RURA
Kigali

Umutoza wa Liverpool Arne Slot ashobora guhanwa bikomeye

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:15/02/2025 11:06
0


Akaduruvayo kabereye kuri stade ya Goodison Park mu mukino wari witezwe na benshi wa Merseyside derby, kahaye isura nshya umubano w’amakipe abiri ahanganye cyane mu Bwongereza, Everton na Liverpool.



Nyuma yo gusoza umukino banganyije 2-2 mu buryo budasanzwe, aya makipe yombi ndetse n'umutoza wa Liverpool, Arne Slot, bashinjwe imyitwarire mibi n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bwongereza (FA).

Akaga kose katangiye ku munota wa 98 ubwo James Tarkowski yatsindiraga Everton igitego cyo kunganya cyateje impaka ndende. 

Iki gitego cyemejwe nyuma yo gusuzumwa na VAR, ariko abakinnyi ba Liverpool n’abatoza babo ntibanyuzwe n’uko Beto wa Everton yasunitse myugariro Ibrahima Konate mbere y’uko igitego kiboneka.

Nyuma y’umukino, Abdoulaye Doucoure wa Everton yishimiye igitego imbere y’abafana ba Liverpool, ibintu byababaje Curtis Jones wa Liverpool maze ahita amusanga. Bombi bahise bahabwa amakarita ya kabiri y’umuhondo, ahinduka atukura bahita birukanwa mu kibuga.

Umutoza wa Liverpool, Arne Slot, hamwe n’umwungiriza we Sipke Hulshoff, bagaragaje kutishimira ibyemezo byafashwe n’umusifuzi Michael Oliver ndetse bamutuka mu buryo budasanzwe. Ibi byatumye bombi bahabwa amakarita atukura.

FA yashinje Slot ko yakoze ibikorwa bidakwiye ndetse akavuga amagambo ateye isoni n’ubushotoranyi ku musifuzi no ku mwungiriza we. Hulshoff nawe yashinjwe imyitwarire mibi mbere na nyuma yo guhabwa amakarita.

Amakipe yombi n’abashinjwa bose bahawe kugeza ku itariki ya 19 Gashyantare kugira ngo higwe kuri ibi byaha. Nibaramuka bahamwe n’ibyaha, bashobora guhanishwa ibihano birimo guhagarikwa imikino cyangwa gutanga amande y’amafaranga.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu, Arne Slot yemeye ko amarangamutima yamurenze ndetse yongeraho ko yari akwiye kwitwara ukundi. 

N’ubwo ibi byabaye, biravugwa ko azaba ari ku murongo w’abatoza ubwo Liverpool izaba ikina na Wolves kuri iki Cyumweru.

N’ubwo byarangiye banganyije, igitego cya Tarkowski cyafashije Everton kuzamuka ku mwanya wa 15 n’amanota 10 irusha amakipe ari mu murongo w’amakipe ashobora kumanuka.

Ku rundi ruhande, Liverpool yakomeje kuyobora urutonde rwa Premier League n’amanota 7 irusha amakipe ayikurikiye, ikaba yifuza kuguma ku mwanya wa mbere kugeza ku musozo w’iyi shampiyona.

Imvururu zaranze umukino wa Liverpool na Everton zishobora kuviramo umutoza wa Liverpool guhanwa bikomeye cyane

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND