Batunzwe n’inzoga! Nzovu na Yaka baba ari ya mihini ivunikira imyuko?

Imyidagaduro - 25/01/2025 9:09 PM
Share:

Umwanditsi:

Batunzwe n’inzoga! Nzovu na Yaka baba ari ya mihini ivunikira imyuko?

Umwaka ushize ndetse n’uyu mwaka wa 2025, nta washidikanya ko abanyarwenya bakaba n’abakinnyi ba Filime, Yaka Muana na Nzovu ari bo ba mbere batanze ibyishimo ku banyarwanda n’ubwo babayeho ubuzima budahwanye n’ibyishimo batanga.

Kenshi abantu bakunze guca umugani ngo “Umuhini uvunikira umwuko " iyo bashaka kugaragaza ko hari umuntu ukorera mu nyungu z’undi we ntacyo akura mu mvune z’ibyo akora.

Ibi bihura neza neza n’ubuzima Nzovu na Yaka babayeho nyamara umunsi ku wundi bakora ibiganiro bitunze benshi ndetse bishyira agatwenge ku maso ya benshi kabone n’ubwo baba bafite ibibazo bibakomereye.

Aba bagabo bafite ubushobozi bwo gukora ibiganiro birenga 10 mu cyumweru kimwe gusa, kandi buri kiganiro bakozeho kikarebwa n’umubare w’abantu benshi cyane dore ko bamaze kwigarurira imitima ya benshi.

Yaka yahoze akina filime akaba yaramenyekanye cyane ubwo yakinanaga na Assia banabanaga mu gihe Nzovu we ari umwe mu barambye mu mwuga wo gukina filime nyarwanda.

Mu gihe Yaka yakinanaga na Assia, yitaweho mu buryo bushoboka bwose ndetse mu biganiro byinshi akunze gukora, yemeza ko ari bwo aheruka kubaho ubuzima bwiza kandi n’abamubona mu buzima bwa buri munsi bemeza ko ari cyo gihe yari abayeho neza.

Ku rundi ruhande, Nzovu yatangiye gukina filime itari yatangira kugabura cyane nk’uko ubu bimeze ndetse n’iyo aherukamo ya ‘Maitre Nzovu’ ikaba itarakomeje. Ibi byatumye amikoro akomeza kuba intica n’ikize.

Kugeza aka kanya, Nzovu na Yaka Mwana ni ibyamamare mu Rwanda bidafite aho gutura ahubwo aho basomye icupa niho basinzirira cyangwa se bakarara mu ndaya (Indangamirwa) dore ko bakora ariko inyishyu ikaba icupa cyangwa se ibiryo.

Nzovu ufite umugore n’abana batari munsi ya bane, ntabwo agishobora kubitaho n’ubwo abana aho bari babwirwa ko Papa wabo ari umwe mu bakunzwe aha mu Rwanda kandi bamwe muri bo bakuze bakaba babyibonera.

Nzovu aherutse gusura umuryango we yataye mu myaka itambutse aho avuga ko byatewe n’imico mibi yaje yiyongera ku bukene hanyuma bihumira ku mirari. Aha mu byo baganiriye harimo impamvu yataye umuryango n’impamvu adafasha uwo muryango.

Nzovu na Yaka bavunika mu nyungu z’abandi?

Urubuga rwa YouTube aba bagabo bakoreraho ibiganiro byabo, byinjiriza ba nyiri konti za YouTube kabone n’ubwo Nzovu cyangwa Yaka baba bishyuwe icyo bapfa ni uko ikiganiro kigera ku muyoboro wa YouTube bagacuruzwa.

Urubuga rwa YouTube rufite uburyo butatu binjirizamo amafranga ahanini bivuye ku biganiro byakoreweho. Ubwo buryo ni CPM (cost per mille), CPC (cost per click) n’uburyo bwa CPV (cost per view). 

Ibyoroshye wahita wumva, ni uko iyo igihangano/video kuri YouTube cyarebwe n’abantu 1,000 bo mu bihugu YouTube ikoreramo byibuze nyiri igihangano yinjiza agera kuri $18 ubwo ni arenga 24,000Rwf.

Byibuze mu biganiro 10 Yaka na Nzovu bakora mu cyumweru, birebwa n’abantu batari munsi ya 500,000 kuzamura. Ubwo muri ibi biganiro byose birebwe n’abantu 100,000 bari mu bihugu bikorana na YouTube, bakwinjiza $1,800 ahwanye na 2,495,4678.

Nyuma yo gukora akazi gashobora kwinjiza Miliyoni 2 mu cyumweru kimwe, Yaka na Nzovu barongera bagasubira mu buzima bwo kuba mu tubari no gutaha mu ngo z’Indaya dore ko magingo aya Yaka nta hantu ho guhengeka umusaya afite ndetse na Nzovu bahorana akaba atazi iyo aba ahubwo iyo umubajije avuga ngo “Iyo ushaka Yaka umuhamagara ku kabari yaraye asindiyemo ".

Abakoresha Yaka na Nzovu babanyunyuza nta mpuhwe?

Uretse kuba badahabwa ku byo binjije mu buryo bukwiye, Nzovu na Yaka bakunze kubanza gusindishwa mbere y’uko bakora ikiganiro kugira ngo kize kuba gisekeje kandi gikurura abantu. Kuri iyi ngingo hari n’ubwo babahera izo nzoga mu kiganiro mu rwego rwo kubakuramo no kuryoshya ikiganiro.

Ubwo Gasore Pacifique uzwi nka Yaka Mwana yajyaga kumva urubanza rwa Miss Muheto Divine agahita anatabwa muri yombi, byatewe n’imvururu yateje ku rukiko nyuma yo gusoma inzoga imwe gusa ya ‘Petit Mutzing’ yahise ituma atangira kuyagara.

Ibyo byose byumvikanishe ko n’ubwo bahabwa inzoga ngo bakore ibiganiro, ntabwo baba banyoye nyinshi ahubwo na kamwe karahagije kugira ngo babakuremo amafaranga bifuza.

Si ibyo gusa ahubwo hari n’igihe benshi bagaragaza amashusho ko babafashije cyangwa se babagaburiye nyamara ntibanabihabwe ahubwo bakabikoresha mu buryo bwo gukurura amarangamutima y’abantu babareba gusa. 

Urugero ni urwo Yaka yavuze ko yagiye gukorera ikiganiro kwa Kasuku hanyuma bakamufotorera ku ihene bavugaga ko bagiye kurya nyamara bagahita bayibika.

Yaka na Nzovu nabo ubwabo ntibashobotse!

Kubera ubusinzi n’indi mico itari myiza, byabujije Yaka amahirwe yo kujya gutura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho byatumye uwamurebereraga, Assia amusiga mu Rwanda hanyuma ntiyongera gushobora kwiyitaho no gufata umwanzuro ukwiye.

Nzovu nawe ni umugabo w’umugore n’abana ariko akaba yarabataye aho avuga ko mbere byari ubushobozi ndetse no gusinda ariko nyuma yaje gufata inzira yo kugana indangamirwa kuruta gufatanya n’umugore we kurera abana nk’uko bahora babimushinja.

Ibi byose bigaruka ku kintu cyo gutungwa n’inzoga gusa aho benshi bamaze kubona ko ari zo ntege nke zabo bityo bakaba bazibashukisha kugira ngo babakoreshe icyo bo bifuza.

Nzovu ufite urugo n'abana ntacyo afashwa cyangwa ngo agirwemo inama y'uburyo bwo gufasha umuryango we ndetse yewe na Yaka Mwana ufite uburwayi bw'akaguru ntacyo afashwa mu buryo bwo kuba yabona ubuvuzi cyangwa se aho kuba n'ikimutunga.

 Amaherezo ya Nzovu na Yaka ni ayahe?

Haciyeho igihe gito ku rubuga rwa X hakusanyirijwe amafaranga yo gufasha Yaka kujya kureba muganga wo mu mutwe no gushaka uko abaho nyamara nyuma yo gukusanywa, ubuzima ni bwa bundi.

Mu gihe Yaka na Nzovu batari babona umujyanama wo kubahwitura no kumenya uko yabigira umushinga wo kubyaza aya mahirwe bafite, nta kabuza Yaka Mwana na Nzovu bazakomeza kuvunikira abandi kandi babayeho ubuzima butari bwiza.

Nzovu na Yaka babayeho ubuzima bwo gukoreshwa ibiganiro kandi bikarebwa cyane kuri za shene zitandukanye za Youtube, ntabwo twazirondora kuko  bamwe murazizi, n'utazizi gushakisha kuri Youtube aho bakunze gutanga ibiganiro ntabwo byagorana. 

Gukora ibiganiro si bibi, gusa ikibazo ni uko ibiganiro bakora byinjiriza agatubutse ba nyiri za shene za Youtube, ariko bo bagakomeza kubaho nabi cyane, na ducye babonye bakatumarira mu nzoga. Ababasaruramo akayabo bakwiye kubagira n'inama yabahindurira ubuzima aho guhora babanyunyuza gusa.

Ntaho kuba, ntaho kuryama, ntacyo kurya, ushaka Yaka wamubariza ku kabari yasindiyeho mu ijoro ryabanjirije umunsi uri kumushakiraho

Icupa rimwe riba rihagije kuri Yaka ngo atangire gukora ibidakorwa


Imico idahwitse n'ubukene byatumye Nzovu atandukana n'umugore we umufitiye abana


Ubuzima bwa Nzovu ni icupa ndetse n'indaya (Indangamirwa)


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...