RURA
Kigali

Kenya: Afunzwe azira gushinga no kuyobora Sitasiyo ya Polisi ye ku giti cye

Yanditswe na: KUBWIMANA Solange
Taliki:13/03/2025 9:17
0


Polisi ya Kenya yataye muri yombi umugabo witwa Collins Letting azira gushinga no kuyobora sitasiyo ya polisi ye ku giti cye mu buryo butemewe n’amategeko ahitwa i Chebarus, mu Ntara ya Uasin Gishu.



Inkuru dukesha ikinyamakuru GH Page, ivuga ko iyi sitasiyo yashinze yari ifite amarangi asa n’amabara ya polisi, yari ifite gereza yayo ndetse n’ibiro, kandi cyakoraga nk’ikigo cya polisi muri ako gace, cyane cyane cyibasira abantu batema ibiti mu ishyamba rya Cengalo batabifitiye uruhushya.

 Bivugwa ko nubwo hari hashize amezi atandatu uyu mugabo ayoboye iyi sitasiyo ya polisi ye, n’umuyobozi w’akarere atari azi ko ikora mu buryo bwa magendu. Polisi yamenye aya  makuru  ku wa  Gatandatu tariki ya 8 Werurwe 2025, maze itangira iperereza.
 

Raporo ya polisi igira iti: "Twatunguwe no kubona ikigo cya polisi cyuzuye gishushanyijeho bibirango bya polisi, mu mabara asanzwe ya polisi, nyamara nta ruhushya na rumwe rwatanzwe ku kigo nk'iki muri kariya gace." 

Hagati aho, hakurikijwe itegeko ra polisi y’igihugu rya 2014, umugenzuzi mukuru wa polisi ni we wenyine ufite ubushobozi n’uburenganzira bwo gushyiraho sitasiyo za polisi muri Kenya mu duce bikenewe, bityo ko umuntu wese ushinga sitasiyo ya polisi mu buryo bunyuranyuje n’iri tegeko ahanwa hakurikije amategeko agenga polisi ya Kenya. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND