RURA
Kigali

Icyuho mu baganga babaga kiracyari umutwaro uremereye ku Rwanda

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:24/02/2025 17:17
0


Mu Nama Mpuzamahanga yo ku rwego rwa Afurika yahuje abaganga bakora mu bijyanye no kubaga n’abakora mu rwego rw’ubuzima muri rusange u Rwanda rwakiriye, hongeye kugaragazwa ko ubuke bw'abaganga babaga ari ikibazo gikomeye ku gihugu ndetse no muri Afurika.



Ibi byagarutsweho mu nama yatangijwe ku mugaragaro na Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gashyantare 2025, izibanda ku guteza imbere guhanga ibishya mu buvuzi bwo kubaga no kugeza ubuvuzi buboneye kuri bose muri Afurika.

Insanganyamatsiko y’iyi nama izamara icyumweru, iganisha ku kubaka inzego zihamye mu bijyanye n’ubuvuzi bwo kubaga ku buryo ku rwego rwa buri bitaro by’Akarere haba hari byibura umuganga umwe ubaga.

Ni inama ibaye mu gihe mu Rwanda hari abaganga 3 babaga ku baturage ibihumbi 100 mu gihe bagombye kuba abaganga 20/100.000.

Biteganijwe ko mu 2030, ikibazo cy’ibura ry’abaganga babaga kizarushaho kugaragara ku Mugabane wa Afurika. Icyo gihe Afurika izaba ikeneye byibura abaganga babaga miliyoni 6.

Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Abaganga babaga mu Rwanda, Prof. Faustin Ntirenganya, avuga ko kugeza ubu mu Rwanda hari abaganga babaga 162 mu gihe bagombye kuba 1400.

Ati: "Ibyo bituma habagwa abarwayi 1788 mu gihe ababa bakeneye kuvurwa hakoreshejwe uburyo bwo kubaga bagera ku 5,000."

Mu gutangiza iyi nama, Minisitiri Dr. Sabin Nsanzimana yagaragaje akamaro ko kongera umubare w’abaganga babifitiye ubushobozi, kwagura ahatangirwa amahugurwa, no kugeza serivisi z’ubuvuzi bw’indwara zisaba kubagwa henshi kugira ngo ziboneke byoroshye.

Yashimangiye intambwe ikomeye imaze guterwa binyuze muri gahunda ya 4x4 mu gukemura ikibazo cy’ubuke bw’abaganga b’inzobere.

Imibare yo mu ntangiriro za Nyakanga 2024 yagaragazaga ko Igihugu gifite abaganga barenga ibihumbi 25 bigateganywa ko gahunda ya 4x4 izabageza kuri 58.582 mu 2028.

Ni mu gihe Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yavuze ko ubuvuzi bwo kubaga budakwiye gufatwa nk’ubw’abifite, ahubwo ari inkingi ikomeye mu iterambere ry’ubuvuzi.

Yavuze ko Afurika nk’ umugabane ugaragaramo indwara nyinshi ku kigero cya 25%, ufite 2% by’abakozi bakora mu rwego rw’ubuzima ku Isi muri rusange.

Ati: "Intego yacu ni uko abaganga bacu b'inzobere b'ejo hazaza bahererwa amahugurwa ahantu ahantu hegereye abaturage babakeneye kurusha abandi.

Umwaka ushize, nabwo Urugaga rw’Abaganga bavura indwara bakoresheje kubaga, rwagaragaje ko indwara zigera kuri 30% ziri mu Banyarwanda zikenera ubuvuzi bwo kubagwa ariko umubare w’ababikora ukaba ukiri muto cyane.

Izi ndwara zirangajwe imbere n’indwara z’amagufwa, indwara zo mu nda nk’amara, kanseri, kuremarema no gusana ibyangiritse kubera impanuka, ubushye ndetse no kubaga amaso n’izindi ndwara zitandukanye.

U Rwanda rwakiriye Inama Nyafurika yibanda ku guteza imbere guhanda ibishya mu buvuzi bwo kubaga

Ni inama yafunguwe ku mugaragaro na Minisitiri w'Intebe, Dr Edouard Ngirente

Minisitiri w'Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana yagaragaje ko ari ingenzi kongera umubare w'abaganga b'inzobere

Iyi nama izamara icyumweru yahuje abaganga bakora mu bijyanye no kubaga n'abakora mu buvuzi muri rusange







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND