Irushanwa rya ‘The Legend Karate Open’ rigiye kuba mu isura nshya

Imikino - 22/02/2025 2:49 PM
Share:

Umwanditsi:

Irushanwa rya ‘The Legend Karate Open’ rigiye kuba mu isura nshya

Ku nshuro ya kabiri, irushanwa rya ‘The Legend Karate Open’ rigiye guhuza abanyabigwi mu mukino wa karate mu rwego rwo gusigira umurage mwiza abakiri bato biga n’abifuza kwiga uyu mukino.

Ni mu kiganiro cyahuje abateguye iri rushanwa ndetse n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa 20 Gashyantare 2025 kigaruka ku byo kwitega n’uburyo irushanwa riteguwe.

The Legend Karate Open ni irushanwa rihuza abakanyujijeho mu mukino wa karate aho ku nshuro yaryo ya mbere ryitabiriwe n’abarimo Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome usanzwe ukina Karate, Shihan Sinzi Tharcisse, Sensei Master Rugeyo Rutingwa, Sensei Karamaga Barnabé n’abandi benshi.

Kuri iyi nshuro, uyu mukino ugiye kongera kuba ariko unafite udushya twinshi harimo ibihembo byongerewe agaciro, ahantu heza hajyanye n’igihe, abantu benshi barimo kwiyandikisha kuzakina ndetse n’ibindi byinshi.

Impamvu yo gutegura iri rushanwa ni mu rwego rwo gusigasira impano z’abakanyujijeho kugira ngo zitazima, gufasha no kwereka abato inzira bakwiye kunyuramo mu gihe biga uyu mukino ndetse n’abawukunda muri rusange.

Agaruka ku mbogamizi zishobora kuzabaho kuri uyu munsi w’irushanwa wahujwe n’umunsi wa Tour Du Rwanda, Uwase Ortha umwe mu bayobozi ba Kigali Elite Sports Academy ari nayo yateguye iri rushanwa ifatanyije na The Great Warrior Sports Academy, yavuze ko nta mbogamizi n’imwe izabaho kuko amarushanwa yose azwi kandi ba nyiri ukuyategura banagairiye.

Yagize ati “Nta kizabuza irushanwa ryacu kuba mu gihe cyaryo. Ni ibintu byamaze kwigwaho kandi n’abategura irushanwa rya Tour du Rwanda turavuga bityo rero gukorana biroroshye cyane."

Iri rushanwa riza kinwa mu byiciro byinshi. Mu bagabo, hari ikiciro cyo kuva ku myaka 30-45 ndetse n’ikiciro cyo kuva ku myaka 46 kuzamura.

Kubera ubucye bw’abategarugori batari bimariramo gukina uyu mukino, hari ikiciro kimwe cyabo cyo kuva ku myaka 30 kuzamura.

Mu gihe hakibura iminsi micye ngo irushanwa ritangire, hamaze kwiyandikisha amakipe 8 mu bagabo ndetse n’amakipe 7 mu bagore mu gihe abiyandikishije bifuza guhangana ku giti cyabo bamaze kuba 16 kandi bakomeje kwiyongera.

Ku bazifuza kujya kuri uyu mukino, nta kidasanzwe basabwa kugera kuri NPC Remera gusa hanyuma bakishimira uburyohe bw’umukino wa Karate mu Rwanda.

Kuwa kane kuri Kigali Elite Sports Academy habereye ikiganiro n'itangazamakuru kigaruka ku irushanwa rya 'The legend karate open'

Abateguye iri rushanwa bahamya ko ritandukanye n'irya mbere kubera ko ryateguwe bigendanye n'uko irushanwa rya mbere ryagenze

Uwase Ortha [Soleil] usanzwe ukina uyu mukino akaba ari n'umwe mu bateguye iri rushanwa, yatangaje ko yizeye y'uko iri rushanwa rizagenda neza kandi ko habayeho ibiganiro na Tour du Rwanda ku buryo nta kizabangamira ikindi 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...