Kigali

Harimo DRC: Ibihugu 10 birangwamo umutekano muke muri Afurika mu ntangiriro za 2025

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:22/01/2025 15:57
0


Kugeza ubu hari ibihugu byo muri Afurika bikomeje kurangwamo umutekano mucye, ku buryo iki kibazo kiri mu biri gukoma mu nkokora urwego rw’ubukerarugendo kuri uyu mugabane ukungahaye ku byiza nyaburanga.



Imitwe y’iterabwoba n'ibikorwa by'intagondwa bikomeje kubuza ba mukerarugendo gusura ibihugu byibasiwe n'ibi bibazo, ari na ko bitsikamira iterambere rya Afurika nk’Umugabane.

Ibi byatumye imiryango mpuzamahanga na za guverinoma bitanga umuburo ku bakora ingendo, batanga inama yo kwirinda gusura ibihugu bitandukanye bivugwamo umutekano muke muri Afurika.

Guhera mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2025, Guverinoma y’Amerika yasabye abaturage bayo kwirinda kugenda mu bihugu birindwi bya Afurika, byerekana cyane icyizere gicye amahanga afitiye Afurika.

Ubushakashatsi buherutse gukorwa n’Umuyobozi Mukuru w'ikinyamakuru World Magazine bwerekanye ibihugu birimo akaga mu kibitembereramo mu 2025. Ibihugu byinshi biri kuri uru rutonde ni ibyo muri Afurika.

Iyi raporo, yakozwe mu rwego rwo gufasha abantu kumenya urwego rw’ingaruka z’ingendo bakora mu bihugu runaka. Mu bibazo birangwa mu bihugu bimwe na bimwe bya Afurika harimo intambara, iterabwoba, ibyaha byateguwe, imitwe yitwaje intwaro n’ibindi.

Ku rutonde, mu bihugu bitanu biri kurangwamo umwuka mubi, harimo Somalia, Sudani y’Epfo, Sudani, Ethiopia na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR-Congo).

Ni mu gihe umwaka ushize, u Rwanda rwashyizwe ku rutonde ruyoboye ibihugu bya mbere byo ku mugabane wa Afurika, bifite igipimo cyizewe cy’umutekano kurusha ibindi, ndetse umutekano wabyo ukaba unizewe n’abatuye mu bice bitandukanye by’Isi.

Ni ibigaragazwa n’urutonde rwasohotse muri Business Insider Africa, tariki 2 Gashyantare 2024, rwerekana ko u Rwanda ruza ku mwanya wa mbere mu bihugu 10 byizewe umutekano wabyo muri Afurika.

Kuri urwo rutonde, u Rwanda ruza ku mwanya wa mbere rufite ibipimo by’umutekano bingana na 73.22, rugakurikirwa na Ghana ifite 56.1, ku mwanya wa gatatu hari Tunisia n’ibipimo ku mutekano bingana 55.6, hagakurikiraho Sudan ifite 54.6 nubwo ubu irimo intambara, Zambia igakurikira na 53.6, Igihugu cya Morocco nicyo gikurikira na 53.3, hagahita hajyaho Misiri ifite 52.7, igakurikirwa na Mauritius ifite 52.2, hakaza Ethiopia ifite 49.2 mu gihe Botswana ifite 47.8.

Ni mu cyegeranyo ku byaha gikorwa buri mwaka na Numbeo, aho kigaragaza ko imibare n’ubushakashatsi bwimbitse ku Isi, byerekana ko ibihugu nk’u Rwanda na Ghana biri mu bifite ibipimo by’ibyaha biri hasi cyane, ndetse n’umutekano wizewe ku Isi.

Dore bimwe mu bihugu ukwiye kwirinda gusura muri ibi bihe:

Rank

Country

Warning Level

1

Somalia

EXTREME

2

South Sudan

EXTREME

3

Sudan

EXTREME

4

Ethiopia

HIGH

5

Democratic Republic of the Congo [DR Congo]

HIGH

6

Central African Republic

HIGH

7

Burkina Faso

HIGH

8

Mali

HIGH

9

Nigeria

HIGH

10

Djibouti

MEDIUM

  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND