Umuhanzi Icyishaka Davis wamenye nka Davis D yatangaje ko atangira urugendo rw'umuziki umuryango we utahise ubyumva, ariko kandi ntibamurwanyije kuko bamusabaga kubanza gusoza amasomo mbere y'uko yiyegurira umuziki nk'akazi ke ka buri munsi.
Uyu muhanzi ubu arizihiza imyaka 10
ishize ari mu muziki. Ariko yabanjirijwe n'indirimbo zirenga esheshatu yashyize
hanze zitakunzwe ku kigero yashakaga, byatumye arushaho gushora imari ifatika mu
bikorwa bye.
Muri iki gihe ari kwitegura kwizihiza
imyaka 10 ishize ari mu muziki mu gitaramo azakora tariki 29 Ugushyingo 2024
muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.
Yabwiye InyaRwanda ko atangira umuziki
yabwiye Se aho ashaka kuganisha ubuzima bwe n'ibyo ashaka gukora, ariko
umubyeyi we amusaba kubanza gusoza amasomo ye.
Nubwo yamubwiraga ibi ariko, uyu
muhanzi yasabwaga kwiga byinshi bijyanye n'umuziki, birimo nko kumara igihe
kinini muri studio, kumenyerana n'abandi bahanzi ndetse na ba Producer byatumye
rimwe na rimwe Se atekereza ko 'umwana we azava mu ishuri'.
Ati "Rimwe na rimwe iyo muzehe
yamburaga yahitaga ahamagara Producer T-Brown wankoreraga, akamubwira ati Davis
ari gufata umwanya munini mu muziki kandi nshaka ko yiga. Kuko njyewe ntabwo
nanze kumushyigikira, kuko ibi ari gukora niyiga azabikora neza."
Uyu musore asobanura ko muri kiriya gihe, Se yashakaga ko yiga amasomo ya 'Biologie' mu mashuri yisumbuye ariko 'njye nashakaga kwiga ibijyanye n'ubwubatsi'.
Avuga ko yiyumvaga gushushanya no
guhanga ibintu bishya binyuze mu kubigaragaza ku rupapuro yifashishije akaboko.
Ikirenze kuri ibyo kandi yatekerezaga gutera ikirenge mu cya Se kuko nawe yakoze
imirimo nk'iyo.
Ati "Nabazaga Papa nti kuki
udashaka ko njya mu byo wakoze kandi narabonye byaratanze umusaruro."
Yavuze ko kiriya gihe Se yamusabaga
kwiga amasomo ajyanye n'ubuganga ahanini bitewe nuuko 'byari ibintu bigezweho
muri kiriya gihe'. Ati "Yagerageje kubinyumvisha biranga."
Davis D avuga ko muri kiriya
yemeranyije na Se kwiga ibijyanye n'ubwubatsi mu gihe cy'imyaka itatu. Ndetse
avuga ko muri biriya bihe byose yakurikiranaga amasomo ye ari nako akora
umuziki.
Yavuze ko atigeze acikiriza amasomo
ye, ariko kandi yagiye ahindura ibigo 'bitewe n'umuziki'. Avuga ko atigeze
akomeza kwiga Kaminuza 'kubera ko yaje isanga maze gukora ku mafaranga'. Ati
"Twiga kugira ngo dukore ku mafaranga."
Uyu muhanzi yasobanuye gukora umuziki
ari impano akura mu muryango we uhereye kuri Sekuru kugeza ku babyeyi be.
Asobanura ko umuziki kenshi ukunze kugendana n'itorero ababyeyi basengeramo, aho
usanga umwana akurira muri korali, rimwe na rimwe bikarangira akoze umuziki mu
buryo bw'umwuga.
Davis D yatangaje ko yahisemo kwiga
ibijyanye n’ubwubatsi kubera ko yashakaga gutera ikirenge mu cya Se
Davis D yavuze ko Se yashakaga ko
yiga ibijyanye na ‘Biologie’ ariwe akiyumvamo umuziki cyane
Davis D yavuze ko kwizihiza imyaka 10 ishize ari mu muziki ari kimwe mu byo yifuzaga mu rugendo rwe rw’umuziki
Davis D yahishuye ko yahisemo kwiga ubwubatsi atera ikirenge mu cya Se
Davis D aherutse gutangaza Nasty C wo muri Afurika y'Epfo nk'umuhanzi mukuru mu gitaramo cye
TANGA IGITECYEREZO