RFL
Kigali

Bifasha ubwonko bw'abagore! Ibyiza byo kureba filime ziteye ubwoba

Yanditswe na: Nadia Kangabe
Taliki:9/10/2024 13:30
0


Niba watinyaga kureba filime ziteye ubwoba, guhera ubu uzitinyuke kuko zifite akamaro kanini ku buzimba bw'umuntu, byumwihariko zifasha ubwonko bw'abantu cyane cyane abagore nk'uko ubushakashatsi bwabyerekanye.Dore



Dore ibyiza byo kureba filime ziteye ubwoba ku buzima:

1. Gutuza

Nubwo iyo uri kureba izi filimi usanga stress yazamutse ariko nanone bitegurira umubiri wacu kuzabasha kwihanganira stress mu buzima buzaza.

2. Kuzamuka kwa adrenarine

Uyu musemburo ukorwa mu gihe cya stress ni umusemburo utuma ubwonko buvamo umunabi kandi bibushyiramo ingufu bityo ukagira umutuzo

3. Bifasha ubwonko (by’umwihariko abagore)

Kureba izi filimi bituma amarangamutima azamuka cyangwa akamanuka bitewe n’aho bageze bakina. Ibi rero ku bagore, dore ko aribo bakunze kugaragaza amarangamutima ku buryo bworoshye bituma ubwonko bwabo burekura dopamine, glutamate na serotonin bikabatera kuba maso kandi n’ubwonko bwabo bugakora cyane

4. Gusangira amarangamutima

Iyo uri kurebana iyi filimi nuwo mukundana bituma nk’iyo bigeze ahateye ubwoba cyane mufatana mu biganza cyane cyangwa mugasa n’abahoberana. Ibi bituma buri wese abasha gutuza kandi bikabafasha kongera ubusabane

5. Gutwika calories

Ubushakashatsi bwakorewe muri Westminster University bugaragazako kureba iyi filimi igihe cy’iminota 90 (isaha n’igice) birekura umusemburo wa adrenalin ufasha gutwika 113 calories. Ibi bikaba bifasha abashaka kugabanya ibiro kuko bingana no gukora urugendo rw’isaha n’amaguru.

6. Kongera ubudahangarwa

Nyuma yo kureba izi filimi umubiri wacu uratuza bityo ubudahangarwa bukazamuka bitewe na serotonin, glutamate na dopamine biba byazamutse kandi bigatera umubiri kuba maso

7. Kugabanya stress

Nubwo iyo uri kureba iyi filimi bizamura igipimo cya stress ariko nanone bifasha mu kugabanya igipimo cya stress yo mu buzima busanzwe. Ikorwa rya adrenaline rituma imvubura za adrenal zikora bityo bikagabanya kwiheba no kwigunga

8. Ni nziza kuri DNA

Kureba izi filimi kandi bifasha mu gukabura DNA kuko tuba tumeze nk’abahanganye n’ibiteye ubwoba ariko birenze ibitubaho mu buzima busanzwe. Kuri bamwe kureba izi filimi bizamura igipimo cyabo cyo kwigirira icyizere no kugaragaza amarangamutima mu buzima busanzwe

9. Gufasha amaraso gutembera neza

Iyo tureba izi filimi umutima uteragura cyane ibi bikaba kimwe na kwa kundi utera iyo twirukanka. Ibi bituma imiyoboro y’amaraso yaguka bigafasha n’umutima gukora neza mu nyuma

10. Bivura ubwoba

Kureba izi filimi bifasha bamwe kutagira ubwoba cyane cyane nk’ubwo kuba yagenda mu mwijima, kwiraza mu nzu, n’ubundi bwoba bumeze nk’ubudafite ishingiro cyane.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND