RFL
Kigali

Bushali, Uncle Austin na Ariel Wayz mu bagiye gutarama mu iserukiramuco rya Acces

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:12/10/2024 15:01
0


Inama ya Access igendana n’iserukiramuco, bwa mbere igiye kubera mu Rwanda ikazahuza abarenga 1500 bavuye mu bihugu 50 aho bazarebera hamwe uburyo bwo kubyaza umusaruro umuziki.



Kuva ku wa 14 kugera ku wa 16 Ugushyingo muri Kigali Convention Centre na Mundi Centre hazabera inama ya Access itegurwa na Music In Africa izaba igamije kwigisha no guhugura abahanzi uburyo bwo kubyaza umusaruro umuziki.

Ni inama n’ibitaramo bizitabirwa n’abantu baturutse hirya no hino mu bihugu 50 aho kugeza magingo aya abarenga 500 bamaze kwiyandikisha basaba kwitabira iyi nama mpuzamahanga, ikaba yarahurijwe hamwe n’iserukiramuco rizaririmbamo abahanzi batandukanye baturutse mu bihugu bya Africa.

Abahanzi nka Ish Kevin, Bushali, Ruti Joel, Impakanizi, Dr. Nganji, B-Threy, Kaya Byinshii bo mu Rwanda kongeraho abandi bo mu mahanga nka Youbana wo muri Morocco, Majnun and The Black-Magic Sofas Sofas wo muri Senegal, Bantu Spaceship bo muri Zimbabwe, Heavy-K wo muri South Africa, Octopizzo wo muri Kenya n’abandi batandukanye ni bamwe mu bazatarama muri iri serukiramuco.

Mu bazatanga ibiganiro harimo Olivier Laouchez wo mu Bufaransa, Temi Adeniji wo muri USA, Esther Naah wo muri Cameroon, Motolani Alake wo muri Nigeria, Yoel Kenan wo muri South Africa, Akinwunmi Damilola wo muri Nigeria ndetse n’abandi batandukanye.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Sandrine Umutoni, yavuze ko iyi nama izafasha abahanzi bo mu Rwanda kumenya agaciro k’ibihangano byabo ndetse n’uuryo bwo kubyaza umusaruro ibyo bihangano.

Yagize ati “hari abahanzi benshi batari basobanukirwa ibigendanye n’uburyo bwo guhesha agaciro ibihangano byabo. Ese kubera iki utaza ngo wicare wige? Ni uburenganzira bwawe ku ndirimbo ariko ugasanga umuntu ari gucuruza indirimbo yawe ariko wowe ntacyo bikubwiye.”

Minisitiri Umutoni yakomeje avuga kandi ko kwitabira iyi nama bizafungura amarembo y’amahirwe yabo kuko bazahura n’abantu bavuye hirya no hino ku Isi bakora ibigendanye n’umuziki ku buryo imikoranire yabo izoroha cyane.

Ati “Ikindi kuza muri iyi nama ni nko kwiyamamaza. Ni ukwerekana ko hari icyo ushoboye nk’umunyarwanda ndetse unahatane. Turashaka abantu baza bashaka kwiga kandi no guhatana kuko muri iyi nama izaba iteraniyemo abantu batandukanye bafite n’ubumenyi butandukanye.”

Uncle Austin wari wahagarariye abandi bahanzi bazitabira iyi nama, yavuze ko urwunguko rw’umuhanzi w’Umunyarwanda bitazaba ari ukwitabira iyi nama gusa ahubwo ari ukubona urubuga rwagutse rwo 'kumenyekanishirizaho ibikorwa byawe'.

'The Music In Africa Conference For Collaborations, Exchange, and Showcases (ACCES), ifatwa nk'inama idasanzwe mu guhindura imibereho y'abahanzi no kubashyigikira mu rugendo rwabo rw'iterambere. Kuri iyi nshuro, izaba i Kigali, kuva ku wa 14-16 Ukwakira 2024.

Gahunda ya Acces yatangijwe mu 2016 nka kimwe mu bikorwa bya Music In Africa Foundation’s AGM mu muhango wabereye mu Mujyi wa Addis Abeba muri Ethiopia.

Icyo gihe gutangiza iyi nama byitabiwe n’abantu bo mu bihugu birenga 15, aho ijambo nyamukuru ryavuzwe n’umucuranzi w’icyamamare muri Ethiopia mu njyana ya Jazz, Mulatu Astatke.

Muri 2017, Acces yatangijwe nk’igikorwa Mpuzamahanga gihuza abakitabiriye mu bihugu bigera kuri 50. Icyo gihe ijambo nyamukuru ryavuzwe n’umucuranzi w'icyamamare wo muri Senegal, Baaba Maal.

Muri 2018, iki gikorwa cyabereye mu Mujyi wa Nairobi muri Kenya, aho cyaherekejwe n’imurikagurisha n’ibiganiro byatanzwe na Mr. Eazi wo muri Nigeria, Blinky Bill wo muri Kenya, Blick Bassy wo muri Cameroon, Rikki Stein wo mu Bwongereza n’abandi.

Iki gikorwa kandi cyabereye mu Mujyi wa Accra muri Ghana mu 2019. Icyo gihe cyahuje abanyamuziki mu ngeri zinyuranye batanze ibiganiro barimo umuraperi Sarkodie wo muri Ghana, Sway Dasafo (UK), Efya (Ghana), Samini (Ghana), Skales (Nigeria) ndetse n’umuyobozi Mukuru uri mu bashinze ikigo ‘Ditto Music’, Lee Parsons wo mu Bwongereza.

Mu 2021 iki gikorwa cyabereye mu Mujyi wa Johannesburg muri Afurika y’Epfo, aho bakoranye n’abahanzi barimo Busiswa, Abidoza, Yugen Blakrok, Priddy Ugly n’abandi.

Ni igikorwa kandi kitabiriwe n’abari bahagarariye ibigo bikomeye ku Isi birimo nka Tik Tok, Reeperbahn Festival, Sony/ATV, Ditto Music, Africori, Linkfire, Believe n’abandi.

Gahunda ya Acces inaherekezwa no gutanga ibihembo “Music In Africa Honorary Award” hashimirwa abari mu bahanzi bakoze ibikorwa by’indashyikirwa ku Mugabane wa Afurika.


Umunyamabanga muri Minisiteri y'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Sandrine Umutoni yasobanuye amahirwe abahanzi bafite kubwo kwitabira iyi nama



Abanyamakuru basobanuriwe akamaro k'inama ya ACCES igiye kubera mu Rwanda


Reba bimwe mu byagarutsweho muri iki kiganiro n'abanyamakuru

">









TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND