RURA
Kigali

Nyuma ya Messi na Lautaro Martínez yakuwe mu ikipe y’igihugu ya Argentina

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:20/03/2025 9:39
0


Rutahizamu wa Argentina, Lautaro Martínez, ntazagaragara mu mikino ibiri ya Albiceleste (Ikipe y’igihugu ya Argentina) yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026, aho bazacakirana na Uruguay na Brazil.



Uyu mukinnyi wa Inter Milan yagize ikibazo cy’imitsi (hamstring) ku kibero cy’ibumoso, bituma asezererwa mu mwiherero w’ikipe y’igihugu.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru rya Argentina (AFA) ryatangaje ko Martínez w’imyaka 27, yagaragaje uburibwe bw’imitsi ubwo yari ku ntebe y’abasimbura mu mukino wa kabiri wa Champions League ikipe ye yatsinzemo Feyenoord.

Nubwo yaje gusubira mu kibuga agatsinda igitego mu mukino Inter yatsinzemo Atalanta ibitego 2-0, nyuma yo kwinjira mu mwiherero wa La Albiceleste, basanze atabashije gukina kubera iyo mvune.

Si Martínez wenyine utazagaragara muri iyi mikino ikomeye, kuko Argentina izakina idafite kapiteni Lionel Messi, na we ufite imvune y’imitsi. Hari kandi abandi bakinnyi barimo Gonzalo Montiel, Giovani Lo Celso, na Paulo Dybala, bose bafite imvune zitandukanye.

Argentina, ifite igikombe cy’Isi cya 2022 ndetse na Copa América 2021, ni yo iyoboye urutonde rw’amakipe muri Amerika y’Epfo ahatanira itike yo gukina Igikombe cy’Isi 2026, aho ifite amanota 25 mu mikino 12. Kuri uyu wa Gatanu, bazasura Uruguay, ikipe iri ku mwanya wa Kabiri, hanyuma nyuma y’iminsi ine bakire Brazil, iri ku mwanya wa Gatanu.

Ikipe ya Lionel Scaloni irasabwa gutsinda iyi mikino kugira ngo ikomeze kuba ku mwanya wa mbere no kwitwara neza imbere y’amakipe akomeye yo muri Amerika y’Epfo.

 

Lautharo Martnez yakuwe mu ikipe y'igihugu ya Argentina kubera imvune ikomeye 

Argentina yatakaje Martnez nyuma ya Messi nawe uherutse gukurwa mu ikipe y'igihugu kubera imvune






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND