Kigali

Tems "wasuzuguye Abanyarwanda" yegukanye Grammy abahanzi b’abagabo muri Afurika bahabwa icyigwa

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:3/02/2025 8:42
0


Nyuma yo gushyiraho icyiciro cy’umuhanzi mwiza ukomoka muri Africa, gikomeje guhira abagore dore ko Tems wanze kuza gutaramira mu Rwanda yegukanye iki gihembo muri Grammy Awards.



Mu ijoro ryakeye, umuhanzikazi  Temilade Openiyi wamamaye ku mazina ya Tems yegukanye Grammy Award mu cyiciro cya Best African Music Performance abicyesha indirimbo ye “Love Me Jeje”.

Ni icyiciro yahigitsemo abahanzi nka Burna Boy, Davido, Lojay, Asake, Wizkid na Yemi Alade.

Akimara guhabwa iki gihembo, Tems yashimiye Imana ndetse n’umuryango we by'umwihariko Mama we wari ufite isabukuru ku munsi ukurikiye uwo Tems yatsindiyeho Grammy ye ya kabiri.

Tems yegukanye iki gihembo akuriye mu ngata Tyla ukomoka muri Afurika y’Epfo akaba ari bo bahanzi bafite iki gihembo kuva icyiciro cya Best African Music Performance cyakongerwa mu bitangwa.

Kuva iki cyiciro cyajyaho cy’umuhanzi mwiza muri Afurika, ntabwo kiratsindirwa n’umugabo dore ko izo nshuro zombi cyatwawe n'abakobwa gusa (Tyla na tems) ariko abantu benshi bemeza ko Davido akorwa mu mufuka.

Nyamara n'ubwo abafana be bavuga ko akunze gukorwa mu mufuka, Davido yaje mu ba mbere bahise bashimira Tems ku bwo gutsindira iki gihembo nk'uko bikubiye mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X.


Tems yashimiye Imana, Inshuti ze, Umuryango we nyuma yo kwegukana Grammy Award


Tems yegukanye igihembo cya Grammy ku nshuro ya kabiri


Iki gihembo Tems yegukanye cyaherukaga gutsindirwa na Tyla ukomoka muri Afurika y'Epfo

Dore Ibyishimo bya Tems nyuma yo kwegukana Grammy Award

">







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND