Mu gihe habura amasaha make ngo hirya no hino ku isi bizihize umunsi w’abakundana uzwi nka St Valentin, igihangayikishije benshi ni kuzafata neza abakunzi babo ariko bakagorwa nuko ari ibintu bihenze.
Tariki ya 14
Gashyantare buri mwaka, ni umunsi hirya no hino ku isi abantu batandukanye baba
bashyize ibitekerezo ku bakunzi babo kurusha indi minsi yose. Aha usanga buri
umwe agerageza gukora ibishoboka byose ngo ashimishe uwo bakundana, rimwe na
rimwe ugasanga binagusize mu bucyene.
Gusa burya si ngombwa ngo ukoreshe amafaranga menshi kugira ngo wereke umukunzi wawe ko umukunda koko, kuko ushobora no kugaragaza urukundo rwawe bidasabye ibya mirenge. Aha tugiye kureba ibintu wakorera umukunzi wawe ku munsi w’abakundana, kandi bidasabye amafaranga menshi.
1.
Gutekera
umukunzi wawe
Ushobora
kuba umaranye igihe kitari gito n’umukunzi wawe ariko atararya ku biryo watetse,
by’umwihariko ku bahungu. Kurya ibiryo byatetswe n’umukunzi wawe ni kimwe mu
bintu bishimisha abakobwa cyane, gusa ikibazo kibaho nuko abahungu bakunze kuba
batazi guteka.
Gusa no ku
ruhande rw’abahungu, nabo kurya ibiryo byatetswe n’umukunzi we ni ibintu
bimushimisha, hamwe ufite n’umukozi wamuha akaruhuko uwo munsi akaba ari wowe
uteka.
2.
Niba
ari umugore wawe cyangwa umugabo wawe, reba ka kantu mu rugo ahora agusaba
gukora ugakore.
Hari nk’igihe
hari nk’ahantu umukunzi wawe aba amaze iminsi akubwira gukora isuku nk koza
amadirishya cyangwa ibindi, uwo munsi ubikoze ni ibintu byamushimisha cyane.
Aha kandi aramutse hari nk’akantu akunda kugusaba kumugurira ukabisuzugura atari
nuko bihenze, kuri uyu munsi wakamugurira.
3.
Kumwandikira
indirimbo cyangwa umuvugo.
Indirimbo
cyangwa umuvugo ni ikintu ushobora guhmbira uwawe, ugashyiramo inkuru y’urukundo
rwanyu, ibyo mwanyuzemo n’amarangamutina yawe umwibutsa ko umukunda,
bikamushimisha cyane.
Aha ntabwo
bisaba kuba uri umuhanga cyane mu kuririmba cyangwa mu kwandika imivugo, ahubwo
icyo uba ugomba kwibandaho nuko umukunda, aho birangira ari n’ibintu bimusekeje
cyane bitewe n’uburyo uba ubikozemo.
4.
Kwifashisha
inshuti zawe n’umuryango.
Aha si
kubifashisha mu buryo bw’amafaranga, ahubwo ushobora kubwira inshuti zawe n’abagize
umuryango bakagenda bandika ubutumwa bugaruka ku bintu bakunda ku Rukundo rwanyu,
ndetse by’umwihariko ku mukunzi wawe.
Kuba
inshuti n’umuryango w’umuntu mukundana bashyigikiye urukundo rwanyu, ni ibintu
bishimisha buri umwe.
5.
Kwikorera
Valentine card.
Kimwe mu
bintu bigurwa cyane ku munsi w’abakundana harimo n’aya makarita afasha abantu
kugenera abakunzi babo ubutumwa bwuje amagambo aryoshye, bifuza kubabwira kuri
uyu munsi.
Gusa wifashishije
urupapuro, ikaramu y’igiti ndetse n’ikaramu isanzwe, ushobora kwikorera ikarita
nk’iyi. Aha wakwibanda ku bihe byiza mwagiranye ndetse n’amagambo meza wifuza
kumubwira.
Ibi byakunda
neza mu gihe uri umuntu usanzwe azi gushushanya ndetse unafite umukono mwiza,
gusa utanabishoboye wakwegera undi muntu akagufasha.
Mu byo
wakorera umukunzi wawe ku munsi w’abakundana ntabwo wakwibagirwa kumuha indabyo,
gusa nazo si ngombwa ko uzigura nk’uko benshi bakunze kubikora.
Uramutse
utuye ahantu wabasha kubona ubusitani ukuramo indabyo birashoboka ko ushobora
kuzitunganyiriza, cyangwa waba utarabona nyinshi ukareba akarabyo uza kumuha mu
buryo buraza no kumusetsa.
TANGA IGITECYEREZO