RFL
Kigali

Uruhisho rwa Chorale de Kigali mu gitaramo kizinjiza abakunzi bayo mu byishimo bya Noheli

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:15/10/2024 10:19
0


Chorale de Kigali iri mu zikomeye muri Kiliziya Gatolika, yatangaje ko igiye gukora ku nshuro ya 12 igitaramo cyabo bise “Christmas Carols Concert” kizaba mu rwego rwo gufasha Abakunzi bayo kwinjira mu byishimo bya Noheli ndetse n’Ubunani.



Batangaje ko iki gitaramo cy’indirimbo z’umwimerere kizaba ku wa 22 Ukuboza 2024 muri BK Arena. Ni naho mu 2023 cyabereye, icyo gihe cyahuje ibihumbi by’abantu barimo n’abayobozi mu nzego Nkuru z’Igihugu, bafatanya kuramya no guhimbaza Imana.

Ni kimwe mu bitaramo biba bitegerejwe buri mwaka! Ahanini biturutse ku buhanga n’ubushobozi abaririmbyi b’iyi korali bagaragaza buri mwaka mu gitaramo.

Chorale de Kigali ifatwa nka nimero ya mbere mu zikora umuziki muri Kiliziya Gatolika ku buryo hari ababa biteze iki gitaramo cyabo buri mwaka.

Uyu mwaka ntibisanzwe!

Mu kiganiro cyihariye na InyaRwanda, Perezida wa Chorale de Kigali, Bwana Jean Claude Hodari yavuze ko kuri iyi nshuro ya 12 biteguye kuzatanga ibyishimo bisendereye mu gitaramo cyabo, ahanini binyuze mu ndirimbo zubakiye ku mwimwerere, bashingiye ku kuba mu 2023 hari abagaragaje ko batanyuzwe.

Yavuze ati “Kuri iyi nshuro iki gitaramo kirimo ubushyuhe bwinshi kuruta ubushize kuko ubushize hari abatarishimiye umwanya munini twageneye igihangano cya ‘Haendel’ cyari ‘Classic Music’. N’ubundi ‘Classical Music’ izazamo, ariko n’indirimbo zihimbaza mu mico inyuranye no mu ndirimbo abantu bazi zizaba nyinshi.”

Hodari Jean Claude yasobanuye ko mu gutegura iki gitaramo kuri iyi nshuro na none bubakiye ku bitekerezo by’abantu, bagamije kujyanisha n’ibyifuzo byabo kandi barabyubahirije.

Akomeza ati “Igitaramo muri rusange kandi cyubakiye ku bitekerezo no ku ndirimbo twahawe n’abakunzi bacu binyuze ku mbuga nkoranyambaga dukoresha. Ari amazina y’indirimbo, ari n’uburyo bwo kuryoshya igitaramo, barabitubwiye kandi twarabyemeje.”

Iki gitaramo cyamaze kuba umuco, kuko buri mwaka bagikora mu rwego rwo gufasha Abakristu kwizihiza Umunsi wa Mukuru wa Noheli no gusoza neza umwaka uba urangiye no kuzatangira umushya mu mahoro no mu munezero.

Buri mwaka Chorale de Kigali ishaka umwihariko igenera abakunzi bayo, ugereranyije n’imyaka yabanje. Bigakorwa mu rwego rwo gukomeza gushimisha abakunzi bayo.

Kuva mu 2013, Chorale de Kigali ikora igitaramo nk’iki. Imibare igaragaza abantu barenga ibihumbi 20 bitabira iki gitaramo. Kandi gitegurwa mu rwego rwo gukundisha Abanyarwanda umuziki uhimbanywe kandi ukaririmbanwa ubuhanga.

Mu bihe bitandukanye igitaramo nk’iki cyabereye ahantu hatandukanye harimo na Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali, kandi ibihumbi by’abantu byagiye byitabira, bagataha banyuzwe n’ubuhanga bw’abaririmbyi bagize iyi korali.

Nko mu 2019, iki gitaramo cyabereye muri Camp Kigali, biba ngombwa ko hari abantu basubirayo kubera ko imyanya yari yateguwe yari yuzuye.

Hodari Jean Claude yigeze kuvuga ko amafaranga bakoresha mu gutegura iki gitaramo ahindagurika ahanini bitewe n’aho igitaramo cyabereye, ibyuma bakoresheje, imitako n’ibindi.

Ariko kandi avuga ko imibare ya hafi, igaragaza ko nibura mu gutegura bakoresha Miliyoni 60 Frw. Ati “Biragoye kuvuga ngo ni angahe, ariko ni amafaranga atari munsi ya Miliyoni nka 60 Frw iyo ubaze neza. Twakwifuza byinshi birenga ibyo, kuko hari ibyo tugenda tureka kugira ngo bitaba menshi, ariko gutegura igitaramo byonyine bidutwara amafaranga arenze ayo ngayo…”


Chorale de Kigali yatangaje ko ku nshuro ya 12 igiye gukora igitaramo ‘Christmas Carols Concert’ kizaba ku wa 22 Ukuboza 2024 muri BK Arena


Chorale de Kigali yatangaje ko kuri iyi nshuro mu gutegura iki gitaramo bashingiye ku bitekerezo by’abakunzi b’umuziki wabo


Chorale de Kigali yavuze ko biyemeje kugendera ku bitaragenze neza mu 2023, bategura igitaramo cyo muri uyu mwaka


Perezida wa Chorale de Kigali, Bwana Hodari Jean Claude yatangaje ko kuri iyi nshuro iki gitaramo kizaba cyihariye mu bakunzi bayo


Umwanditsi wa ‘Musekeweya’, Rukundo Charles Lwanga ari mu baririmbyi ba Chorale de Kigali



KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘UEFA CHAMPIONS' LEAGUE' YASUBIWEMO NA CHORALE DEKIGALI

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND