Umuhanzi Icyishaka Davis wamamaye nka Davis D yatangaje ko buri muhanzi yiyambaje mu gitaramo cye cyo kwizihiza imyaka 10 ishize ari mu muziki yise "Shine Boy Fest" yashingiye ku mibanire ye bagiranye buri munsi, ndetse n’ibikorwa by’umuziki bagiye bahuriramo.
Atangaje ibi mu gihe aherutse
kugaragaza ko muri iki gitaramo cye kizaba tariki 29 Ugushyingo 2024 muri
Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali, aziyambaza
cyane abahanzi bakoranye indirimbo mu bihe bitandukanye.
Ariko kandi anagaragaza ko yashingiye cyane ku mibanire asanzwe afitanye n’aba bahanzi. Aherutse gutangaza ko mu bahanzi bazataramana harimo abaraperi Bull Dogg na Bushali, harimo kandi Nel Ngabo, Melissa, Davis Scott wo mu Bubiligi ndetse na Platini baherutse gukorana indirimbo ‘Jeje’. Harimo kandi Dj Marnaud na Dj Toxxyk.
Mu gutegura iki gitaramo, Davis D
agaragaza ko yatewe inkunga n’uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye
n’ibidasembuye rwa Bralirwa binyuze mu kinyobwa cyayo cya Bralirwa.
Mu kiganiro cyihariye na InyaRwanda
cyagarutse ku rugendo rwe rw'umuziki mu myaka 10 ishize, Davis D yavuze ko
yatangiye kuba inshuti na Platini P mu 2017, ariko ko bageze ku gukorana indirimbo
mu minsi ishize kubera ko igihe cyari kigeze.
Ati "Hari ikintu cyiza njya
mbona, ni byiza ko abantu bakora ikintu bari ku murongo umwe, mbese mwahuje. Ni
nacyo kintu cy'ingenzi. Cyangwa se igihe muboneye icyo guha abantu. Si ngombwa
ko umuhise mubona ngo muhite mushyira hanze indirimbo."
Yavuze ko "Niba indirimbo yawe igenda neza uri wenyine, bivuze ko indirimbo uri kumwe n'undi muntu ukwiye kugenda neza kurushaho."
Davis D asobanura ko ibi ari byo byatumye amara igihe kinini atarabasha gukorana indirimbo na mugenzi we Platini P, kuko hagomba kubaho kwitegura no kuyishakira umwanya kugirango izagere kure hashoboka.
Davis D yasobanuye ko mu ikorwa
ry'indirimbo ye 'Jeje' na Plaini habayeho guhuza imbaraga mu ishoramari
kugirango babashe gukora iyi ndirimbo. Ariko kandi avuga ko bitewe n'icyo aba
ashaka atajya yita cyane mafaranga, ahubwo akora agamije kureba niba ahuza neza
n'icyo isoko ryifuza.
Uyu muhanzi yanavuze ko Bull Dogg
nawe bamenyanye mu 2017 ubwo bari bitabiriye Primus Guma Guma Super Stars,
kandi kuva icyo gihe 'twahuje utuntu twinshi cyane' bituma n'uyu munsi umubano
wabo warakomeye cyane, ndetse biri mu mpamvu zatumye yifuza ko bazakorana muri
iki gitaramo.
Ati "Kuva icyo gihe byaremye
ubushuti buhoraho. Kuko buriya iyo abantu bahuje imyumvire, ibiganiro bihura,
'vibe' ziri guhura, birema ubushuti burenze kuvuga ko turazinyi, twahura."
Yavuze ko mu 2017 yakoranye na Bull
Dogg indirimbo bise 'Hennessy' kandi yarakunzwe cyane, ahanini bitewe n'uko
bayitegura bashakaga ko izaba iy'igihe kirekire. Ati "Twaremye' ikintu
gishya, kandi abantu baranayikunda. Urumva umuntu mukoranye indirimbo ebyiri, biri
mu mpamvu zo kumuzana muri iki gitaramo."
Davis D yavuze ko mu gihe amaze
akorana na Bull Dogg yamwigiyeho kwica bugufi, no kugerageza guhuza na buri
wese 'yaba ari umukunda umuziki cyangwa utawukunda'. Ati "Icyo ni ikintu
cyiza cyane kigufasha kubaho neza muri sosiyete."
Mu bahanzi yatangaje kandi harimo na
Nel Ngabo wo muri Kina Music. Davis D avuga ko mu kumutumira mu gitaramo cye
yashingiye cyane ku bikorwa bye by'umuziki, ariko kandi asanzwe afitanye
imibanire myiza na Label ye byatumye yoroherwa no gukorana nawe.
Akomeza ati "Nel Ngabo ni
umuhanzi umaze kugira ibikorwa byinshi cyane by'umuziki, ikindi na 'Management'
ye iragutse cyane, bakoze abahanzi benshi mwarababonye harimo n'uwatwaye Primus
Guma Guma Super Stars ariwe Butera Knowless, urumva rero afite amaboko
meza."
Yavuze ko "Nel Ngabo afite ibikorwa byiwe bimwemerera gutumirwa." Yanavuze ko uyu muhanzi bafitanye isano yo mu muryango n'ubwo bombi bari mu myaka imwe bituma avuga ko amubereye 'Cousin'.
Davis D anavuga ko gutumira Bushali
yashingiye ku mibanire ye n'uyu munsi, ndetse no kuba ari mu bagezweho muri iki
gihe binyuze mu bihangano binyuranye.
Davis D yatangaje ko yatumiye Bull
Dogg kubera ko kuva mu 2017 bubatse ubushuti butajegajega
Davis D yavuze ko yakoranye indirimbo
na Platini P kubera ko igihe cyari kigeze
Davis D avuga ko Bushali babanye muri
byinshi, ndetse banakorana indirimbo zatumye bombi amazina yabo akomera
Davis D avuga ko gutumira Nel Ngabo yashingiye ku bikorwa bye by’umuziki we
Bralirwa yateye inkunga igitaramo cya Davis D binyuze mu kinyobwa cyayo 'Primus'
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIROTWAGIRANYE N’UMUHANZI DAVIS D KIBANZE KU GITARAMO CYE
VIDEO: Dox Visual- InyaRwanda.com
TANGA IGITECYEREZO