Kigali

Kuki Rayon Sports iri kwamburirwa mu minota y’inyongera aho kuba i Mbarara?

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:12/02/2025 10:44
0


Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kugorwa cyane n’iminota isoza umukino yaba mu gice cya mbere bajya mu karuhuko cyangwa se umukino ugana ku musozo, ikaba indwara yatangiranye na 2025.



Bisa nk’agahu gatambuka mu maso y’abakinnyi ba Rayon Sports kuko akenshi usanga baba umukino bawufite ariko kurya inka n’umurizo bikanga, ikisanga itsinzwe igitego nta muntu n’umwe wabikekaga.

Reka dufate umwaka wa 2025

Kuva umwaka wa 2025 watangira, ikipe ya Rayon Sports imaze gukina imikino 4, harimo uwa shampiyona yatsinzemo Police FC ibitego 2-0, uwo batsinzwemo na Mukura ibitego 2-1, nyuma mu mikino y’igikombe cy’Amahoro banganya na Police FC igitego kimwe kuri kimwe ariko basezererwa kuri penaliti, ndetse mu mukino wa mbere wo kwishyura wa shampiyona wabaye mu cyumweru gishize banganya na Musanze FC ibitego 2-2. 

Rayon Sports mu 2025 mu mikino ine imaze gukina, ifite amanota 4 kuri 12, ikaba imaze gutakaza amanota 8.

Rayon ifite impera z’umukino ziteye impungenge

Ikipe ya Rayon Sports imaze gutsindwa ibitego 5 mu mikino 4 imaze gukina mu 2025. Ibi bitego 5, bine muri byo Rayon Sports yabitsinzwe mu mpera z’umukino haba mu gice cya mbere cyangwa umukino ugana ku musozo mbese bongeyeho iminota y’inyongera.

Rayon Sports imaze imikino 3 idatsinda 

Ubwo ikipe ya Rayon Sports yatsindwaga na Mukura ibitego 2-1 ibitego 2, byose byagiyemo mu minota y’inyongera y’igice cya mbere harimo igitego cya Jordan Nzau Dimbumba yatsinze ku munota wa 45+2 ndetse na Niyonizeye Fred watsinze ku munota wa 45+5.

Ntabwo byatinze ku mukino wakurikuyeho, Rayon Sports yahuye na Police FC mu mikino y’igikombe cy’Ubutwari,iyobora uyu mukino ndetse ibona igitego mu gice cya kabiri hakiri kare. Umusifuzi w’umukino yongeyeho iminota 5 ikipe ya Police FC ibona igitego cyo kunganya ku munota wa 90+2, isezererwa kuri penaliti.

Nkaho ibyo bidahagije, mu mpera z’icyumweru gishize, Rayon Sports yahise yakira Musanze FC mu mukino ufungura imikino yo kwishyura. Uyu mukino warangiye ari ibitego 2-2.

Uyu mukino Rayon Sports yabanje igitego mu mpera z’igice cya mbere, gusa nayo yaje gutsindwa igitego cya mbere mu minota y’inyongera y’igice cya mbere cyatsinzwe na Sunday Inemest ku munota wa 45+7. Rayon Sports yake kubona igitego cya kabiri gusa ku munota 89 umukino urimo guhumuza, Rayon Sports yaje gutsindwa igitego cyo kunganya cyatsinzwe na Adeaga Adeshola.

Ni iki kiri gutuma Rayon Sports yamburirwa mu minota y’inyongera?

Iyo usesenguye neza uburyo Rayon Sports yagiye itsindwamo ibitego 4 muri 5 imanaze gutsindwa muri uyu mwaka, usanga imwe mu mpamvu nyamukuru ari ukuva mu mukino bya hato na hato.

Urebye nk’umukino wabereye i Huye, bamwe mu bakinnyi ba Rayon Sport mu mitwe yabo bumvaga ko bagiye kujya mu karuhuko ndetse bakaza bakina neza igice cya kabiri, ndetse bigendanye n’uko bari bamaze iminsi bitwara bumvaga nta kipe yapfa kubatsinda ndetseko ko ibyananiye andi makipe Mukura atariyo yabikora mu minota yari yongeweho.

Musanze FC yabarishije nabi ikipe ya Rayon Sports mu mpera z'icyumweru gishize 

Ikindi umuntu yavuga kandi, ni uko Rayon Sports kuva yatandukana na Eyabongs wayongereraga imbaraga, kuri ubu umukino ujya kurangira nta nkuru abakinnyi hafi ya bose ubona barushye ndetse bavuye mu kibuga

Izamu Rayon Sports rifite icyuho

Kuri ubu, uburambe ndetse n’ubushobozi buke bw’imitoreza ya Mazimpaka Andre nabyo byatangiye gutanga ibimenyetso kuko urebye mu izamu rya Rayon Sports urasanga umuzamu Khadime Ndiyaye ibigize umunyezamu byose yarabitakaje haba ikinyabupfura ndetse n’umusaruro w’ikibuga usanzwe.

Mu mikino 13 ya shampiyona ya 2024/25 Rayon Sports yakinnye muri 2024 yatsinzwemo ibitego 4, naho imikino 3 ya shampiyona imaze gukina muri 2025 imaze gutsindwamo ibitego 4






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND