RFL
Kigali

Ibyaha ‘Fatakumavuta’ akurikiranyweho byatumye atabwa muri yombi

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:19/10/2024 17:47
0


Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’, aho akurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha imvugo zishyamiranya abantu mu myidagaduro, gutukana mu ruhame no kubuza amahwemo hifashishijwe imbuga nkoranyambaga.



Yafunzwe kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Ukwakira 2024. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yabwiye InyaRwanda, ko Fatakumavuta yafashwe “nyuma yo kwihanangirizwa inshuro yinshi ndetse agirwa inama ariko ahitamo kwinangira.”

Kugeza ubu, Fatakumavuta afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kacyiru. Atawe muri yombi nyuma y’iminsi yari ishize, bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bahererekanya amashusho ye ‘yibasira umuryango wa Meddy n’umugore we Mimi’, ndetse bamwe bagiye bagaragaza ko bitari bikwiye.

Murangira yavuze ko abakoresha imbuga nkoranyambaga bakwiye kubahiriza amategeko mu rwego rwo kuzibyaza umusaruro, aho kubiba urwango no kugumura abantu.

Ati “RIB irasaba abantu gukoresha imbuga nkoranyambaga bubahiriza amategeko, kuko kugira imbuga nkoranyambaga wigengaho ntabwo biguha ubudahangarwa bwo kuba utakurikiranwa mu gihe wishe amategeko.”

Arakomeza ati “Ntabwo imbuga nkoranyambaga zibereyeho ngo zikoreshwe ibyaha, ahubwo zigomba gukoreshwa zibyazwa umusaruro kuko amahirwe arimo ni menshi.”

Dr. Murangira yavuze ko “Uzazikoresha ibikorwa bigize ibyaha haba mu myidagaduro (Showbiz), muri siporo, mu ivugabutumwa cyangwa se no mu bundi buryo azakurikiranwa n'amategeko.”


Fatakumavuta yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Ukwakira 2024 


Fatakumavuta yari aherutse gukora ikiganiro yibasira Meddy, ibyatumye bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bahaguruka






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND