RURA
Kigali

Gusezererwa kwa Liverpool muri Champions League umutoza yabigeretse ku 'mikinire mishya'

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:12/03/2025 15:03
0


Ikipe ya Liverpool yasezerewe na Paris Saint-Germain (PSG) muri 1/8 cya UEFA Champions League, nyuma yo gutsindwa ku mukino wa penaliti 4-1 ejo ku wa Kabiri tariki 11 Werurwe 2025.



Umutoza wa Liverpool, Arne Slot, yavuze ko wari umukino mwiza cyane, ariko yemera ko ikipe ye yagize ibyago bikomeye mu rugendo rwayo muri iri rushanwa.

Liverpool yari yatsinze umukino ubanza i Paris igitego 1-0 cyatsinzwe na Harvey Elliott, ariko ku mukino wo kwishyura wabereye kuri Anfield, ibintu byahindutse. PSG yafunguye amazamu hakiri kare ku gitego cya Ousmane Dembélé ku munota wa 12, maze Liverpool inanirwa kwishyura nubwo yagaragaje imbaraga nyinshi.

Nyuma y’uko iminota 90 irangiye nta yindi kipe yatsinze igitego, hakurikiyeho penaliti. Gianluigi Donnarumma, umunyezamu wa PSG, yitwaye neza, akuramo penaliti za Darwin Núñez na Curtis Jones, bituma PSG ikomeza nyuma yo gutsinda penaliti 4-1.

Slot yavuze ko ikipe ye yakoze ibishoboka byose, ariko amahirwe ntabane na bo.

Uyu mutoza yanenze uburyo bushya bw’imikinire bwa Champions League, aho Liverpool yari yitwaye neza itsinda imikino yayo irindwi ya mbere, ariko bikarangira ihuye na PSG hakiri kare. Ati"Twakinnye neza, turabigaragaza, ariko birakwiye kwibazwaho niba ari byo koko kuba uwa mbere mu matsinda hanyuma ugahurira n’ikipe nka PSG mu cyiciro gikurikiraho."

Liverpool ntiyigeze igira amahirwe menshi mu irushanwa rya Champions League mu myaka ishize, kuko mu 2022 yasezerewe na Real Madrid itsinzwe 5-2 kuri Anfield. Slot yavuze ko uko byagenda kose, asezererwa nk’uko byagenze kuri PSG ari bwo buryo bwiza kurusha kuba ikipe yasezererwa idakoze ibishoboka byose.

Umutoza wa Liverpool yavuze ko gusezererwa muri Champions League byaturutse ku mikinire mishya isigaye yubahirizwa mu irushanwa

Liverpool yamaze gusezererwa niyo yasoje amatsinda iyoboye ayandi makipe






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND