RURA
Kigali

Bivuze kwaguka – Moses Turahirwa ku banyamideli bahesha u Rwanda ishema ku ruhando mpuzamahanga

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:19/03/2025 15:58
0


Uruganda rw’imideli rw’u Rwanda ruragenda rutera imbere ku buryo budasanzwe, aho abamurika imideli n’abayihanga bakomeje kwigaragaza ku ruhando mpuzamahanga. Ubu, imyambaro ikorerwa mu Rwanda irakundwa, ndetse n’abanyamideli b’Abanyarwanda bakomeje kubengukwa n’ibigo bikomeye ku Isi.



Mu birori by’imideli bikomeye ku Isi nka New York Fashion Week, Milan Fashion Week, London Fashion Week na Paris Fashion Week, abamurika imideli b’Abanyarwanda bari mu bakunzwe kandi bigaragaza neza mu ruganda rw’imideli.

Mu bazamuye ibendera ry’u Rwanda vuba aha harimo Christine Munezero, Umutoni Ornella, Mushikiwabo Denyse, Umufite Anipha na Niyirera Esther, bagaragaye mu birori bikomeye birimo Paris Fashion Week. 

Aba banyamideli bakoze amateka bamurikiramo imyambaro y’ibigo bikomeye ku rwego mpuzamahanga nka Maison Valentino, Dior, Gucci, Prada, Fendi na Chloé.

Christine Munezero amaze kumenyekana mu bigo bikomeye birimo Maison Valentino, Dior, Maxmara, Gucci, Versace n’ibindi. Umutoni Ornella na we amaze gukorana n’ibigo nka Prada, Elie Saab, Erdem na Officine Générale, mu gihe Mushikiwabo Denyse yakoranye na Balmain, Maison Valentino, Alexander McQueen, Prada, Missoni n'ibindi bigo.

Si abo bonyine kuko n'umunyarwandakazi Umuhoza Linda, amaze no kugera ku rwego mpuzamahanga. Mu 2024, yitabiriye Paris Fashion Week yamuritse imyambaro ya Alessandra Rich, ndetse muri Milan Fashion Week yamuritse iy’inzu ya Blumarine.

Icyo ibi bisobanuye mu mboni za Moses Turahirwa

Moses Turahirwa washinze inzu y'imideli ya Moshions, asanga iterambere ry’imideli y’u Rwanda ari ikintu gikomeye kigaragaza ubudasa bw'impano z’Abanyarwanda.

Ati: “Icyo bivuze ni ugukura. Ni ukwaguka kw’Abana b’Abanyarwanda, kw’impano zo mu Rwanda, kandi zifite ubudasa. Ubonamo Paris Fashion, New York, Millan, abanyamideli, aberekana imideli, abahanzi mu buryo butandukanye, uretse no muri ‘fashion’. 

Navuga ko rero, izo mpano zose zituzanira hamwe imigisha yo gukura, yo kwaguka, yo kugira aho duhagararirwa mu bisate mpuzamahanga aho abandi baba bari, tudatekereza ko wenda abanyarwand bahaboneka.”

Yakomeje agira ati: “Njya mbivuga kenshi ko njyewe nkora mu bwiza, kandi u Rwanda ni intangarugero ku bwiza. Njye nigira ubwiza ku Rwanda kuko dufite ibintu byinshi bimpa inspiration ku bwiza, harimo n’abantu. 

Urumva rero harimo abanyarwanda baduhagararira bakerekana imyambaro y’ibirango bikomeye ku ruhando mpuzamahanga, ndetse natwe rimwe na rimwe tugira ayo mahirwe yo kwerekana ibyo dukora mu ruhando mpuzamahanga, bikavuga rero dukura kandi kudasubira inyuma.”

Ibi Turahirwa yabitangaje ku wa 18 Werurwe 2025, ubwo hasozwaga icyiciro cya gatatu cya Kwandahub, igikorwa cyari cyitabiriwe na Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Antoine Anfré.

Mu ijambo rye, Ambasaderi yashimiye Turahirwa ku ruhare agira mu guteza imbere impano z’urubyiruko, ati: “Dukeneye abantu bafite ubunyamwuga nkawe benshi.” Yasoje atanga impamyabumenyi ku banyamideli batandatu bakomoka mu bihugu bitandukanye birimo u Rwanda, Uganda na Iran.

Mu myaka itatu ishize, nibwo Moses yatangiye urugendo rwa 'Kwandahub,' gahunda yatangije agamije gusangiza abandi ubumenyi bw'ibyo yize mu buryo bwo guha ubuzima igitekerezo cy'umuhanzi.

Kuva iyi gahunda yatangira kugera kuri iki cyiciro cya nyuma, yagiye ishyirwa mu bikorwa na Moshion bafatanyije na Ambasade y'Abafaransa binyuze mu kubagurira ibikoresho n'ibindi. 

Binyuze muri Kwandahub, urubyiruko rugera kuri 28 rwarahuguwe ndetse bunguka ubumenyi buzabaherekeza mu rugendo batangiye rwo guhanga imideli. Ni mu gihe kandi hari abagiye basigara kuko usanga ari igice gikora cyane ku marangamutima n'ubuzima by'umuhanzi.

Moses yagize ati: "Ni gahunda itwara amarangamutima menshi, itwara igihe kinini, nubwo dutekereza ko guhanga ari ibintu umuntu atekereza cyangwa arota agahita abishyira mu bikorwa, ariko urugendo rwo gushyira igitekerezo mu buzima, ni urugendo ruba rutoroshye rufata cyane cyane ku marangamutima y'umuhanzi, rugafata ibisata bimwe na bimwe bigize ubuzima bwe. 

Kugira no rero afungukire kubisangiza abantu, aba ari urugendo rutoroshye. Hari abo dutangirana bikagera mu nzira bafite igitekerezo cy'uko bitangira, twatangira kubyinjiramo byimbitse, ntabe ari buri wese ufungukiye kujya muri icyo cyuumba cy'umutima we wiherereye kugira ngo avanemo ibirimo abishyire ahagaragara."  

Abanyamideli bahawe impamyabumenyi muri 'Kwandahub Season 3' harimo Ishimwe Luwe, Amir Yazdi wo muri Iran, Leatitia, Sandrina Nziza wo muri Uganda, Jacques Nkinzingabo, na Ngalamulume Dan. 


Moses Turahirwa washinze Moshions avuga ko kuba hari impano z'Abanyarwanda zigaragara ku rwego mpuzamahanga bishimangira kwaguka k'uruganda rw'imideli y'u Rwanda


Yabitangaje ubwo hasozwaga 'Kwandahub Season 3'


Ni igikorwa cyitabiriwe na Ambasaderi w'u Bufaransa mu Rwanda


Aha Ambasaderi yashimiraga Turahirwa ku bw'umusanzu we mu gushyigikira impano z'abakiri bato


Aha Amir wo muri Iran yasobanuraga ubuhanzi bwe bwashibutse ku nyogosho y'Amasunzu


Nziza wo muri Uganda


Ngalamulume Dan




Moses Turahirwa yavuze ko kuri we iyi ari intsinzi ikomeye







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND