RFL
Kigali

James na Daniella basubije abatekereza ko bagiye gutura muri Amerika n’iby’ibitaramo bagiye kuhakorera

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:8/10/2024 9:58
0


Itsinda rya Rugarama James [James] na Mukiza Daniella [Daniella] ryatangaje ko rigiye gukorera ibitaramo bikomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu rugendo rwo kwagura ivugabutumwa ryabo no kubasha kugera ku bafana n’abakunzi b’umuziki wabo.



Si ubwa mbere iri tsinda ryamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Mpa Amavuta’ rigiye gutaramira muri Amerika, ndetse kenshi bagiye batumirwa guhembura imitima y’ibihumbi by’abantu.

Bamaze iminsi babarizwa muri kiriya gihugu, biri mu mpamvu zatumye bamwe batekereza ko bagiye guturayo, akaba ari ho bakomereza urugendo rw’umuziki wabo.

Mu kiganiro cyihariye na InyaRwanda, James yavuze ko batagiye gutura muri Amerika nk’uko byagiye bivugwa, ahubwo baragenzwa n’ibikorwa by’umuziki. Ati “Gutura muri Amerika si ko bimeze.”

Ari kumwe n’umugore we Daniella, bari kwitegura gutaramira mu Mujyi wa Seattle muri Leta ya Washington mu gitaramo kizaba ku wa 24 Ugushyingo 2024.

Kandi kwinjira ni ubuntu. Ni igitaramo basobanura ko kizabera ahitwa Belpres New Hope Revival. James yavuze ko uretse iki gitaramo bafite n’ibindi bazahakorera mu rugendo rugamije kwiyegereza abakunzi babo no gufatanya kuramya no guhimbaza Imana.

Ati “Ibi bitaramo tugiye gukorera muri Amerika, tugiye kubikora hagamijwe kuramya mu buryo burambuye mu ndirimbo Imana igenda idushyira ku mutima.”

Arakomeza ati “(Harimo kandi) no kubonana n’abakunzi bacu hamwe n’abakunzi b’umusaraba muri rusange.”

Muri Nyakanga 2023, iri tsinda ryakoreye ibitaramo bikomeye mu Burayi. Ndetse banataramiye mu bindi bihugu birimo u Burundi.

Imyaka ine irashize iri tsinda riri mu muziki w’indirimbo ziramya no guhimbaza Imana. Iherekejwe n’indirimbo zomoye imitima ya benshi, binyuze mu bihangano bagiye bakubira kuri album zitandukanye zirimo na ‘Ibyiringiro’. 

James yigeze kubwira InyaRwanda ko imyaka ine ishize bari mu muziki irimo amasomo menshi. Ati “Imyaka yo irimo amasomo menshi ku buryo twasaba ko twafata n'undi mwanya umuntu agafata n'ikaramu cyangwa se ingwa akajya ku kibaho akandika ibintu byinshi. Imana yatwigishijemo ibintu byinshi, yatwigishirijemo abantu...

Iyi myaka rero twatangiye gukora twahuye n'abantu benshi, ntitwari tumenyereye guhura n'abantu benshi, twagiye dutangazwa n'ukuntu abantu bateye, ukuntu abakristo bamwe bateye…”

Yungamo ati “Imbogamizi tugira ni iz'abantu, wa mugani wa wa mugabo, abantu niyo nyamaswa igoye ku Isi. Kwiga ku bantu, kumenya ibibarimo, umuntu wa nyawe, ibyo kubihuza, kubihuza n'imbuto ukagerageza kwerera imbuto ababi n'abeza, ni ikintu kiba kigoye cyane ariko turizera n'abandi bose ari kimwe ku bakristo muri rusange n'abantu basanzwe bose.”

Uyu mugabo avuga ko nubwo bimeza uko, bakomeje gushikama mu murimo w’Imana, kandi kugira ngo byose bigende neza we n’umufasha bahora bafata igihe cyo kwihererana n’Imana, kugira ngo ibashoboze ibyo bo batakwishoboza nk’abantu.

Uyu mugabo avuga ko we n'umugore we nabo ari abantu bafite intege nke, ariko 'bafite ibyiringiro muri Kristo'. Ati “Turasengana buri munsi, nijoro na mu gitondo, turi mu mudoka, ahantu hatandukanye. 

Turasengana na Madamu wanjye, turakomezanya, turigishanya. Nta bundi [buryo] bwo kugira ngo mutsinde iyi Si, ni ugufatanya hanyuma mukarambiriza muri Kristo Yesu…”

James avuga ko mu rugendo rw’imyaka itatu ishize kandi babonyemo abantu babashyigikira barimo n’abagiye babatumira mu bitaramo binyuranye.

James na Daniella batangiye gukundana hagati ya 2008 na 2009. Bombi mu 2012 bagiye kwiga muri Uganda, aho Umugabo yize ibijyanye n’Ububanyi n’amahanga, ni mu gihe umugore yize ibijyanye n’Ibarura mari.

Mu 2015 ni bwo biyemeje kubana nk’umugabo n’umugore, kuva icyo gihe  bakora umuziki bari kumwe ndetse bamamaye mu ndirimbo zinyuranye.


James na Daniella batangaje ko bagiye gukorera igitaramo muri Leta ya Washington, ku wa 24 Ugushyingo 2024


James yatangaje ko we n’umugore we Daniella batagiye gutura muri Amerika ahubwo bajyanye n’ibikorwa by’umuziki


James na Daniella bamaze imyaka ine mu muziki, bamamaye mu ndirimbo zinyuranye zirimo nka ‘Umwami ni mwiza pe ’ bakoranye na True Promises

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘RUTUMA NDIRIMBA’ YA JAMES NA DANIELLA







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND