RURA
Kigali

Game Changers: Ihangana ryeruye rya APR FC na Rayon muri shampiyona -VIDEO

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:17/02/2025 15:29
0


Nk'uko bisanzwe buri wa Mbere ku InyaRwanda TV hatambuka ikiganiro Game Changers kigaruka ku makuru aba yaravuzwe mu mpera z’icyumweru gishize.



Mu kiganiro Game Changers cyo kuri uyu wa Mbere twagarutse ku ihangana rigiye kugaragara hagati ya APR FC na Rayon Sports muri shampiyona cyane ko aya makipe arushanwa amanota atatu gusa, kandi bikaba bigaragara ko yose afite inyota yo gutwara igikombe cya shampiyona.

Mu cyumweru turangije Rayon Sports yashimangiye umwanya wa mbere n’amanota 40 nyuma yo gutsinda Kiyovu Sports ibitego 2-1, ikipe ya APR FC nayo ishimangira umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda AS Kigali ibitego 2-1.

Mu Kiganiro Game Changers twagarutse ku ikipe ya Manchester United yatsinzwe na Tottenham Hotspurs muri shampiyona y’u Bwongereza, bikaba bikomeje kuyijyana ahabi. Kuva iyi kipe yo mu karere ka Manchester yatandukanana Sir Alex Ferguson imaze gutozwa n’abatoza barindwi ariko iraca amarenga yo kurindimuka.

Twagarutse kuri Kylian Mbappe ukinira Real Madrid wagize intangiriro mbi muri iyi kipe ariko uko iminsi yicuma akaba akomeje kuba umukinnyi mwiza cyane. Mu mikino 34 uyu mukinnyi amaze gukinira Real Madrid.

Iki kiganiro cyayobowe na Ishimwe Walter, Ndayishimiye 'Fabros' na Niyigena Geovanie.

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND