Umukobwa wakundanye n’umusore bamarana imyaka 8 bari mu munyenga w’urukundo, ariko batandukana nabi kuko yabenzwe ku munota wa nyuma. Avuga ko icyaje kumuca intege bikamutera gutekereza kwiyahura ni uko ku munota wa nyuma ubwo yiteguraga kurushinga n’umukunzi we, uwo bakundanaga yamubenze.
Benitha Musengimana ukomoka mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y'Iburasirazuba yavuze ko umusore bakundanaga bari bageze mu minsi y’ubukwe, bupfa habura amasaha atagera no kuri 24. Yavuze ko bakundanye imyaka umunani ndetse bombi barategerezanyije muri icyo gihe cyose,
Uyu mukobwa avuga ko yaba we n'uwari umukunzi we bahoranaga impungenge ko umwe ashobora kurambirwa kwihangana ariko Benitha arinda arangiza kwiga bombi barihanganiranye, gusa aza gutungurwa no kubengwa ku munota wa nyuma.
Benitha watanze ubuhamya avuga ko intandaro ya byose
ari uko satani yamwambitse icyangiro, icyo cyangiro yambitswe na Satani akaba
ari cyo cyatumye umuhungu wari waranamaze kumukwa amubwira ko bitagikunze ko
babana kandi nta kintu bapfuye.
Byose byatangiye mu minsi ubukwe bwari bwegerejeho ubwo Benitha yari aryamye mu ijoro agatungurwa
no kwakira ubutumwa bw’umukunzi we amwandikira ko ibyabo birangiriye aho, ibyo
kubana bitagishobotse.
Mu buhamya Benitha yatanze kuri Agape TV yavuze ko
yagerageje kwegera uwo muhungu ngo amubaze icyo amujijije, undi akavuga
ko Benitha ari umwere nta kosa afite ariko akamubwira ko kubana bitakunda,
kugera n’ubwo umuhungu yasabye Benitha gusohora ibintu bye byose byabaga mu nzu
ye.
Nyuma yo kubona ko bitagishobotse ko Benitha abana n’umusore
bari bamaranye imyaka umunani mu rukundo, ni ibintu byamunaniye kubyakira kugeza
ubwo yamaze igihe kinini apanga kwiyahura, gusa Imana igakinga ukuboko izo nshuro zose yagerageje kwiyahura.
Yavuze ko ku nshuro ya
mbere agerageza kwiyahura yashatse kubikorera i Nyabugogo ku Inkundamahoro, gusa
yitegereje uko abari aho bamurebaga atekereza ko bamaze kumenya umugambi afite
bashobora kuwupfubya, ni bwo yahise afata inzira azamuka kwa Makuza.
Akigera kwa Makuza nabwo
umugambi wo kwiyahura Imana yawuburijemo kuko yahise yumva ijwi ry’umusore
umuhamagaye amubwira ko amuzi. Icyo gihe yashatse uburyo yakwikura mu biganza
by’uwo musore nawe wari utumye umugambi wo kwiyahura umupfubana ku nshuro ya
kabiri.
Benitha utuye muri Kigali yavuze ko yahise yumva telefone imuhamagaye, nuko aza gusanga nyirayo ari umusirikare bari baziranye
ukorera muri 'Control room' aho kwa Makuza, amubajije aho yari agiye, Benitha
amutera utwatsi anamubwira ko ntaho baziranye.
Nubwo Benitha yagiye ahura n’abantu
bamuzi kwa Makuza baburizamo umugambi we wo kwiyahura, ntabwo yigeze ava ku
izima kuko yatandukanye na wa musirikare agifite iyo gahunda, nyuma yo gusohoka
mu cyuma umusirikare yakoreragamo ageze hanze yasanze wa muhungu
akimutegerereje hanze.
Nyuma yo kubona ko umugambi wo
kwiyahura uburijwemo, Benitha yashatse icumbi araramo ku mucuti we wakoreraga
muri Car Free Zone ariko gahunda ari uko buza gucya akajya kwiyahurira kwa
Makuza, noneho akagenda yipfutse ibitambaro ku buryo nta wari kumumenya.
Bukeye asubiye kwa Makuza, yavuze ko na none wa musirikare yongeye kuburizamo umugambi we wo kwiyahura. Ati
“Nanone wa musirikare wakoraga muri Control room yarambonye ategeka
abasekirite kumfata bakanjyana aho yari gukorera.
Ati: “Nkimara kugera aho yari ari
gukorera, yambajije icyo nshaka mubwira ko naje gushaka akazi, gusa we yarabibonaga
ko mfite ihungabana. Namubwiye ko hari umuvandimwe udodera muri iyo nyubako uza
kukampa, ahubwo we ahitamo kumpa akazi ko guhagararira abakozi bakora amasuku ndetse
anyibutsa ko anzi ambwira ko akazi katananira".
Benitha yavuze ko kubera
ihungabana ako kazi atagatinzemo ahubwo yayobotse ubuzunguzayi. Ati “Rimwe
ubwo abashinzwe umutekano batwirukankanaga turi gucururiza mu muhanda, nabonye
umuhungu usa na wa muhungu wambenze, nuko ndamwirukira ndamuhobera. Abashinwe umutekano
baramfashe bajya kumfunga.
Ubwo Benitha yari afunzwe ni bwo
byagaragaye ko ashobora kuba yaragize ikibazo mu mutwe nuko ajyanwa mu bitaro
bya CHUK. Avuga ko ageze mu bitaro, byagaragaye ko afite ikibazo, nuko abaganga baramuvura
ariko ibyo ntabwo byari bihagije.
Ati: “Mvuye muri gereza rimwe naje
gusaba umuntu aransengera. Iryo joro yansengeye Imana yansanze mu nzozi, sinzi
niba nari nsinziriye cyangwa ari ihungabana nari mfite, nabonye igicu kirahindutse.
Narahindukiye ndeba ahantu hari hari guhinda ibintu bimeze nk’inkuba nuko mbona
ijuru rirakingutse.
Muri ibyo bicu hari harimo igicu cy’umwijima n’igicu cyera naravuze ndi kurira nti 'Mana ni gute watuma ndimbukira muri ubu buzima ko ndi kugana ku rusengero wakwihanganye nkagerayo'.
Numvaga ko imperuka ibaye. Narirutse ntega igare nuko umunyonzi
arantwara ageza hafi y’urusengero. Ariko na none urusengero nkarubona hejuru ku
gasongero. Numvishe ijwi rimbwira ngo nzamuke njye mu rusengero.
Narazamutse ngeze hagati numva
bya bicu biri kundwanira hejuru. Nashatse uko nihisha ngo hatagira ikintwara
ariko ibyo bicu byombi byahise biza kundwanira imbere. Nuko mba mbonye igicu
cyera kiriyuburuye nuko mbona Yesu avuye muri icyo gicu agaragara igice cyo
hejuru.
Cya gicu cy’umwjima cyahise kivamo
ijwi rivuga riti “Urashaka iki? Yesu
nawe yamusubije ijambo ryiza aravuga ati “Ndagira ngo umubohore agende’. Akimara
kuvuga ibyo nahise nkanguka nsanga ni saa cyenda. Yari isaha yo gusenga nahise nsenga
gusa kuva ubwo numvishe mbohotse numva ngaruye ubwenge.
Benitha wabohowe na Yesu mu nzozi kugeza ubu ibyo guta umutwe byararangiye, yahise yikomereza ibyo gusenga akanagira inama abandi.
Nyuma yo kubona Yesu mu nzozi, Benitha yahise atana n’agahinda yahoranaga
agaruka mu buzima busanzwe, gusa yirinda kugira icyo atangaza niba yarasubiye mu
rukundo cyane ko wa muhungu wamubenze afite ubukwe mu Ukuboza.
REBA BENITHA UBWO YATANGAGA UBU BUHAMYA
TANGA IGITECYEREZO