RURA
Kigali

Uyu munsi mu mateka: Perezida Léon M’ba wa Gabon yahiritswe ku butegetsi

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:17/02/2025 8:23
0


Tariki ya 17 Gashyantare ni umunsi wa 48 mu mwaka usigaje iminsi 317 ngo urangire.



Ibintu biba byarabaye kuri iyi tariki mu myaka yashize ni byinshi cyane ariko uyu munsi, InyaRwanda yaguhitiyemo bimwe mu by’ingenzi bidateze kwibagirana mu mateka y’isi.

Bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka:

1838: Abazulu biciye ku Mugezi wa Blaukraans abazungu bo mu bwoko bw’Aba-Voortrekkers bagera mu majana.

1933: Ikinyamakuru Newsweek cyashyize nimero yacyo ya mbere hanze.

1964: Perezida wa Gabon, Léon M’ba yahiritswe ku butegetsi na Jean-Hilaire Aubame.

1972: Imodoka zo mu bwoko bwa Volkswagen Beetle zacurujwe cyane kurusha izo mu bwoko bwa Ford Model-T.

1979: Intambara y’u Bushinwa na Vietnam yaratangiye.

2006: Inkangu ikomeye yishe abantu 1126 muri Philippines.

2008: Kosovo yatangaje Ubwigenge bwayo.

2011: Imyivumbagatanyo yo muri Libya yaratangiye ndetse no muri Bahrain ubwo abashinzwe umutekano bicaga abantu benshi ku rubuga rwa Pearl mu Mujyi wa Manama.

Bamwe mu bavutse kuri iyi tariki:

1963: Michael Jordan, Umukinnyi wa Basketball w’Umunyamerika.

1963: Rene Syler, Umunyamakuru w’Umunyamerika.

1965: Michael Bay, Umuyobozi wa Sinema w’Umunyamerika.

1972: Taylor Hawkins, umunyamuziki wo mu itsinda rya Rock ryitwa 'Foo Fighters'.

1981: Paris Hilton, umukinnyi wa filime, umuririmbyi akaba n’umunyamideli w’Umunyamerika.

1982: Adriano, umukinnyi wa ruhago wo muri Bresil.

1983: Gérald Cid, umukinnyi wa ruhago wo mu Bufaransa.

1983: Kevin Rudolf, umunyamuziki n’umwanditsi.

1996: Sasha Pieterse, umukinnyi wa Sinema w’umunyamerika ufite inkomoko muri Afurika y’Epfo.

Bamwe mu bitabye Imana kuri iyi tariki

1673: Molière, umwanditsi w’ikinamico w’Umufaransa ufatwa nka nyina w’Igifaransa.

1934: Umwami Albert I w’u Bubiligi.

2004: José López Portillo, Perezida wa Mexique.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND