RFL
Kigali

Icyo imibare igaragaza mu mikino iheruka guhuza Amavubi na Benin

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:10/10/2024 19:39
0


Ikipe y’igihugu "Amavubi" iri kwitegura gucakirana na Benin kuri uyu wa Gatanu mu mikino yo gushaka itike y’igikoimbe cya Africa kizabera mu gihugu cya Morooc mu mwaka utaha wa 2025.



Imibare igaragaza ko u Rwanda rutakinnye na Benin imikino myinshi cyane, gusa muri mike ibi bihugu byombi byakinnye Benin niyo yatsinze imikino myinshi kurusha ikipe y’igihugu y’u Rwanda 'Amavubi'.

Mu myaka ya vuba ibi bihugu byombi ni bwo byakinnye imikino isa n’aho yegeranye cyane, gusa mu mikino itatu yabahuje muri iyi myakla ibiri, nta mukino n’umwe u Rwanda rwatsinzwe kuko Rwanganyije umukino umwe, ruterwa mpaga imwe ndetse rutsindwa umukino umwe.

Umukino uherutse guhuza ibi bihugu byombi wabaye ku itariki ya 6 Kamena 2024 kuri Stade Félix Houphouët Boigny akaba ari na cyo kibuga amakipe yombi arongera gukiniraho kuri uyu wa Gatanu.

Uyu mukino wari umukino wa gatatu mu gushaka itike y’igikombe cy’isi kizabera muri USA, Canada na Mexico muri 2026. Ni umukino warangiye Benin itsinze u Rwanda irukoma mu nkokora muri gahunda rwiyemeje yo kujya mu gikombe cy’isi cya 2026.

Ni umukino warangiye ikipe y'igihugu ya Benin itsize u Rwanda igitego kimwe ku busa. Icyo gihe igitego cya Benin cyabonetse ku munota wa 37 gitsinzwe na Dodo Dokou ku mupira yahawe na Jodel Dossou.

Ku itariki 29 Werurwe nabwo ibi bihugu byombi byarakinnye. Ni umukino wakiniwe kuri Kigali Pele Stadium nyuma y’impaka zari zimaze iminsi ikipe y’igihugu ya Benin igaragaza ko u Rwanda nta kibuga cyemewe rufite.

Ni umukino u Rwanda rwemerewe kwakirira mu rugo ariko nta bafana bahari kubera ko Kigali Pele Stadium itari ifite ububasha bwo kwakira abafana. Uwo mukino warangiye u Rwanda runganyije na Benin igitego 1-1.

Nyuma yo kunganya uyu mukino, mu minsi mike u Rwanda rwakiriye ubutumwa budashimishije ko rwahanishijwe mpaga kuri uyu mukino, kuko rwakinishije Muhire Kevin wari ufite amakarita abiri y’umuhondo. Ayo makarika yari yayabonye mu mukino wa Senegal n'uwa Benin muri Benin.

Ku itariki 22 Werurwe 2023 kandi nabwo ibi bihugu byombi byarakinnye. Ni umukino ikipe y’igihugu ya Benin yari yakiriyemo u Rwanda kuri Stade del’Amitié, mu gihugu cya Benin.

Icyo gihe u Rwanda ni rwo rwatangiye rufungura amazamu kuko ku munota wa 11 rwabonye igitego gitsinzwe na Mugisha Gilbert, benshi batangira gutekereza ko ruza gukura intsinzi mu gihugu cya Benin.

Ibyo abanyarwanda bibwiraga si ko byagenze kuko umukino warangiye ibihugu byombi binganya igitego kimwe kuri kimwe kuko ku munota wa 66 Steve Moune yatsize igitego cyo kwishyura.

Muri 2013 nabwo u Rwanda rwacakiranye na Benin mu mikino yo kwishyura, icyo gihe amakipe yombi yashakaga itike y’igikombe cy’isi cyabereye muri Brazil 2014. Ni umukino warangiye Benin itsinze u Rwanda ibitego bibiri ku busa mu mukino wabereye muri Benin.

Mbere yaho gato muri 2012 u Rwanda rwari rwakinnye na Benin mu gushaka itike y’igikombe cy’isi cyo muri Brazil, uwo mukino wabereye kuri Stade Amahoro warangiye u Rwanda na Benin biguye miswi igitego kimwe kuri kimwe. 

Icyo gihe Amavubi yatsindiwe na Bokota Labama kuri penaliti ku ikosa ryari rikorewe Karekezi Olivier. Umukinnyi Adénon yaje kubona ikarita y’umutuku ku munota wa 86.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ubwo yigeze gutsinda ikipe y’igihigu ya Benin hari muri 2011 mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cya Africa. Mu mukino wo kwishyura wari wabereye muri Benin, u Rwanda rwatsinze Benin igitego kimwe ku busa.

Nubwo u Rwanda rwatsinze Benin igitego kimwe ku busa muri Benin ntacyo byamariye u Rwanda kuko mu mukino wari wabanje muri 2010 Benin yari yatsindiye u Rwanda i Kigali ibitego bitatu ku busa.


Ikipe y'igihugu ya Benin yakunze kugora u Rwanda mu nshuro bahuye 

Kuri uyu wa Gatanu ikipe ya Benin irakirira Amavubi muri Cote d'Ivoire

U Rwanda ntabwo rwahiriwe no gukina na Benin  






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND