RURA
Kigali

Ibintu abo mu kiragano Z batekereza ko bifite akamaro bitaremereye ku bakuze

Yanditswe na: NKUSI Germain
Taliki:12/03/2025 11:12
0


Ibyo urubyiruko rwo mu kiragano kizwi nka (Gen Z) rufata nk'ingenzi ariko bigasa n'aho bitagira agaciro kanini ku bakuze, bigaragaza itandukaniro ry’abo muri iki kiragano ndetse n’abo mu bindi biragano byababanjirije.



Mu gihe abantu bo mu biragano bya vuba n'abageze mu zabukuru, basanzwe bashyira imbere indangagaciro zabo, imibereho n'uburyo bw'imitekerereze ishingiye ku mibereho yabo, birumvikana ko guhinyura no guhangana n'izo ngamba za sosiyete zashishikaje urubyiruko ruri muri Gen Z (abavutse hagati y'umwaka wa 1997 na 2012) byazanye itandukaniro. 

Ariko nubwo urubyiruko rwahinduweho n’iyindi myumvire ivuga ko bafite ibyiyumvo byoroshye, ariko bakomeje gushyira imbere indangagaciro zabo bishishikajwe ko urubyiruko ruba ku murongo w'ubwisanzure, uburinganire n'ubwuzuzanye mu guhangana n'ibibazo byabo.

Nubwo hari byinshi urubyiruko rubarizwa mu kiragano kizwi nka Gen Z rwumva ko ari ingenzi ariko hari byinshi biba bitakize icyo bivuga cyane ku bskuze nyamara abo muri Gen Z bo ntibabihishe bagakora ku buryo ahobwo bigaragara. 

Uhereye mu kazi, kugenzura ibikorwa by’imyidagaduro no mu buzima bwabo bwite, urubyiruko rwo mu kiragano cya (Gen Z) ruba rushaka guhindura ibintu, nubwo ibi bitera kwinubira no kwibasira bamwe na bamwe.

Dore bimwe muri byinshi ababarizwa mu kiragano cya Gen Z bakora ariko abo mu biragano cyabanje bakabifata nk'aho bitagize icyo bivuze kinini:

 

-Guhuza akazi n’ubuzima busanzwe

Urubyiruko rwitwa Gen Z rushishikazwa cyane no guhuza akazi n'ubuzima bwabo bwite kurusha izindi nzego z'abantu bakuze nk’ababarizwa muri millenials na baby boomers. Nubwo bahura n'ibibazo by'ubukungu n'ibibazo by'umutekano w'akazi, abenshi muri bo bihatira kubungabunga umwanya wabo, bakita ku buzima bwabo bwite, gukura, no kubona umwanya wo kuruhuka.

Gen Z ikomeza isaba imiterere y'akazi ifasha kugera kuri iyo ntego, harimo gukora akazi koroshye cyangwa gukorera mu rugo, gufata igihe cy'ikiruhuko, ndetse no kwirinda umubano na benshi nk'ibyo abandi bakora. 

Ibi byatumye abakuze benshi bagira agahinda ko kuba barahoraga bahangayikishijwe n'akazi igihe cyose, kandi barumva ko batagize umwanya uhagije wo kwita ku buzima bwabo bwite.

 

-Guhitamo neza ibyo bashyira ku mbuga nkoranyambaga zabo

Urubyiruko rwa Gen Z rukunze gukoresha imbuga nkoranyambaga zitandukanye kugira ngo bagaragaze uko bibona ndetse n'uko batishimira abakuze cyane cyane abari muri Baby Boomer, kandi izi mbuga ziba ari ahantu havugirwa ibitekerezo byinshi bigaragaza impaka hagati y'aba bakuze n'urubyiruko. 

Nk’uko ubushakashatsi bwakozwe n'ikigo cyitwa "The Gerontologist" bubivuga, ni byiza kumva impamvu urubyiruko rwitabira cyane guhanga no gucunga neza imbuga nkoranyambaga, kuko ibi bikintu bifite akamaro kenshi kuri bo, ariko ku bantu bari mu myaka yo hejuru, bimwe muri ibi bikorwa byo guhanga biba bitari ku rwego rwo hejuru.

 

-Guhangana n’ibibazo by’imitekerereze

Raporo y'ishyirahamwe ry'abahanga mu by'imitekerereze, American Psychological Association (APA) yitwa "Stress in America: Gen Z", igaragaza ko ababarizwa muri Gen Z bafite imyumvire yo gushaka ubufasha bwo kwa muganga, kuvurwa cyangwa kwitabira ubuvuzi bwo m’umutwe kurusha iibdi biragano byabayeho nka “Gen X na Baby Boomers”.

Ibi byatewe ahanini no kwiyongera k'ubushobozi bwo kubona ubufasha n’uburyo bwo kumenya neza ibijyanye n'ubuzima bwo mu mutwe kuri Gen Z, kubera ikorananbuhanga abantu bagenda bagira ibibazo bitanduknye. Ariko kandi, benshi muri abo bantu bakuze bagifite imyumvire itari myiza ku bijyanye no kugisha inama mu by'ubuzima bwo mu mutwe.

 

-Kurwana n’imihindagurikire y’ikirere

Mu bushakashatsi bwakozwe na Pew Research Center, Gen Z bugaragara imbere mu kurwanya ihindagurika ry'ikirere. 

Ababarizwa muri Gen Z bavugwa cyane mu guhashya ibijyanye n'ihindagurika ry'ikirere no kubungabunga ibidukikije, ndetse banabikora binyuze mu gushyira ku mbuga nkoranyambaga, kwitabira ibikorwa by'ubukangurambaga, no gukora ibikorwa byo kwamamaza kuri ibi bibazo kurusha ibindi biragano byabanje.

Nubwo ubushakashatsi bwerekana ko abageze mu zabukuru nka Baby Boomers batishora cyane kuri ibi bibazo ku rwego rwa rwo hejuru, Gen Z irangwa no gukora ibikorwa bito by'ubukangurambaga, nko gutanga imfashanyo, kwegera abayobozi, kwitabira inama n'amahuriro, no gutanga umusanzu mu bikorwa byo kurwanya ihindagurika.

 

-Gucana umubano n’abagize umuryango badashobotse

Mu buryo bwo kumenya byinshi ku mibanire hagati y'ubuzima bw'abana n'ingaruka z'ababyeyi batita ku bana, ababarizwa mu kiragano cya Gen Z hari igihe bagra umubano uturi mwiza n'ababyeyi babo. 

Ibi biterwa n'uko abana bo muri iki kiragano bagerageza kuvuga ibibazo byabo byerekeye ibibazo by’ubuzima bw’imitekerereze, ariko abakuru bo akenshi batabasha kubumva no kubashyigikira.

Ubu buryo bwo gutandukana n'ababyeyi cyangwa abavandimwe bafite imyitwarire nk’iyi bigenda bwiyongera, aho abato bagira umwete muke wo gukomeza kuvugana n’abagize umuryango. 

Ubushakashatsi bwakozwe na American Psychological Associationbwagaragaje ko umubare munini w’urubyiruko rufite ikibazo cyo kudashyigikirwa n’ababyeyi babo, kutumvwa n’abakuze bo muri generation za kera aribyo bituma bagirana ibibazo bitandukanye.

 

-Gushaka akazi kajyane n’ibyo umuntu yizera

Ababarizwa muri Gen Z ntabwo basiga indangagaciro zabo n'ibyo bemera igihe bagiye ku kazi; ahubwo, benshi muri bo bashaka akazi kijyanye n'indangagaciro zabo. Bafite iby'ingenzi bibajyanye nko guharanira kubaho ubuzima bwiza bw'akazi n'umuryango.

Mu gihe abakuru bagaragaje kugabanya ibyo bemera ndetse bakanigomwa bimwe bagamije gukorera amafaranga n'umutekano w’imiryango yabo, ab'iyi myaka bavuga ko indangagaciro zabo ari zo z'ingenzi kurusha amafaranga. 

Ibi bituma benshi muri bo bahinduranya akazi inshuro nyinshi bashaka aho basanga ibyo bemera bihura n'ibyo babona abandi bakabura n’akazi.

 

Src: yyourtango.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND