RURA
Kigali

Amerika irayoboye! Ibihugu 10 bikomeye kurusha ibindi ku Isi n'ibibazo bihanganye na byo

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:23/03/2025 8:30
0


Ubushakashatsi bwiswe 'The Great Powers Index 2024' bwakorewe ku bihugu 24 bikomeye ku Isi hashingiwe ku bukungu, imbaraga z’igisirikare, ikoranabuhanga n’agaciro ifaranga ry’igihugu rifite ku rwego mpuzamahanga, bwagaragaje uko ibihugu bihagaze uyu munsi ndetse n’icyerekezo bifite mu myaka iri imbere.



Iyi raporo ya 'The Great Powers Index 2024' igaragaza uko imbaraga z’ibihugu zikomeje kwiyongera cyangwa kugabanyuka hashingiwe ku bukungu, igisirikare, ikoranabuhanga, n’imiyoborere. Mu gihe Isi igenda ihinduka, ibihugu bifatwa nk'ibikomeye bikomeje guhangana kugira ngo bigume ku isonga mu rwego mpuzamahanga.

Dore ibihugu 10 bikomeye kurusha ibindi ku Isi:

1. Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ni cyo gihugu gikomeje kuza ku isonga nk’igihugu gifite imbaraga nyinshi kurusha ibindi ku Isi. Ifite ubukungu bukomeye bushingiye ku isoko ry’imari rihamye, igisirikare gikomeye cyane, ndetse n’idolari rifatwa nk’ifaranga ry’Isi. Nubwo ibi biyihesha imbaraga, hariyo ibibazo bikomeye birimo imvururu za politiki imbere mu gihugu ndetse n’ibibazo by’ubukungu bishobora kugira ingaruka ku hazaza hacyo.

2. U Bushinwa

U Bushinwa bukomeje kuzamuka mu rwego rw’ubukungu no mu bya gisirikare, ndetse bufite iterambere ryihuta mu ikoranabuhanga n’ubwubatsi. Iki gihugu gifite ubushobozi bwo guhanga udushya ndetse n’imiturire igizwe n'inyubako zigezweho. Gusa, ibibazo by’amadeni menshi bishobora kugira ingaruka ku bukungu bwacyo mu gihe kirekire.

3. Eurozone

Igice cy’ibihugu by’u Burayi kizwi nka Eurozone gifite imbaraga zikomeye kubera isoko ry’imari rikomeye ndetse n’uruhare runini gifite mu bucuruzi mpuzamahanga. Gusa kiri mu nzira yo gusubira inyuma kuko kigihanganye n’ibibazo bishingiye ku bukungu birimo no kubura ibikomoka ku mabuye y’agaciro bifasha iterambere ry’ubukungu.

4. U Budage

U Budage ni igihugu gifite ubukungu buteye imbere kandi gikoresha neza abakozi n’imari. Bufite ubuvuzi buhamye ndetse n’imibereho myiza y’abaturage. Gusa bufite imbogamizi zirimo umubare w’abaturage ugenda ugabanuka ndetse no kubura ibikomoka kuri peteroli na gaze bishobora kugira ingaruka ku bukungu bw'igihugu.

5. U Buyapani

U Buyapani bufite iterambere rihanitse mu by’ikoranabuhanga ndetse n’ifaranga ryabwo rifite agaciro ku rwego mpuzamahanga. Bufite ubukungu bwizewe kandi burangwa n’umutekano. Ariko kimwe n'u Budage, u Buyapani nabwo bufite ikibazo gikomeye cy’abaturage bagenda bagabanuka.

6. Koreya y’Epfo

Koreya y’Epfo ni igihugu kiri ku isonga mu bijyanye n’ikoranabuhanga n’ubuvumbuzi. Iki gihugu gifite uburezi buhamye n’abakozi bafite ubumenyi buhanitse. Gusa nk’ibindi bihugu byinshi byateye imbere, Koreya y'Epfo ihanganye n’ikibazo cy’igabanyuka ry’abaturage, aho umubare w’abakozi ugenda ugabanuka.

7. U Buhinde

U Buhinde ni kimwe mu bihugu bifite ubukungu buri kuzamuka vuba cyane. Bufite abakozi benshi bafite ubushobozi bwo gukora ku giciro gito ndetse n’ubushobozi bwo kwihaza mu bikoresho byinshi by’ibanze. Gusa nubwo bimeze bityo, iki gihugu kiracyahanganye na ruswa nyinshi ndetse n’ikibazo cy’icyuho kinini mu bukungu, aho hari ubusumbane bukabije hagati y’abakire n’abakene.

8. U Bwongereza

U Bwongereza bufite amategeko akomeye afasha mu micungire y’ubukungu ndetse agafasha n’abaturage kugira ubuzima bwiza. Gusa bufite imbogamizi z’ubukungu zituma iterambere ritihuta, harimo ikibazo cy’ibikorwaremezo bidafite ubushobozi buhagije bitewe n’uburyo n’ishoramari ryaho ridahagije.

9. U Bufaransa

U Bufaransa ni igihugu gifite imibereho myiza y’abaturage, ubuvuzi bwiza ndetse n’ubusumbane bucye mu bukungu. Gusa bufite ikibazo cy’amadeni menshi n’umusaruro w’abakozi utagenda neza uko bikwiye. Ibi bishobora kugira ingaruka ku hazaza habwo mu bukungu.

10. U Burusiya

U Burusiya bufite ubukungu bushingiye ku mabuye y’agaciro menshi ndetse bufite n'igisirikare gikomeye. Ariko haracyari ibibazo bikomeye birimo ruswa, kutagira ibikorwaremezo bikwiye ndetse n’ingaruka z’ibihano mpuzamahanga byatewe n’ibikorwa by'iki gihugu bya politiki.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND