RURA
Kigali

Ari inyuma ho amanota 7, ntazi Muhire Kevin! Umutoza Darko Novic ni umutwaro kuri APR FC?

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:13/03/2025 7:51
1


Ikipe ya APR FC iriho inyuma amanota 7 ugereranyije n'amanota yari ifite umunsi nk'uyu ku rutonde rwa shampiyona y'umwaka ushize.



Tariki 21 Kamena 2024 nibwo uyu mutoza Darko yatangajwe nk'umutoza mushya wa APR FC asimbuye Thierry Forger wari umaze guhesha igikombe cya shampiyona iyi kipe y'ingabo z'igihugu.

Darko yaje afatwa nk'igisubizo cy'umutoza ikipe ya APR FC ikeneye ndetse akaba yari yitezweho byinshi birimo kuyigeza kure mu mikino nyafurika iyi kipe yari imaze umwaka igarutse kuri gahunda y'abanyamahanga.

Uyu Mutoza, yatangiye imikino ye mu mikino ya CECAFA ndetse icyo gihe APR FC ikaba yaragiye muri iyi mikino iri gusuzuma bamwe mu bakinnyi yari imaze kugura, ari nako irimo kongeramo abandi. Darko yaje kugeza APR FC ku mukino wa nyuma ariko aza gutsindwa kuri penaliti.

Iyi kipe mu mikino ya CAF Champions League yaje kurenga icyiciro kibanza ikuyemo Azam, ariko iza gusezererwa na Pyramids nabi nk'uko byari byagenze umwaka wari wabanje.

Ntabwo akenshi iyi mikino abakunzi ba APR FC baba bayibara cyane, nubwo baba bifuza gukora amateka ku ruhando mpizamahanga, ariko umutoza binaniye ntabwo bakunze kumurimiraho itaka.

Icyaha kiruta ibindi ku mutoza wa APR FC ni ukunanirwa gutwara igikombe cya shampiyona ndetse no gukina ibyo abafana n'abayobozi badashaka niyo wakitwara neza nk'uko ibi byabaye kuri Thierry Forger.

Darko Novic kuva yafata ikipe yasubiye inyuma mu manota

Kugera ubu usoma iyi nkuru, APR FC iri ku mwanya wa 2 n'amanota 41 ku munsi wa 20 wa shampiyona. Iyi kipe iriho inyuma amanota 7 ndetse n'umwanya umwe, kuko umwaka ushize shampiyona uri ku munsi wa 20, APR FC yari ku mwanya wa mbere n'amanota 47. Rayon Sports iri ku mwanya wa 2 n'amanota 39. Bivuze ko Rayon Sports imaze kuzamukaho umwanya umwe n'amanota 4 ugereranyije n'umwaka ushize.

APR FC imaze gusubiraho imyuma amanota 7 ugereranyije n'umwaka ushize 

APR FC imaze gutakaza imikino 3 muri uyu mwaka wa shampiyona, mu gihe umwaka ushize w'imikino yari itaratakaza umukino n'umwe ndetse yarinze isoza shampiyona idatakaje nubwo yanganyije inshuro 11.

Darko Novic yagaragaje ko asa nkaho atazi umukinnyi Muhire Kevin

Mu kiganiro n'itangazamakuru cyaherekeje umukino APR FC yanganyijemo na Rayon Sports, umutoza Darko yagaragaje ko asa naho atazi kapiteni wa Rayon Sports ndetse n'ikipe y'igihugu ya CHAN.

Uyu mutoza yagize Ati “Birashoboka ko numero 11, wabo ntabwo nibuka izina rye (Kevin MUHIRE) ariwe mukinnyi mwiza kurusha abandi muri Shampiyona yacu (Umupira ku kirenge)”.

Darko yagaragaje ko ashobora kuba atazi Muhire Kevin 

Wenda usibye kwigiza nkana ubundi biragoye kuba umutoza wa APR FC yaba atazi kapiteni wa Rayon Sports Muhire Kevin ndetse bihagije kuko no mu nama itegura umukino ariwe mukinnyi uganirwa kenshi.

Bibaye ari ukuri ko Darko anyuzamo akayoberwa Muhire Kevin, byaba ari ikibazo gikomeye mu mitoreze ya APR FC kuko noneho atazigera amenya umukinnyi n'umwe w'Amagaju FC.

Abafana ba APR FC bishyuza Darko gusimbuza nabi

Ku rundi ruhande bamwe babifata nko kwibonekeza ku bafana ba APR FC ndetse no kwivanga mu kazi k'umutoza Darko gusa nanone umuntu yakwibuka ko umupira wabaye rusange, abafana umuntu akaba yabagarukira.

Akenshi abafana bakunze kuvuga ko umutoza Darko afite uruhare rukomeye mu musaruro muke iyi kipe ibona gusa umuntu yakwibuka ko aribyo bavugaga kuri Thierry Forger warinze atwara shampiyona adatsinzwe, ariko akaza kudakomezanya n'iyi kipe, bikemeza ko Darko abaye ari umutwaro ku ikipe ya APR FC, uwo mugogoro izawitura shampiyona irangiye.

Abafana ba APR FC bakomeje gutakariza icyizere umutoza wabo ngi kubera amakosa akora mu mukino rwagati 

Abafana ba APR FC yasigaye bagira uruhare rugaragara ku hazaza h'umutoza wabo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Tuyiringire martin1 week ago
    Uwo nagende



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND