Kigali

Imvange mu gutandukana kwa Gitego Arthur n’ikipe ya AFC Leopards

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:11/02/2025 9:13
0


Rutahizamu w’umunyarwanda, Gitego Arthur yaraye atandukanye n’ikipe ya AFC Leopards nyuma yo kunanirwa kumvikana ku bikubiye mu masezerano bari bafitanye nk’uko abari hafi y’uyu mukinnyi babitangaza.



Tariki 2 Gashyantare 20204, nibwo Gitego Arthur yerekeje mu ikipe ya AFC Leopards yo muri Kenya ku masezerano y’imyaka ibiri. Uyu musore w’imyaka 23 akigera muri iki gihugu, yatangiye yitwara neza ndetse atangira kugereranywa na Kagere Meddie wigeze kuhanyura. Gusa mu gihe umwaka we wa mbere warimo ugana mu mahina,ntabwo yahiriwe ndetse hatangiye kubaho gushwana n’ikipe.

Zimwe mu mpamvu zatumye Gitego Arthur atandukana n’ikipe ye

Tuganira n’umwe mu bakinnyi bakinanaga n’uyu musore muri Kenya, yadutangarije ko Gitego Arthur kugira ngo atandukane na AFC Leopards harimo ikibazo cy’ubwana.

Uyu mukinnyi aganira na InyaRwanda yatangiye agira Ati” Gitego yaje ari umukinnyi mwiza kandi utanga icyizere. Gusa nyuma yaje kubona amakipe agara kuri 2 harimo ikipe yo muri Romania ndetse no muri Israel. Nk’uko amasezerano ye yabivugaga Gitego mu gihe yari kuzabina ikipe imushaka bagombaga kugabana 50 kuri 50. Icyo gihe Gitego yashakaga kujya muri Romania mu gihe ikipe yo yashakaga ko ajya muri Israel, byose birangira byanze.

Uyu mukinnyi avugako kandi Gitego hari amafaranga atahawe kandi yari akubiye mu masezerano. Yagize Ati” indi intandaro ya byose. Mu masezerano ya Arthur harimo y'uko buri Gitego atsinze azajya yishyurwa 100$ naho umupira uvamo igitego agahabwa 50$, gusa ngo ntayo yari agihabwa ndetse byageze aho ikipe ireka ku muhemba ndetse n’amafaranga bamwishyuriraga inzu barayahagarika.

Gitego yaraye ahawe urupapuro rumwemerera gutandukana n'ikipe yakiniraga ya AFC Leopards 

Ubwo Gitego yangaga kujya muri Israel, ikipe yamubwiye ko hari ibyo ikipe yamutanzeho kugira ngo bamushakire ibyangombwa by'inzira bityo ko bazabikura ku yo bari kuzamuha ku bitego yatsinze.

Uyu mukinnyi yakomeje agira ati “Ibi ntabwo Gitego Ntabwo gitego yabyishimiye ndetse ubwumvikane buke buba buratangiye hagati y’ikipe yacu n’umutoza kuko yashakaga Gitego, ariko bikaba bibi kurushaho kuko Gutego yari afite umusaruro mubi utamurengera.”

Andi makuru ava muri Kenya avuga ko uyu musore wahoze akinira ikipe ya Marine FC yaba yaritwaye nabi hanze y’ikibuga ndetse rimwe na rimwe agasiba imyitozo, byatumye iyi kipe ihitamo gutandukana nawe yari agifite amasezerano. 


Urwandiko rw'ikipe ya Hapoel Nof Hagalil yatumiraga Gitego mu igeragezwa ariko bikarangira atagiyeyo





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND