hafi 40 yakiriye agakiza. Kuva atangiye kuririmba mu 1994 yaba
ku giti cye ndetse no mu matsinda atandukanye amaze kwandika indirimbo nyinshi
cyane. Indirimbo yanditse zageze hanze zirarenga 100, ariko izo yanditse
ubariyemo izitaratunganyijwe muri studio n'izindi zitigeze zijya hanze, zose
hamwe zirarenga 120.
Yakiriye agakiza mu 1993,
atangirira umurimo w’Imana muri Eglise Vivante i Burundi mu mujyi wa Bujumbura
ari na ho yabaga. Nyuma yaje kuza mu Rwanda, akomeza gukora umurimo w’Imana,
yifatanya n’amatsinda y’abantu batandukanye, mu matorero atandukanye, afatanya
na za Worship teams zitandukanye.
Aime Uwimana ni umugabo
w’umugore umwe witwa Uwayezu Claire. Mu gihe bamaranye bambikanye impeta
bagasezerana kubana ubuzima bwabo bwose, kugeza ubu bafitanye abana babiri
b'abahungu n'undi umwe w'umukobwa. Imfura yabo ifite imyaka 12, ubuheta afite
imyaka 7 naho ubuherure afite imyaka 4 kuko yavutse tariki 05 Werurwe 2020.
Zimwe mu ndirimbo ze
zamamaye ndetse zigahindura ubuzima bwa benshi harimo: Muririmbire Uwiteka [imaze
kurebwa na Miliyoni hafi 2], Nyibutsa, Ntundekure, Mbeshwaho no kwizera Yesu,
Urakwiriye gushimwa, Ku misozi (Thank You), Urwibutso, Umurima w’amahoro,Akira
amashimwe, Une Lettre d’amour, Niyo ntakureba, Umunsi utazwi, n'izindi.
Aime Uwimana yagiye
atumirwa kuvuga ubutumwa mu nsengero zitandukanye mu Rwanda no mu bindi bihugu
ndetse mu mwaka wa 2016 yagiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aririmba mu
giterane gikomeye cya 'Rwanda Christian Convention'.
Icyo giterane yari
yatumiwemo gitegurwa n'amatorero ya Gikristo yatangijwe n'abanyarwanda baba
muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada bakagitegura ku bufatanye na
Ambasade y'u Rwanda muri Amerika mu ntego yo kwimakaza ubumwe n'ubwiyunge mu
banyarwanda baba muri Leta Zunze Ubmwe za Amerika.
Umuramyi Aime Uwimana yashimiye Imana ikomeye komora Abanyarwanda, avuga ko buri wese agiye azirikana ko icyo abiba ari cyo azasarura byaba byiza kurushaho
TANGA IGITECYEREZO