RURA
Kigali

Abayisilamu bizihiza Umunsi Mukuru wa Eid Al-Fitr bibukijwe kuzagira uruhare mu bikorwa byo #Kwibuka31

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:30/03/2025 13:35
0


Kuri iki Cyumweru tariki 30 Werurwe 2025, Abayisilamu hirya no hino mu Gihugu bitabiriye isengesho ryo gusoza ukwezi gutagatifu kwa Ramadhan. Ku rwego rw'Igihugu iki gikorwa cyabereye kuri Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo.



Mu butumwa yatanze kuri uyu munsi udasanzwe, Mufti w'u Rwanda Sheikh Sindayigaya Mussa, yasabye Abayislamu gukomeza gukora ibikorwa byiza bagaragaza ko igisibo kibasigiye impinduka.

Sheikh Mussa Sindayigaya yibukije Abayislamu ko habura iminsi mike ngo Abanyarwanda batangire ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abasaba ko bazabigiramo uruhare bakanafasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Sheikh Sindayigaya kandi, yaragije Imana Igihugu n'abayobozi bacyo, ngo bakomeze bagire imbaraga zo kucyubaka no kugiteza imbere. Ati: "Mana Nyagasani tukweretse Igihugu cyacu, ukomeze ugihundagazeho ingabire y'umutekano."

Ni mu gihe Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde, yashimye Abayisilamu bo muri iyo ntara kuba mu gihe cy’Igisibo Gitagatifu, barakoze ibikorwa byinshi byiza birimo no gufasha abatishoboye.

Guverineri Mugabowagahunde kandi yasabye Abayisilamu n’Abanyarwanda muri rusange kuzaba hafi y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu bihe byo #Kwibuka31.

Mu kwizihiza uyu munsi mukuru wa Eid Al-Fitr, Abayisilamu bo mu Karere ka Rubavu berekanye ko Igisibo Gitagatifu basoje cyababereye umwanya wo gusenga, gufasha abatishoboye n’ibindi bikorwa bigamije kongera imbaraga mu kwimakaza ihame ryo gukunda Igihugu baharanira iterambere ryacyo.

Muri aka karere, isengesho ryitabiriwe n’Abayisilamu bahatuye ndetse n’abaturutse mu Mujyi wa Goma muri DRC, bishimiye ko bakiriwe neza na bagenzi babo ndetse bakaba basanze umutekano n’umudendezo mu Rwanda.


Mufti w'u Rwanda, Sheikh Sindayigaya Mussa yibukije Abayisilamu kuzagira uruhare mu bikorwa byo #Kwibuka31

Guverineri Maurice Mugabowagahunde yashimiye Abayisilamu ku bw'ibikorwa byabaranze mu gihe cy'Igisibo birimo no gufasha abatishoboye




Abayisilamu bo hirya no hino mu Rwanda basoje neza ukwezi Gutagatifu kwa Ramadhan 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND