RURA
Kigali

Bafana Bafana mu migambi igomba gucungirwa hafi n’Amavubi

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:19/03/2025 12:15
0


Ikipe y’igihugu ya Afrika y’Epfo (Bafana Bafana) inganya amanta arindwi n’u Rwanda mu itsinda C yakaniye gutsinda imikino ibiri ifitanye na Lesotho na Benin, ibintu iramutse igezeho bishobora guca ku Amavubi mu gihe atakwitwara neza.



Afurika y’Epfo izahura na Lesotho mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026 mu itsinda C. Uwo mukino uzabera kuri Peter Mokaba Stadium i Polokwane kuri uyu wa Gatanumu mikino yo mu itsinda C iririmo n’Amavubi.

Afurika y’Epfo (Bafana Bafana) iri ku mwanya wa kabiri mu itsinda C, inganya amanota arindwi n’u Rwanda ruyoboye itsinda nyuma y’imikino ine bamaze gukina.

Muri iri rushanwa, Bafana Bafana yaherukaga gukina muri Kamena 2024, inganya na Nigeria igitego 1-1 mbere yo gutsinda Zimbabwe ibitego 3-0. Ikipe ya Hugo Broos iri mu bihe byiza nyuma yo kwitwara neza mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika (AFCON), yatsinze Uganda na Sudani y’Epfo.

Ku ruhande rwa Lesotho iri ku mwanya wa kane mu itsinda C n’amanota atanu, ikaba iri hafi cyane y’amakipe ari imbere. Yigaragaje cyane itsinda Zimbabwe ndetse inganya na Nigeria iwayo. 

Gusa, yahuye n’akaga gakomeye itsindwa ibitego 7-0 na Maroc mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika mu Ugushyingo 2023.

Umutoza wa Lesotho Leslie Notsi n’umutoza wa Bafana Bafana Hugo Broos bombi bakaniye gutsinda uyu mukino cyane ko Lesotho ari igihugu cyigenga cyiri hagati muri Afurika y’epfo.

Hugo Broos Umutoza wa Afurika y’Epfo yagize ati “Igihe twatsinda imikino ibiri tuzakina na Lesotho na Benin, twaba duteye intambwe ikomeye yo kubona itike. 

Ariko tugomba kubikora! Lesotho ni ikipe itagomba kusuzugurwa ahubwo inafite imbaraga. Iyo bakinnye na Afurika y’Epfo, baba bafite imbaraga zidasanzwe.”

Leslie Notsi Umutoza wa Lesotho we yagize ati “Turi igihugu gito mu mupira w’amaguru, ariko dufite amahirwe yo gutera imbere. Tugomba kujya mu kibuga tukagerageza ibyo dushoboye. Imikino yacu iheruka yaduhaye ikizere, nubwo tuzi ko bitoroshye, tuzakora ibishoboka byose.”

Amateka y’umubano w’amakipe agaragaza ko Afurika y’Epfo na Lesotho bamaze guhurira mu mikino 13 kuva mu 1995. Bafana Bafana batsinze imikino irindwi, mu gihe Lesotho yatsinze itatu, indi itatu ikarangira banganya.

Umukino wabo uheruka wabaye muri Cosafa Cup muri Nyakanga 2021, aho Afurika y’Epfo yatsinze Lesotho ibitego 4-0, harimo hat-trick ya Victor Letsoalo.

 

Ikipe y'igihugu ya Afrika y'Epfo iri mu migambi yo kwicara ku ntebe y'Amavubi

Afrika y'epfo inganya amanota arindwi n'u Rwanda mu itsinda C






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND