Kigali

CR7 yarijije abakunzi ba Real Madrid mu butumwa yageneye Marcelo wamanitse inkweto

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:7/02/2025 10:15
0


Cristiano Ronaldo yongeye gukora ku marangamutima y’abakunzi ba Real Madrid ubwo yasezeraga mugenzi we Marcelo Vieira, wari inshuti ye magara ndetse n’umufatanyabikorwa ukomeye mu bihe by’amateka bagiriye muri Real Madrid.



Marcelo yasezeye ku mupira w’amaguru afite imyaka 36, nyuma yo gutwara ibikombe 25, birimo bitanu bya UEFA Champions League, agasiga izina rye mu mateka y’iyi kipe y’igihangange.

Ku itariki ya 6 Gashyantare 2025, Marcelo yatangaje ko asezeye burundu ruhago, nyuma yo gutandukana na Fluminense, ikipe ye ya nyuma yakiniye muri Brazil.

Iki cyemezo cyazamuye amarangamutima ya benshi, ariko ntawakigereranya n’ukuntu cyagize ingaruka kuri Cristiano Ronaldo, wamaze imyaka cyenda akinana na Marcelo muri Real Madrid.

Mu butumwa bwe bwuje urukundo, Ronaldo yavuze amagambo yo kwibuka ibihe byabo byiza, aho bagize ubufatanye bwihariye ku kibuga.Ati  "Ntabwo byoroshye kubona amagambo yo kuvuga kuri Marcelo. Twanyuze mu bintu byinshi, twagize intsinzi nyinshi, twakiniye ikipe itazibagirana, kandi twagize ubucuti budasanzwe. Ndagushimira kuri byose, bro!"

Ubu butumwa bwakoze ku mitima y’abafana benshi, by’umwihariko abakunzi ba Real Madrid, bacyibuka ukuntu Marcelo na Ronaldo bakoze ibikomeye ku kibuga cya Santiago Bernabéu.

Marcelo yinjiye muri Real Madrid mu mwaka wa 2007, ahamara imyaka 16, aba umwe mu bakinnyi b’inyuma babayeho neza mu mateka y’iyi kipe.

Yari umukinnyi w’ingenzi mu ikipe yatwaye ibikombe bitanu bya Champions League, harimo bitatu byikurikiranya (2016, 2017, 2018), ibintu bigoranye kugeraho mu mateka ya ruhago.

Ubuhanga bwe mu gusatira no gufasha ba rutahizamu byatumye Real Madrid iba ikipe itinyitse, cyane cyane ku ruhande rw’ibumoso aho yafatanyaga na Ronaldo mu buryo bwari bugoye guhagarika.

Nyuma yo kuva muri Real Madrid, Marcelo yerekeje muri Olympiakos, ariko ntiyahatinze, agaruka muri Fluminense, ikipe y’iwabo muri Brazil. Nubwo yari yagarutse aho yatangiriye umupira, yafashe icyemezo cyo gusezera ku mukino wakomeje kumugira icyamamare.

Ku kibuga no hanze yacyo, Marcelo na Ronaldo bari inshuti magara. Bafatanyije gutsinda ibitego byinshi, kwishimira intsinzi zidasanzwe, ndetse n’ibihe by’amateka muri ruhago. Mu myitozo, mu mikino, no hanze yayo, ubucuti bwabo bwari ndakuka.

Nubwo ubu batakiri mu ikipe imwe, abafana ntibahwema kwifuza kuzongera kubabona bahurira ku mushinga runaka. Hari amahirwe ko bashobora gukorana mu buryo bushya, cyane ko Ronaldo ari kwagura ibikorwa bye bya YouTube, aho Marcelo ashobora kuzagaragaramo.

Niba hari ikintu kitazibagirana mu mateka ya Real Madrid, ni uko Cristiano Ronaldo na Marcelo bari abakinnyi badasanzwe, bashyize hamwe ubushobozi bwabo, bagahesha iyi kipe amateka adasanzwe.

Cristiano Ronaldo yakoze ku mitima y'abakunzi ba Real Madrid ubwo yabibutsaga ibihe byiza yagiranye Marcelo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND