RURA
Kigali

Ikipe y’igihugu ya Benin mu migambi itaryoheye abanyarwanda

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:18/03/2025 12:52
0


Ikipe y'igihugu ya Benin ifite intego yo kwitwara neza mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 igakura u Rwanda ku mwanya wa mbere.



Ku wa Kane itariki 20 Werurwe 2025, iyi kipe izacakirana na Zimbabwe kuri Moses Mabhida Stadium muri Afurika y’Epfo mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026.

Kugeza ubu, Benin iri ku mwanyawa Kabiri mu itsinda C, inganya amanota 7 n’u Rwanda ndetse na Afurika y’Epfo nyuma yo gukina imikino ine. Nyuma yo gutsinda ibiri muri iyo mikino, umutoza wa Benin Genort Rohr yagaragaje ko intego ari ugukomeza kuba mu myanya ya mbere.

Genort Rohr  yagize ati “Ni ikintu gitangaje kubona twe, u Rwanda na Afurika y’Epfo turi imbere nyuma y’imikino ine ya mbere muri iri tsinda rikomeye ririmo na Nigeria”

Yakomeje agira ati: “Twatsinze imikino ibiri iheruka muri Abidjan, none tugiye gukina hanze na Zimbabwe muri Durban, hanyuma tuzakurikizaho Afurika y’Epfo muri Abidjan ku wa 25 Werurwe. Bishobora kuzatungurana, ariko turi hano kandi dushaka kuguma hano ndetse no gukora neza kurushaho.”

Ku rundi ruhande, Zimbabwe iri ku mwanya wa nyuma muri mu itsinda rya C, kuko ifite amanota abiri (2) mu mikino ine imaze gukina. Khama Billiat, umwe mu bakinnyi bakunzwe cyane muri iki gihugu, yavuze ko yishimiye kongera gutoranywa mu ikipe y’igihugu ndetse ahamya ko bagomba guhatana kugira ngo bazamuke ku rutonde.

Khama Billiat  yagize ati “Ndashimira igihugu n’abantu bose badushyigikiye kuba twarongeye guhamagarwa mu ikipe y’igihugu,

Dufite abakinnyi beza kandi twahawe amahirwe yo guhagararira igihugu cyacu, ni ibintu dushima cyane. Ubu, icy’ingenzi ni uburyo tuzitwara kugira ngo dushyire igihugu cyacu ku rwego rwiza.”

Uyu mukino uzaba ari amahirwe akomeye ku mpande zombi. Benin izaba ishaka gukomeza kwicara mu myanya ya mbere, mu gihe Zimbabwe izaba ishaka gutsinda umukino wayo wa mbere muri iri tsinda.

Kugeza ubu amakipe ari imbere mu itsinda C Mu marushanwa yo gushaka itike yo kujya mu gikombe cy’Isi cya 2026 ni u Rwanda, Benin na Afrika y'Epfo bifite amanota arindwi, Lesotho ifite atanu, Nigeria ifite amanota atatu mu gihe Zimbabwe ifite amanota abiri.

Umutoza wa Benin Genort Rohr   mu migambi yo kwitwara neza akigarurira umwanya wa mbere mu itsinda C

Benin inganya amanota arindwi n’u Rwanda na Afurika y'Epfo  mu itsinda C






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND